Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye itariki ntatuka y’umukino wazamuye impaka ndende uzwiho gushyushya ruhago Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye itariki ntatuka y’umukino wazamuye impaka ndende uzwiho gushyushya ruhago Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hamaze kwemezwa itariki izakinirwamo umukino w’ikirarane w’ishiraniro w’amakipe abiri y’amacyeba mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, wagiye usubikwa, bikazamura impaka.

Itariki yemejwe igomba gukinirwaho uyu mukino, ni ku ya 07 Ukuboza 2024 yari imaze iminsi itekerezwaho, ariko itaremezwa mu buryo bwa burundu.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, yemeza ko uyu mukino w’ikirarane ugomba kuzakinwa kuri iyi tariki, nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bwa Rwanda Premier League ikurikirana imitegurire ya shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Iki cyemezo cyafashwe ko uyu mukino uzakinwa kuri iyi tariki, gishingiye ku kuba nta mpamvu n’imwe ihari yatuma uyu mukino wongera gusubikwa ngo wigizwe inyuma.

Uyu mukino wagombaga gukinwa tariki 14 Nzeri 2024, ubwo wagombaga kwakirwa na Rayon Sports, ariko ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC, ikaba yari mu mikino ya CAF Champions League yaje gusezererwamo itinjiye mu matsinda.

Uyu mukino w’ikirarane, wagombaga gukinwa tariki 19 Ukwakira 2024, ariko APR FC isaba ko uyu mukino wakwigizwa inyuma kugira ngo ibanze ikine indi mikino y’ibirarane ifite.

Ni icyifuzo cyazamuye impaka ndende, byumwihariko abakunzi ba Rayon Sports, bari bacyamaganye, bavuga ko iyi kipe yatinye, ariko uyu mukino waje gusubikwa nyuma yuko habaye gusubika imikino yari iteganyijwe mu gihe uyu na wo wagombaga kuberamo kubera imyiteguro y’ikipe y’Igihugu yarimo mu mikino yarimo.

Umukino APR na Rayon ziheruka guhuriramo wa gicuti zaranganyije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − five =

Previous Post

Byashenguye benshi: Ibizibukirwa kuri nyakwigendera wahitanywe n’impanuka y’imodoka yari itwaye abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagize ibyago

Related Posts

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

by radiotv10
02/06/2025
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron na Madamu we Brigitte Macron, bakiriye ikipe ya Paris Saint-Germain isanzwe yamamaza ‘Visit Rwanda’ nyuma...

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

by radiotv10
30/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje umutoza mukuru mushya w’iyi kipe, ari we Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi watozaga ikipe ya Mukura VS,...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagize ibyago

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagize ibyago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.