Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa

radiotv10by radiotv10
23/06/2023
in MU RWANDA
1
Haravugwa icyemezo cyumvikana nk’agahomamunwa cyakurikiye ibiteye agahinda byabaye ku mukobwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 29 wo mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo, wagiriye impanuka mu ruganda rw’icyayi yakoreraga, imashini ikamuca ikiganza, avuga ko ubuyobozi bw’uru ruganda bwamwimye indishyi, ndetse n’Urukiko yiyambaje, rukanzura ko yareze uwo atagombaga kurega, rukamuca ibihumbi 500Frw.

Kabega Edith utuye mu Mudugudu wa Kankanga mu Kagari ka Butare, yaciwe ikiganza n’imashini y’uruganda rw’icyayi rwa SORWATHE-Kinihira mu mwaka wa 2019, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10, aho yari kumwe n’umubyeyi we Constance Nzamuhabwanimana.

Iyi mpanuka yabaye tariki 08 Mutarama 2019 aho ikiganza cy’ukuboka kw’iburyo cyacitse cyose ndetse na zimwe mu ntoki z’ukuboko kw’ibumoso zikamugara.

Kabega avuga ko yabonye akazi muri uru ruganda rwa SORWATHE-Kinihira tariki 02 Ukwakira 2017, agatangira amasezerano y’amezi atatu, yagiye yongezwa uko yagendaga ashira.

Avuga ko iyi mpanuka yamubayeho amaze umwaka umwe n’amezi atatu ari umukozi w’uru ruganda, aho yabanje gukora akazi ko gushyira icyayi mu mashini, nyuma bakaza kuhamukura we n’undi bakoranaga, bakabajyana ku yindi mashini.

Ati “Tugezeyo twatsa imashini turakora turakora, tugezemo hagati icyayi kigwamo irazima, turakupa kugira ngo tugikuremo. Twagikuyemo tukimazemo tuzamuramo ibiganza, naho iyo mashini yari isanzwe ifite ikibazo cyo kuba yarapfuye. Ngejeje hejuru ngiye kumva numva imashini iratse iba ifashe imitwe y’intoki, igenda ikururiramo…”

Uyu mukobwa avuga ko ubwo intoki z’ikiganza kimwe zafatwaga n’iyi mashini, yashyizemo ikindi kiganza kugira ngo akurure, igahita igikata, ku buryo abari hafi aho bagize ikibazo cy’ihungabana kubera ibyari bimubayeho.

Avuga ko abakanishi bakundaga kuyikora ariko yari yaranze gukira kuko yari isanzwe ifite ibibazo byahoragaho, ari bo baje bagafunga iyi mashini, bakamukuramo ibiganza byangiritse cyane, aho kimwe cyari cyacitse burundu.

Yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kinihira, ariko na byo biza kumwohereza ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK.

Ikiganza kimwe cyaracitse burundi, ikindi kiramugara

 

Icyemezo cy’agahomamunwa

Kabega Edith avuga ko nta ndishyi yahawe n’ubuyobozi bw’uru ruganda, uretse kuba bwaraje kumusaba inyemezabwishyu yishyuriyeho ikiguzi cy’ubuvuzi, bukamwishyura 1/2 cyayo.

Avuga ko aho aviriye mu bitaro, yabanje kwandikira uru ruganda yakoreraga, arubaza icyo ruzumufasha, ariko rukamuringana ntirumusubize.

Ati “Nibwo nabonye binyobeye ndavuga nti ‘reka mfate umwanzuro wo kuregera Urukiko’. Ikirego kinjiye mu Rukiko mu kwezi kwa cumi na kumwe 2019.”

Iki kirego cyahawe inama ntegurarubanza mu kwezi kwa Mutarama k’umwaka wakurikiyeho wa 2020, haza guhura hagati y’umunyamategeko w’uruganda n’uw’uyu mukobwa.

Uru rubanza rwagombaga kuba muri uko kwezi kwa Mutarama, ariko ruza kwimurwa, rushyirwa tariki 14 Mata uwo mwaka wa 2020, ariko na bwo ruza kwimurirwa tariki 07 Nzeri (ukwa Cyenda).

Umubyeyi we Constance Nzamuhabwanimana, avuga ko urubanza rw’umukobwa we rwasubitswe inshuro umunani zose, ku buryo babonaga ko hari ikibyihishe inyuma.

Ati “N’aho baburaniye, Avoka twari dufite, tugezeyo, ahaguruka ajya gukura ikirego mu Rukiko. Umwana arahaguruka aravuga ati ‘wikura ikirego mu rukiko’ aravuga ati ‘twahisemo ubwiyunge’.”

Uyu mubyeyi avuga ko uwo munyamategeko wabatunguje icyo cyemezo, yavugaga ko yavuganye n’ubuyobozi bw’uruganda, rukemera ko ruzaha uyu mukobwa akazi gahoraho ndetse no kumufasha mu kumushakira insimburangingo.

Yavuze ko Umucamanza yahise afata icyemezo cyo kuzatumiza uyu Avoka ndetse n’umunyamategeko w’Uruganda, ariko Urukiko rukaza kwemeza ko ikirego cy’uyu mukobwa gifite ishingiro.

Edithe yagize ati “Yari yangurishije rwose kuko yavuze ko njye nari namutumye agenda nk’umuntu umpagarariye kandi mu masezerano twari twagiranye ntiharimo kumpagararira.”

Avuga ko uyu munyamategeko yahise yikura mu rubanza, kandi yaramaze kumuha inyandiko zose zamufashaga gukurikirana urubanza, bikaza no kuzamura ibibazo byatumye biyambaza Urugaga rw’Abavoka.

Ngo uyu munyamategeko yaje no gusa nk’aho amutera ubwoba, amubwira ko yasabwe na Minisitiri ko iki kirego akivana mu Rukiko.

Edithe avuga ko yaje gushaka undi munyamategeko, ariko na bwo hakagenda hazamo isubikwa ry’urubanza rya hato na hato, nyuma aho ruburanishirijwe, Urukiko rukanzura ko atsinzwe, ngo kuko “nareze abo ntagombaga kurega, ngo nabasiragije mu manza, ngo banciye ibihumbi maganatanu, ngo kuko nabareze nta mpamvu.”

 

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Louis Rucogoza says:
    3 years ago

    Hhhhh,ngubu ubutahera bwo muri iyi minsi kweri! Ubu c ategereze kuzabitekerereza Perezida wa Repuburika? H E Paul K aracyafite byinshi byo gushyira kumurongo. Akarengane nkaka ntikari gakwiye .Ubu bararya basinzira umwana yarabaye igisenzegeri .Mbega ubutahera!!! Ndumiwe cyokora.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Inkuru y’akanyamuneza kuri rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi

Next Post

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito
AMAHANGA

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

Inkuru y’incamugongo ku Mupasiteri wari ukunzwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.