Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in Uncategorized
0
Hamenyekanye impamvu Bamporiki afungiye iwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahakanye ibivugwa ko impamvu Bamporiki Edouard afungiye iwe ari uko yari umuyobozi mu nzego nkuru, ruvuga icyashingiweho n’Umugenzacyaha afata iki cyemezo.

Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rutangaje ko uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard afungiye iwe, hari bamwe bakomeje kwibaza impamvu uyu munyapolitiki afungiye iwe mu gihe abenshi bakurikiranwaho ibyaha nk’ibyo akekwaho, bafungirwa muri kasho.

Bamwe banavugaga ko bishobora kuba bishingiye ku kuba Bamporiki yari mu nzego nkuru z’Igihugu, gusa RIB yabihakanye, inagaragaza icyashingiweho n’Umugenzacyaha afata iki cyemezo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko mu gihe umuntu ari gukorwaho iperereza, ashobora kugira ibyo ategekwa nko kuba atarenga imbago z’urugo rwe kandi ko biteganywa n’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha.

Itegeko Nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, ingingo yaryo ya 67 ifite umutwe ugira uti “Gutegekwa ibigomba kubahirizwa mu gihe cy’iperereza”, igira iti “Mu gihe cy’iperereza n’iyo haba hari impamvu zikomeye zo gukeka ko umuntu yakoze icyaha cyangwa ko yagerageje kugikora, Umugenza cyaha cyangwa Umushinjacyaha bashobora kutamufunga bakamutegeka ibyo agomba kubahiriza.”

Ingingo ya 80 y’iri tegeko yerekana ibigomba kubahirizwa n’umuntu udafunze ukekwaho icyaha birimo “kubuzwa kujya cyangwa kutarenga ahantu hagenwe atabiherewe uruhushya n’uwamutegetse ibyo agomba kubahiriza; kutajya aha n’aha cyangwa kutaba ahantu ku gihe iki n’iki; no kwitaba urwego rwagenwe mu bihe byagenwe.”

Dr Murangira yatangaje ko ibi biteganywa n’iri tegeko ari byo byakozwe kuri Bamporiki Edouard “wategetswe n’Umugenzacyaha kutarenga imbago z’urugo rwe.”

Uyu muvugizi wa RIB yahakanye ibyavugwaga ko Bamporiki yashyiriweho uyu mwihariko kuko yari umuyobozi.

Ati “Ahubwo ni uko byamenyekanye kuko byakozwe ku wari umuyobozi ariko ni ibisanzwe.”

Murangira B. Thierry avuga ko Ubugenzacyaha buzakora iperereza ubundi bugashyikiriza dosiye Ubushinjacyaha ari na bwo buzafata icyemezo cyo kumuregera inkiko cyangwa gushyingura kuyishyingura.

Bamporiki wavanywe muri Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi, yagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’uburyo asanzwe azwi na benshi kubera ibiganiro akunze gutanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 10 =

Previous Post

Wari uzi ko yigeze gufungwa yiga muri secondaire?… Bamporiki si ubwa mbere afunzwe

Next Post

Mutware ibi bikombe byose natwe ibindi mubitubaze- Gen M.Muganga abwira abakinnyi ba APR

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mutware ibi bikombe byose natwe ibindi mubitubaze- Gen M.Muganga abwira abakinnyi ba APR

Mutware ibi bikombe byose natwe ibindi mubitubaze- Gen M.Muganga abwira abakinnyi ba APR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.