Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye imibare ishimishije y’umwe mu miti yavugutiwe kugabanya ubucucike muri za ‘Gereza’

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye imibare ishimishije y’umwe mu miti yavugutiwe kugabanya ubucucike muri za ‘Gereza’
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva hatangizwa uburyo bw’ubwumvikane buzwi nka ‘Plea bargaining’ bwifashishwa mu bucamanza, bumaze amezi umunani butangijwe mu Rwanda, hamaze gukemurwa ibirego 1 500.

Ubu buryo bw’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bwatangijwe mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, ni bumwe mu bwari bwitezweho kugabanya ubucucike mu magororero.

Imibare yatanzwe na Minisiteri y’Ubutabera mu ntangiro z’uyu mwaka, yagaragazaga ko abantu bakabakaba ibihumbi 86 bafungiye mu magororero 13 yo mu Rwanda.

Gahunda ya ‘Plea bargaining’ yashyizweho igamije gufasha bamwe mu bafungiye ibyaha byoroheje kumvikana n’Ubushinjacyaha, ubundi bagahabwa ibihano bito batiriwe bajya mu nkiko.

Ni gahunda yatangirijwe mu nkiko eshanu nk’igerageza ari zo, urw’Ibanze rwa Gasabo, urwa Nyarugenge, urwa Gicumbi, urwa Muhanga n’urwa Musanze, ariko nyuma iza gutangizwa mu bice byose by’Igihugu.

Umuvugizi w’Inkiko, Harrison Mutabazi avuga ko bakurikije umusaruro uri gutangwa n’iyi gahunda, izanatanga uwisumbuyeho mu bihe biri imbere.

Yagize ati “Nko mu mwaka utaha w’Ubucamanza, dushobora kuzaba dufite imibare yikubye kabiri. Iyi gahunda izazana inyungu nyinshi mu mitangire y’ubutabera.”

Muri ubu buryo kandi, abagenzacyaha bashobora guhabwa amakuru n’abaregwa ku bijyanye n’imikorere y’ibyaha, ku buryo byafasha mu kubirwanga no kubikumira.

Nanone kandi ituma ubutabera butangwa mu gihe kigufi, ku buryo initezweho kuzagabanya umubare w’imanza zajyaga zimara igihe kinini zitaracibwa.

Mutabazi yakomeje agira ati “Abantu bari guhabwa ubutabera mu gihe kigufi, kuko bamwe mu bakirijwe imanza muri plea bargaining, bashoboraga kuzaburanishwa mu mpera z’uyu mwaka. Mu by’ukuri ibirego bimwe byanakemukiye muri kasho za Polisi, ntibyakwirirwa binagera mu nkiko.”

Mutabazi Harrisson avuga kandi ko abakorewe ibyaha na bo bazirikanwa mu gukemura ibirego muri ubu buryo, kuko na bo babazwa ibitekerezo ku bijyanye n’umwanzuro uba ugomba gufatwa.

Ati “Bamwe basubizwa ibyabo mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Kandi haba hari amahirwe yo kwiyunga nyuma y’uko basubijwe ibyabo cyangwa igihano kirangiye.”

Ni uburyo buza bwiyongera mu buryo bwemejwe mu mategeko y’u Rwanda bwo kwifashisha inzira za gakondo mu butabera, burimo ubuhuza n’Abunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yizeye ko ubu buryo buzatanga umusaruro mwiza by’umwihariko kugabanya ubucucike mu magororero, ku buryo buzayifasha kujya izigama miliyari 14,6 Frw buri mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Next Post

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.