Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haranugwanugwa ko Kabila ashobora kuzahatanira kongera kuyobora DRCongo

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA
0
Haranugwanugwa ko Kabila ashobora kuzahatanira kongera kuyobora DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka FCC (Le Front Commun pour le Congo) ryatangiye ibiganiro mu bayoboke baryo bisa n’imbanzirizamushinga yo guharurira inzira Joseph Kabila kugira ngo aziyamamarize kongera kuyobora DRCongo.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki 27 Kanama 2022, Néhémie Mwilanya Wilondja wahoze ari Umuhuzabikorwa wa FCC akaba yaranagize imyanya ikomeye ku butegetsi bwa Joseph Kabila, yagiranye ikiganiro n’abayoboke b’iri shyaka mu Mujyi wa Bukavu, cyumvikanyemo amagambo yo kurata ibigwi uyu waboye Congo.

Uyu munyapolitiki Néhémie Mwilanya Wilondja wanayoboye ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku bwa Joseph Kabila, yavuze ko Igihugu cyabo kiri mu bihe bibi bitigeze bibaho ku ngoma yabo.

Yavuze ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gusubira inyuma kandi yari imaze gutera intambwe ishimishije ku buryo FCC itagakwiye kwishimira ibiri kuba ku byo bari barubatse.

Yavuze ko kandi ibyo byose biri kuba ku Banye-Congo, Joseph Kabila atabirebesha amaso gusa ngo yicecekere kuko na we yifuza koi bi bibazo byose byakemuka.

Yagize ati “Ndashaka ko mugenzaho ibitekerezo mwifuza ko nshyira Joseph Kabila kugira ngo bizaduhe umurongo wo kubaka ibyasenywe n’Ubutegetsi bwadusimbuye.”

Yakomeje agira ati “Kuva Joseph Kabila yava ku butegetsi Igihugu cyacu kiri mu kangaratete kitigeze kijyamo ubwo yari akiri ku buyobozi.”

Uyu munyapolitiki Néhémie Mwilanya Wilondja yavuze ko afite icyizere gihagije ko FCC izasubira ku butegetsi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2023.

Aya magambo yatangajwe n’umwe mu bakomeye muri FCC, yatumye bamwe mu banyapolitiki bemeza ko Joseph Kabila agifite akayihayiho ko gusubira ku butegetsi.

Aba basesenguzi kandi banashingira ku kuba Joseph Kabila yaremeye kurekura ubutegetsi ku mahoro, bityo ko yari afite icyizere ko azabugarukaho.

Banavuga kandi ko byabera ihurizo Felix Tshisekedi kuko nubundi atorohewe n’ibibazo uruhuri bigaragaza intege nke ze kuko atabikemuye byumwihariko ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa drc.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Rutahizamu mushya wa Rayon Moussa Camara yageze mu Rwanda

Next Post

Ibitaravuzwe ku Mukarani w’Ibarura wariwe n’imbwa y’aho yari agiye kubarura

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Akarere kavuze ku mukarani w’ibarura byavuzwe ko yashumurijwe imbwa n’aho yari agiye kubarura ikamurya

Ibitaravuzwe ku Mukarani w’Ibarura wariwe n’imbwa y’aho yari agiye kubarura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.