Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hamenyekanye ubusabe bwahawe u Rwanda ku itaha ry’ingabo za SADC ziri muri Congo FARDC

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in MU RWANDA
0
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagejejweho ubusabe ko yakorohereza ingabo zari zagiye mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gutaha nyuma yuko hafashwe icyemezo ko zigomba gucyurwa, zikaba zigomba kugenda zinyuze mu Rwanda.

Amakuru dukesha ikinyamakuru The New Times yagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki 17 Mata 2025, avuga ko ibi byemejwe n’umwe mu bayobozi mu nzego nkuru.

Iki gitangazamakuru cyagize kiti “Uwo mu nzego nkuru dukesha amakuru, yemeje ko hari ubusabe bwagejejwe kuri Guverinoma y’u Rwanda bwo korohereza itaha ry’Ingabo za SADC/SAMIDRC ziva mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zinyuze mu Rwanda.”

Uyu wahaye amakuru The New Times mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, yagize ati “Iyi ni intambwe nziza iri mu murongo w’ibiganiro byo ku rwego rwa Afurika bigamije kuzana amahoro arambye n’umutekano mu karere, kandi itaha ry’izi ngabo, rizabaho mu nzira z’ubucuti.”

Uyu wahaye amakuru iki gitangazamakuru, yavuze ko ubu busabe bwo korohereza Ingabo za SADC gutaha, bwagejejwe kuri Guverinoma y’u Rwanda muri iki cyumweru.

Mu kwezi gushize, tariki 13 Werurwe, Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yafashe icyemezo ntakuka cyo guhagarika ubutumwa bw’Ingabo zari zagiye mu butumwa muri DRC, ndetse zigahita zitaha.

Mu minsi ishize kandi, ubuyobozi bw’Izi Ngabo zari ziri mu butumwa bwa SADC-SAMIRDC n’ubwa M23, bwari bwagiranye amasezerano yagombaga gutuma izi ngabo ziri mu mujyi wa Goma, zitaha, zikoresheje ikibuga cy’Indege cya Goma ariko zibanje kugisana.

Ubu bwumvikane bwari bwabaye hagati, bigaragara ko butageze ku ntego dore ko mu minsi micye ishize, Ihuriro AFC/M23 ryashinje ingabo za SAMDRC kugira uruhare mu bitero biherutse kugabwa i Goma, nubwo SADC yabihakanye ariko byazanye umwuka mubi hagati y’izi mpande zari zatangiye kugira aho zigera mu bwumvikane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 2 =

Previous Post

Umujenerali mu gisirikare cya Congo wahunze urugamba ubwo M23 yafata Goma yapfuye

Next Post

Undi mutoza wahagaritswe na Rayon avugwaho gukora ibidakwiye yabitanzeho ukuri kwe

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Undi mutoza wahagaritswe na Rayon avugwaho gukora ibidakwiye yabitanzeho ukuri kwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.