Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA
1
Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, yateye grenade mu rugo rwa mugenzi we, bivugwa ko yabitewe n’urwango amufitiye rwaturutse ku kuba acuditse n’umugore we akaba akeka ko amuca inyuma.

Ibi byabereye mu Kagari ka Mbati mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, ahatuye umugabo witwa Muganza Jean Marie Vianney, ahatewe Grenade n’uwitwa Nkuriyingoma Jean Baptiste.

Ku bw’amahirwe nta muntu n’umwe wahitanywe n’iki gisasu cyangwa ngo kimukomeretse, uretse kuba cyakanze bamwe mu baturage batuye mu gace cyaterewemo.

Nkuriyingoma Jean Baptiste ukekwaho gutera iyi grenade, yabanje guhita acika, ndetse inzego zihita zitangira kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe inzego z’umutekano.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère, yagize ati “Nkuriyingoma akimara gutera iyo grenade yahise acika, ubu Inzego zatangiye kumushakisha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere yavuze ko amakuru atangwa n’abaturage, avuga ko uyu Nkuriyingoma Jean Baptiste yakoze ibi ashaka kwihimura kuri Muganza Jean Marie Vianney kubera umubano w’urukundo ruvugwa hagati ye n’umugore we, agakeka ko amuca inyuma.

Ubwo ibi byari bikimara kuba, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bugera ahabereye iki gikorwa, ndetse bukoresha inama abaturage mu rwego rwo kubahumuriza.

Nkuriyingoma Jean Baptiste wateye mugenzi we grenade, asanzwe ari umuhinzi, ariko amakuru avugwa na bamwe mu baturage avuga ko yigeze kuba umusirikare.

RADIOTV10

Comments 1

  1. munyaneza theophile says:
    10 months ago

    Aba yayimuteye wenyine ntayitere umuryango,abagore bazarikora.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Next Post

Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.