Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haranugwanugwa ko Kabila ashobora kuzahatanira kongera kuyobora DRCongo

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA
0
Haranugwanugwa ko Kabila ashobora kuzahatanira kongera kuyobora DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka FCC (Le Front Commun pour le Congo) ryatangiye ibiganiro mu bayoboke baryo bisa n’imbanzirizamushinga yo guharurira inzira Joseph Kabila kugira ngo aziyamamarize kongera kuyobora DRCongo.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki 27 Kanama 2022, Néhémie Mwilanya Wilondja wahoze ari Umuhuzabikorwa wa FCC akaba yaranagize imyanya ikomeye ku butegetsi bwa Joseph Kabila, yagiranye ikiganiro n’abayoboke b’iri shyaka mu Mujyi wa Bukavu, cyumvikanyemo amagambo yo kurata ibigwi uyu waboye Congo.

Uyu munyapolitiki Néhémie Mwilanya Wilondja wanayoboye ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku bwa Joseph Kabila, yavuze ko Igihugu cyabo kiri mu bihe bibi bitigeze bibaho ku ngoma yabo.

Yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gusubira inyuma kandi yari imaze gutera intambwe ishimishije ku buryo FCC itagakwiye kwishimira ibiri kuba ku byo bari barubatse.

Yavuze ko kandi ibyo byose biri kuba ku Banye-Congo, Joseph Kabila atabirebesha amaso gusa ngo yicecekere kuko na we yifuza koi bi bibazo byose byakemuka.

Yagize ati “Ndashaka ko mugenzaho ibitekerezo mwifuza ko nshyira Joseph Kabila kugira ngo bizaduhe umurongo wo kubaka ibyasenywe n’Ubutegetsi bwadusimbuye.”

Yakomeje agira ati “Kuva Joseph Kabila yava ku butegetsi Igihugu cyacu kiri mu kangaratete kitigeze kijyamo ubwo yari akiri ku buyobozi.”

Uyu munyapolitiki Néhémie Mwilanya Wilondja yavuze ko afite icyizere gihagije ko FCC izasubira ku butegetsi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2023.

Aya magambo yatangajwe n’umwe mu bakomeye muri FCC, yatumye bamwe mu banyapolitiki bemeza ko Joseph Kabila agifite akayihayiho ko gusubira ku butegetsi.

Aba basesenguzi kandi banashingira ku kuba Joseph Kabila yaremeye kurekura ubutegetsi ku mahoro, bityo ko yari afite icyizere ko azabugarukaho.

Banavuga kandi ko byabera ihurizo Felix Tshisekedi kuko nubundi atorohewe n’ibibazo uruhuri bigaragaza intege nke ze kuko atabikemuye byumwihariko ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa drc.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − one =

Previous Post

Rutahizamu mushya wa Rayon Moussa Camara yageze mu Rwanda

Next Post

Ibitaravuzwe ku Mukarani w’Ibarura wariwe n’imbwa y’aho yari agiye kubarura

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Akarere kavuze ku mukarani w’ibarura byavuzwe ko yashumurijwe imbwa n’aho yari agiye kubarura ikamurya

Ibitaravuzwe ku Mukarani w’Ibarura wariwe n’imbwa y’aho yari agiye kubarura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.