• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Yifashishije ibipfunsi bibiri byambaye uturindantoki tuzwi ku bakinnyi b’iteramakofe, Umuhanzi The Ben yateguje abantu igitaramo mbaturamugabo bivugwa ko azahuriramo na mugenzi we Bruce Melodie, bakunze kwifurizwa n’abafana babo ko bahurira mu gitaramo mpinyuzabagabo.

Iki gitaramo kizabimburira ibindi by’umwaka wa 2026 dore ko kizaba tariki 01 Mutarama 2026, nk’uko byagaragajwe n’umuhanzi The Ben wari wanakoze igitaramo cyabimburiye ibindi muri uyu mwaka wa 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, The Ben yifashishije ifoto y’ibipfunsi bibiri byambaye Gants zimenyerewe ku bakinnyi b’iteramakofe, birebana mu buryo bwo guhigana, arangije yerekana ko iki gitaramo kizaba kuri iriya tariki.

Uyu muhanzi kandi wanagaragaje amashusho ari gukora imyitozo mu nzu zabigenewe ‘Gym’, yahise ashyiraho ubutumwa bugira buti “Ku bo bireba bose, mukomeze mukurikire muzamenya ibirambuye.”

Amakuru ahari, avuga ko iki gitaramo kizahuriramo The Ben na Bruce Melodie, cyahawe izina rya ‘Who is the Best’ [ni inde uhiga undi], kizarangira hagaragaye urusha undi, dore ko aba bahanzi bakunze guhanganishwa n’abakunzi babo, bavuga ko umwe arenze undi.

The Ben kandi ashyize hanze aya makuru nyuma yuko aba bahanzi bombi baherutse gushyira umukono ku masezerano ataramenyekanye amakuru arambuye kuri yo, ariko bikavugwa ko n’ubundi ari ay’imikoranire irimo na kiriya gitaramo.

Mu bihe bitandukanye, abakunzi b’aba bahanzi bakunze kubahanganisha, aho bamwe bavugaga ko umwe arenze ku wundi, ndetse bikagera n’aho aba bahanzi babibazwaho mu itangazamakuru niba hari ikibazo bafitanye, ariko bakirinda kubivugaho byinshi.

Abakunzi b’aba bahanzi kandi bakunze gusaba ko bazahurira mu gitaramo gisa no guhatana, ubundi impaka zigacika, hakagaragara umuhanzi urusha undi, yaba ari mu miririmbire, ndetse no mu kugira abafana benshi.

Aba bahanzi bombi kandi bagiye guhurira mu gitaramo kimwe, mu gihe bafatwa nk’abayoboye muzika Nyarwanda muri iki gihe, yaba mu buhanga ndetse no mu gikundiro cy’abafana.

Umuhanzi The Ben

Na Bruce Melodie

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fifteen =

Previous Post

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Next Post

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.