Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/01/2026
in SIPORO
0
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru mu ruzinduko rwe ruzenguruka umugabane wa Afurika, rukomeje gukurura imbaga y’abantu ku Isi hose binyuze mu gutambutsa ibiganiro imbonankubone (livestreams) bihoraho.

Uru ruzinduko ruzaba ari inshuro ya mbere iShowSpeed ageze mu Rwanda, igihugu kimaze kwigarurira imitima ya benshi ku ruhando mpuzamahanga kubera ubukerarugendo no kubungabunga ibidukikije. Uru ruzinduko rwa iShowSpeed rushobora kuba undi mwanya wo kwerekana ibyiza bitatse u Rwanda, cyane cyane mu bakiri bato dore ko ari bo benshi bamukurikira.

iShowSpeed ni muntu ki?

iShowSpeed, ufite imyaka 20, abarirwa mu byamamare bikomeye ku mbuga nkoranyambaga mu rubyiruko rw’iki gihe.
Yavukiye i Cincinnati muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangiye atambutsa imikino ya mudasobwa (gaming streamer), aza kwamamara ku rwego rw’Isi bitewe n’imyitwarire ye irimo imbaraga nyinshi, ibisubizo bitunguranye ndetse n’uburyo butangaje yasubizaga abamukurikira.

Yatangiye gushyira amashusho ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za 2010, ariko izina rye riratumbagira cyane mu gihe cya COVID-19, ubwo gutambutsa ibiganiro bya live byari byafashe intera ku Isi.

Imyitwarire ye yuzuye urwenya n’uburyo agaragaza ibintu uko abyumva byamuhesheje igikundiro. Nyuma yaho, yaguye ibikorwa bye ajya mu muziki, gusesengura umupira w’amaguru, ibiganiro bya live ari hanze (IRL livestreams) ndetse n’ingendo mpuzamahanga.

Uyu munsi, iShowSpeed afite abakurikira babarirwa muri za miriyoni nyinshi ku mbuga zitandukanye, kandi kenshi ibiganiro bye bya live bikurikirwa n’abantu ibihumbi magana. Ubwamamare bwe bwatumye agirana ubufatanye n’ibyamamare bikomeye mu mupira w’amaguru nka Cristiano Ronaldo, yitabira amarushanwa akomeye ndetse agazenguruka imigabane itandukanye ku Isi, byose abinyujije mu gutambutsa ibiganiro bya live.

iShowSpeed ubwo yasozaga uruzinduko rwe muri Botswana, yatangaje mu kiganiro cya live ko kimwe mu bikorwa ateganya gukora ageze mu Rwanda ari gusura ingagi (gorilla trekking) muri Pariki y’Igihugu ya Virunga. Aya magambo yahise ashimisha cyane Abanyarwanda n’abakunda ubukerarugendo.

Amakuru aturuka hafi ye avuga ko iShowSpeed ateganyijwe kuzagaragara ku mukino wa Super Cup uzahuza Rayon Sports WFC na Indahangarwa WFC kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama.

Nubwo gahunda ye yose mu Rwanda itaratangazwa ku mugaragaro, biteganyijwe ko ibiganiro bye bya live bizagaragaramo guhura n’abafana, gusura Umujyi wa Kigali, ndetse n’ingendo zishoboka mu pariki z’igihugu cyangwa ahantu ndangamateka n’umuco w’u Rwanda.

Uru ruzinduko rushobora kuba amahirwe akomeye yo kumenyekanisha u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko mu rubyiruko rwo ku Isi rukurikira iShowSpeed ku mbuga nkoranyambaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Next Post

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.