Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye irindi Torero mu Rwanda ryafunzwe burundu n’impamvu

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA
0
Urusengero rwashyizwe ku isoko bigatungura benshi hatangajwe impamvu ruri kugurishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bugenzuzi bumaze igihe bukorerwa amadini n’amatorero, Itorero ‘Ebenezer Rwanda’ ryahagaritswe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, nyuma y’uko rigaragayemo ibibazo birimo amakimbirane, no kuba ridafite icyerekezo gifatika.

Ifungwa ry’iri Torero Ebenezer Rwanda ryamenyeshejwe Umuyobozi Wungirije waryo, Nyinawumuntu Chantal mu ibaruwa yandikiwe na RGB.

Ni nyuma y’uko uru Rwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rumaze iminsi rukora ubugenzuzi ku madini n’amatorero, kugira ngo harebwe niba iyi miryango y’imyemerere yujuje ibyo isabwa, birimo kugira inzego z’imiyoborere, inyigisho zitangirwamo, ndetse n’ibijyanye n’imyubakire.

Mu ibaruwa ya RGB yandikiwe ubuyobozi bw’iri Torero, uru Rwego ruvuga ko iri Torero ryagiye rigaragaramo ibibazo binyuranye birimo ibyigeze kuvugwa byo gushaka kugurisha urusengero rwaryo byari bigiye gukorwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iri Torero kandi rivugwamo amakimbirane ari muri bamwe mu bayobozi n’abakristu baryo, ndetse yakomeje kugenda azamuka uko ibihe byagiye bitambuka.

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rugaragaza zimwe mu ngero z’ibi bibazo byatutumbaga muri iri Torero, aho nk’amashami ya Giheka na Kanombe, havuzwemo ibibazo bikomeye, bigatuma inzego z’umutekano zibyinjiramo zikabihosha.

Hanagaragazwa ko uwabaye Umuyobozi w’Inzibacyuho w’iri Torero yigeze gukoresha abatekamutwe, bakiyitirira inzego zikomeye mu Gihugu nk’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, bakaza bavuga ko baje gushaka umuti w’ibibazo biri muri iri Torero.

Nanone kandi RGB yasanze abayobozi b’iri Torero, badafite ubumenyi n’impamyabushobozi mu masomo y’iyobokamana, bigomba kuba byujujwe n’abari ku rwego rw’ubuyobozi mu madini n’amatorero.

Ku bw’ibi bibazo byose, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, mu ibaruwa rwanditse tariki 27 Nyakanga 2024, rwamenyesheje iri Torero ko rihagaritswe kuva igihe ryabimenyesherejwe.

Nanone kandi muri ubu bugenzuzi, Itorero ‘Umuriro wa Pentekote mu Rwanda’ na ryo ryafunzwe nyuma y’uko RGB irisanzemo ibibazo byinshi byari bikomeje gufata intera, birimo amacakubiri n’amakimbirane yari amaze kuba urudaca mu Bakirisitu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − eight =

Previous Post

Uburyo wagabanya ibilo byihuse udakoze siporo nawe ukagira ikimero kikunogeye

Next Post

Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w’ikipe ya mbere mu Bwongereza

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w’ikipe ya mbere mu Bwongereza

Menya akayabo kazatangwa ku mukinnyi ngenderwaho w'ikipe ya mbere mu Bwongereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.