Monday, July 27, 2026
RW|EN
MU RWANDA

Rutahizamu mushya wa Rayon Moussa Camara yageze mu Rwanda

Rutahizamu mushya wa Rayon Moussa Camara yageze mu Rwanda

Umunya Mali, Moussa Camara yegeze mu Rwanda, aho agomba kwifata n’abandi bakinnyi ba Rayon Sports kwitegura umunsi wa kabiri wa shampiyona.

Mu ijoro ry’urucyerera rwo kuri uyu wa gatandatu ahagana saa 1:00 nibwo  rutahizamu mpuzamahanga ukomoka muri Mali, Moussa Camara yageze mu Rwanda nyuma y’iminsi ategerejwe na benshi.

Uyu mukinnyi aherutse kuba umukinnyi wa 17 iyi kipe yasinyishije mu kwitegura umwaka w’imikino 2022-23, umwaka Rayon Sports ishamo igikombe nyuma y’imyaka irenga itatu idakaraba mu biganza.

Ni ubwa kabiri Moussa Camara agiye gukinira Rayon kuko mu mwaka w’imikino 2016-17 uyu musore yari muri Gikundiro aza kuhava yerekeza mu ikipe ya Ismaily yo mu Misiri.

Rayon Sports ikomeje imyiteguro y’umukino w’umunsi wa kabiri izasura Police FC kuri Sitade ya Kigali tariki 8 Nzeri.

Radiotv10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =