Haravugwa icyagaruye rutahizamu Shabalala mu Rwanda nyuma y’amezi 6 agiye gukina muri Libya

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Rutahizamu w’Umurundi, Hussein Shabani Shabalala wari umaze amezi atandatu yerecyeye muri Libya gukinira ikike ya Al Tawoon ikinamo Umunyarwanda Haruna Niyonzima, yagarutse mu Rwanda asubira muri AS Kigali yahozemo. Haravugwa icyatumye agaruka.

Hussein wagarutse muri As Kigali yahoze akinira, yaje nyuma yo gutandukana na Al Tawoon yo muri Libya, nk’uko amakuru agera kuri RADIOTV10 abivuga, aho muri iyi kipe byari byanze.

Izindi Nkuru

Uyu rutahizamu wari umaze amezi atandatu muri iyi kipe ya Al Tawoon yo muri Libya, ntiyahiriwe n’iyi shampiyona, akaba yahisemo kugaruka muri As Kigali n’ubundi yakiniraga mbere yo kwerekeza muri Libya.

Shabalala wanyuze mu makipe atandukanye mu Rwanda arimo Amagaju, Rayon Sports, Bugesera FC ndetse n’iyi As Kigali agarutsemo, asanze iyi kipe ihagaze nabi, dore ko iri ku mwanya wa 12 ku rutonde rwa Shampiyona.

Al Tawoon yatandukanye na Shabalala isanzwe ikinamo Haruna Niyonzima binavugwa ko ari we wari wagize uruhare mu kumuzana muri iyi kipe.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru