Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye imibare ishimishije y’umwe mu miti yavugutiwe kugabanya ubucucike muri za ‘Gereza’

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye imibare ishimishije y’umwe mu miti yavugutiwe kugabanya ubucucike muri za ‘Gereza’
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva hatangizwa uburyo bw’ubwumvikane buzwi nka ‘Plea bargaining’ bwifashishwa mu bucamanza, bumaze amezi umunani butangijwe mu Rwanda, hamaze gukemurwa ibirego 1 500.

Ubu buryo bw’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bwatangijwe mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, ni bumwe mu bwari bwitezweho kugabanya ubucucike mu magororero.

Imibare yatanzwe na Minisiteri y’Ubutabera mu ntangiro z’uyu mwaka, yagaragazaga ko abantu bakabakaba ibihumbi 86 bafungiye mu magororero 13 yo mu Rwanda.

Gahunda ya ‘Plea bargaining’ yashyizweho igamije gufasha bamwe mu bafungiye ibyaha byoroheje kumvikana n’Ubushinjacyaha, ubundi bagahabwa ibihano bito batiriwe bajya mu nkiko.

Ni gahunda yatangirijwe mu nkiko eshanu nk’igerageza ari zo, urw’Ibanze rwa Gasabo, urwa Nyarugenge, urwa Gicumbi, urwa Muhanga n’urwa Musanze, ariko nyuma iza gutangizwa mu bice byose by’Igihugu.

Umuvugizi w’Inkiko, Harrison Mutabazi avuga ko bakurikije umusaruro uri gutangwa n’iyi gahunda, izanatanga uwisumbuyeho mu bihe biri imbere.

Yagize ati “Nko mu mwaka utaha w’Ubucamanza, dushobora kuzaba dufite imibare yikubye kabiri. Iyi gahunda izazana inyungu nyinshi mu mitangire y’ubutabera.”

Muri ubu buryo kandi, abagenzacyaha bashobora guhabwa amakuru n’abaregwa ku bijyanye n’imikorere y’ibyaha, ku buryo byafasha mu kubirwanga no kubikumira.

Nanone kandi ituma ubutabera butangwa mu gihe kigufi, ku buryo initezweho kuzagabanya umubare w’imanza zajyaga zimara igihe kinini zitaracibwa.

Mutabazi yakomeje agira ati “Abantu bari guhabwa ubutabera mu gihe kigufi, kuko bamwe mu bakirijwe imanza muri plea bargaining, bashoboraga kuzaburanishwa mu mpera z’uyu mwaka. Mu by’ukuri ibirego bimwe byanakemukiye muri kasho za Polisi, ntibyakwirirwa binagera mu nkiko.”

Mutabazi Harrisson avuga kandi ko abakorewe ibyaha na bo bazirikanwa mu gukemura ibirego muri ubu buryo, kuko na bo babazwa ibitekerezo ku bijyanye n’umwanzuro uba ugomba gufatwa.

Ati “Bamwe basubizwa ibyabo mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Kandi haba hari amahirwe yo kwiyunga nyuma y’uko basubijwe ibyabo cyangwa igihano kirangiye.”

Ni uburyo buza bwiyongera mu buryo bwemejwe mu mategeko y’u Rwanda bwo kwifashisha inzira za gakondo mu butabera, burimo ubuhuza n’Abunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yizeye ko ubu buryo buzatanga umusaruro mwiza by’umwihariko kugabanya ubucucike mu magororero, ku buryo buzayifasha kujya izigama miliyari 14,6 Frw buri mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 14 =

Previous Post

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Next Post

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.