Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haranugwanugwa ko Kabila ashobora kuzahatanira kongera kuyobora DRCongo

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA
0
Haranugwanugwa ko Kabila ashobora kuzahatanira kongera kuyobora DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka FCC (Le Front Commun pour le Congo) ryatangiye ibiganiro mu bayoboke baryo bisa n’imbanzirizamushinga yo guharurira inzira Joseph Kabila kugira ngo aziyamamarize kongera kuyobora DRCongo.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki 27 Kanama 2022, Néhémie Mwilanya Wilondja wahoze ari Umuhuzabikorwa wa FCC akaba yaranagize imyanya ikomeye ku butegetsi bwa Joseph Kabila, yagiranye ikiganiro n’abayoboke b’iri shyaka mu Mujyi wa Bukavu, cyumvikanyemo amagambo yo kurata ibigwi uyu waboye Congo.

Uyu munyapolitiki Néhémie Mwilanya Wilondja wanayoboye ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku bwa Joseph Kabila, yavuze ko Igihugu cyabo kiri mu bihe bibi bitigeze bibaho ku ngoma yabo.

Yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gusubira inyuma kandi yari imaze gutera intambwe ishimishije ku buryo FCC itagakwiye kwishimira ibiri kuba ku byo bari barubatse.

Yavuze ko kandi ibyo byose biri kuba ku Banye-Congo, Joseph Kabila atabirebesha amaso gusa ngo yicecekere kuko na we yifuza koi bi bibazo byose byakemuka.

Yagize ati “Ndashaka ko mugenzaho ibitekerezo mwifuza ko nshyira Joseph Kabila kugira ngo bizaduhe umurongo wo kubaka ibyasenywe n’Ubutegetsi bwadusimbuye.”

Yakomeje agira ati “Kuva Joseph Kabila yava ku butegetsi Igihugu cyacu kiri mu kangaratete kitigeze kijyamo ubwo yari akiri ku buyobozi.”

Uyu munyapolitiki Néhémie Mwilanya Wilondja yavuze ko afite icyizere gihagije ko FCC izasubira ku butegetsi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2023.

Aya magambo yatangajwe n’umwe mu bakomeye muri FCC, yatumye bamwe mu banyapolitiki bemeza ko Joseph Kabila agifite akayihayiho ko gusubira ku butegetsi.

Aba basesenguzi kandi banashingira ku kuba Joseph Kabila yaremeye kurekura ubutegetsi ku mahoro, bityo ko yari afite icyizere ko azabugarukaho.

Banavuga kandi ko byabera ihurizo Felix Tshisekedi kuko nubundi atorohewe n’ibibazo uruhuri bigaragaza intege nke ze kuko atabikemuye byumwihariko ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa drc.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Rutahizamu mushya wa Rayon Moussa Camara yageze mu Rwanda

Next Post

Ibitaravuzwe ku Mukarani w’Ibarura wariwe n’imbwa y’aho yari agiye kubarura

Related Posts

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

IZIHERUKA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria
AMAHANGA

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

19/11/2025
Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

19/11/2025
Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Akarere kavuze ku mukarani w’ibarura byavuzwe ko yashumurijwe imbwa n’aho yari agiye kubarura ikamurya

Ibitaravuzwe ku Mukarani w’Ibarura wariwe n’imbwa y’aho yari agiye kubarura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.