Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in SIPORO
0
Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda (FERWAHAND) ryafatiye ibihano ikipe ya Police HC iri mu makipe akomeye mu Rwanda, nyuma y’uko iherutse kwikura mu mukino utarangiye kubera kutishimira imisifurire.

Ni ikibazo cyabaye ku mukino wa kamarampaka wa mbere wahuje APR HC na Police HC wabaye tariki 29 Kamena 2024 wasojwe imburagihe ku munota wa 19’20’’, ubwo APR HC yari ihawe penaliti ariko ikipe ya Police HC ikabyanga ndetse ihita yikura mu kibuga, aho APR yari ifite ibitego 9-8.

Icyo gihe APR HC yateye iyo penaliti biba 10-08, ariko na bwo Police HC yanga gusubira mu kibuga, birangira abasifuzi banzuye gusoza umukino.

Nyuma y’iyi myitwarire, Ishyirahamwe ry’Umukino wa Handball mu Rwanda, kuri uyu Kane tariki 01 Kakanama 2024, ryashyize hanze itangazo ry’ibihano byafatiwe iyi kipe

FERWAHAND ivuga ko iyi myitwarire yagaragajwe na Police HC, “bitandukanye n’amahame, amategeko n’indangagaciro za siporo n’abasiporitifu muri rusange haba muri Handball no mu yindi mikino.”

Mu itangaro ry’ibihano, FERWAHAN ikomeza ivuga ko ku bw’iyi mpamvu, “Ikipe ya Police HBC kubera yananiwe kubahiriza amategeko asanzwe agenga amarushanwa, ihanishijwe amande y’amafaranga angana n’ibihumbi magana atanu (500 000 Frw).”

Iri Shyirahamwe kandi rivuga ko ubugenzuzi bwakozwe hagendewe ku mategeko agenga shampiyona mu Rwanda n’agenga umukino wa Handball ku Isi ku gice kijyanye n’ibihano; Umutoza mukuru w’ikipe ya Police Handball Club, CIP (Rtd) Antoine Ntabanganyimana yahagaritswe mu gihe kingana n’amezi 12 atagaragara mu bikorwa bya Handball byose, hakiyongeraho amande y’amafaranga ibihumbi Magana abiri (200 000Frw).

Nubwo iyi kipe yikuye mu mukino, ntibyabujije Shampiyona ya Handball mu Rwanda gukomeza, ndetse ikaba yararangiye ikipe ya APR HC itwaye igikombe.

Police HC yafatiwe ibihano nyuma yo kwikura mu mukino wari wayihuje na APR HC

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eleven =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

Next Post

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

Hasobanuwe ibyagaragaye mu Itorero rimwe ryo mu Rwanda byatumye rifungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.