Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye imibare ishimishije y’umwe mu miti yavugutiwe kugabanya ubucucike muri za ‘Gereza’

radiotv10by radiotv10
03/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye imibare ishimishije y’umwe mu miti yavugutiwe kugabanya ubucucike muri za ‘Gereza’
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva hatangizwa uburyo bw’ubwumvikane buzwi nka ‘Plea bargaining’ bwifashishwa mu bucamanza, bumaze amezi umunani butangijwe mu Rwanda, hamaze gukemurwa ibirego 1 500.

Ubu buryo bw’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bwatangijwe mu mpera z’umwaka ushize wa 2022, ni bumwe mu bwari bwitezweho kugabanya ubucucike mu magororero.

Imibare yatanzwe na Minisiteri y’Ubutabera mu ntangiro z’uyu mwaka, yagaragazaga ko abantu bakabakaba ibihumbi 86 bafungiye mu magororero 13 yo mu Rwanda.

Gahunda ya ‘Plea bargaining’ yashyizweho igamije gufasha bamwe mu bafungiye ibyaha byoroheje kumvikana n’Ubushinjacyaha, ubundi bagahabwa ibihano bito batiriwe bajya mu nkiko.

Ni gahunda yatangirijwe mu nkiko eshanu nk’igerageza ari zo, urw’Ibanze rwa Gasabo, urwa Nyarugenge, urwa Gicumbi, urwa Muhanga n’urwa Musanze, ariko nyuma iza gutangizwa mu bice byose by’Igihugu.

Umuvugizi w’Inkiko, Harrison Mutabazi avuga ko bakurikije umusaruro uri gutangwa n’iyi gahunda, izanatanga uwisumbuyeho mu bihe biri imbere.

Yagize ati “Nko mu mwaka utaha w’Ubucamanza, dushobora kuzaba dufite imibare yikubye kabiri. Iyi gahunda izazana inyungu nyinshi mu mitangire y’ubutabera.”

Muri ubu buryo kandi, abagenzacyaha bashobora guhabwa amakuru n’abaregwa ku bijyanye n’imikorere y’ibyaha, ku buryo byafasha mu kubirwanga no kubikumira.

Nanone kandi ituma ubutabera butangwa mu gihe kigufi, ku buryo initezweho kuzagabanya umubare w’imanza zajyaga zimara igihe kinini zitaracibwa.

Mutabazi yakomeje agira ati “Abantu bari guhabwa ubutabera mu gihe kigufi, kuko bamwe mu bakirijwe imanza muri plea bargaining, bashoboraga kuzaburanishwa mu mpera z’uyu mwaka. Mu by’ukuri ibirego bimwe byanakemukiye muri kasho za Polisi, ntibyakwirirwa binagera mu nkiko.”

Mutabazi Harrisson avuga kandi ko abakorewe ibyaha na bo bazirikanwa mu gukemura ibirego muri ubu buryo, kuko na bo babazwa ibitekerezo ku bijyanye n’umwanzuro uba ugomba gufatwa.

Ati “Bamwe basubizwa ibyabo mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Kandi haba hari amahirwe yo kwiyunga nyuma y’uko basubijwe ibyabo cyangwa igihano kirangiye.”

Ni uburyo buza bwiyongera mu buryo bwemejwe mu mategeko y’u Rwanda bwo kwifashisha inzira za gakondo mu butabera, burimo ubuhuza n’Abunzi.

Guverinoma y’u Rwanda yizeye ko ubu buryo buzatanga umusaruro mwiza by’umwihariko kugabanya ubucucike mu magororero, ku buryo buzayifasha kujya izigama miliyari 14,6 Frw buri mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

Habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Shampiyona itangire Arsenal yavukinishije rutahizamu nyamwamba

Next Post

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Urujijo ku nkongi idasanzwe yibasiye imisozi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.