Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/01/2026
in SIPORO
0
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru mu ruzinduko rwe ruzenguruka umugabane wa Afurika, rukomeje gukurura imbaga y’abantu ku Isi hose binyuze mu gutambutsa ibiganiro imbonankubone (livestreams) bihoraho.

Uru ruzinduko ruzaba ari inshuro ya mbere iShowSpeed ageze mu Rwanda, igihugu kimaze kwigarurira imitima ya benshi ku ruhando mpuzamahanga kubera ubukerarugendo no kubungabunga ibidukikije. Uru ruzinduko rwa iShowSpeed rushobora kuba undi mwanya wo kwerekana ibyiza bitatse u Rwanda, cyane cyane mu bakiri bato dore ko ari bo benshi bamukurikira.

iShowSpeed ni muntu ki?

iShowSpeed, ufite imyaka 20, abarirwa mu byamamare bikomeye ku mbuga nkoranyambaga mu rubyiruko rw’iki gihe.
Yavukiye i Cincinnati muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangiye atambutsa imikino ya mudasobwa (gaming streamer), aza kwamamara ku rwego rw’Isi bitewe n’imyitwarire ye irimo imbaraga nyinshi, ibisubizo bitunguranye ndetse n’uburyo butangaje yasubizaga abamukurikira.

Yatangiye gushyira amashusho ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za 2010, ariko izina rye riratumbagira cyane mu gihe cya COVID-19, ubwo gutambutsa ibiganiro bya live byari byafashe intera ku Isi.

Imyitwarire ye yuzuye urwenya n’uburyo agaragaza ibintu uko abyumva byamuhesheje igikundiro. Nyuma yaho, yaguye ibikorwa bye ajya mu muziki, gusesengura umupira w’amaguru, ibiganiro bya live ari hanze (IRL livestreams) ndetse n’ingendo mpuzamahanga.

Uyu munsi, iShowSpeed afite abakurikira babarirwa muri za miriyoni nyinshi ku mbuga zitandukanye, kandi kenshi ibiganiro bye bya live bikurikirwa n’abantu ibihumbi magana. Ubwamamare bwe bwatumye agirana ubufatanye n’ibyamamare bikomeye mu mupira w’amaguru nka Cristiano Ronaldo, yitabira amarushanwa akomeye ndetse agazenguruka imigabane itandukanye ku Isi, byose abinyujije mu gutambutsa ibiganiro bya live.

iShowSpeed ubwo yasozaga uruzinduko rwe muri Botswana, yatangaje mu kiganiro cya live ko kimwe mu bikorwa ateganya gukora ageze mu Rwanda ari gusura ingagi (gorilla trekking) muri Pariki y’Igihugu ya Virunga. Aya magambo yahise ashimisha cyane Abanyarwanda n’abakunda ubukerarugendo.

Amakuru aturuka hafi ye avuga ko iShowSpeed ateganyijwe kuzagaragara ku mukino wa Super Cup uzahuza Rayon Sports WFC na Indahangarwa WFC kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama.

Nubwo gahunda ye yose mu Rwanda itaratangazwa ku mugaragaro, biteganyijwe ko ibiganiro bye bya live bizagaragaramo guhura n’abafana, gusura Umujyi wa Kigali, ndetse n’ingendo zishoboka mu pariki z’igihugu cyangwa ahantu ndangamateka n’umuco w’u Rwanda.

Uru ruzinduko rushobora kuba amahirwe akomeye yo kumenyekanisha u Rwanda ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko mu rubyiruko rwo ku Isi rukurikira iShowSpeed ku mbuga nkoranyambaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − ten =

Previous Post

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Next Post

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Related Posts

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.