Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA
1
Haravugwa igikekwaho nk’impamvu yatumye umugabo wo muri Kamonyi atera igisasu mugenzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, yateye grenade mu rugo rwa mugenzi we, bivugwa ko yabitewe n’urwango amufitiye rwaturutse ku kuba acuditse n’umugore we akaba akeka ko amuca inyuma.

Ibi byabereye mu Kagari ka Mbati mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, ahatuye umugabo witwa Muganza Jean Marie Vianney, ahatewe Grenade n’uwitwa Nkuriyingoma Jean Baptiste.

Ku bw’amahirwe nta muntu n’umwe wahitanywe n’iki gisasu cyangwa ngo kimukomeretse, uretse kuba cyakanze bamwe mu baturage batuye mu gace cyaterewemo.

Nkuriyingoma Jean Baptiste ukekwaho gutera iyi grenade, yabanje guhita acika, ndetse inzego zihita zitangira kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe inzego z’umutekano.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvère, yagize ati “Nkuriyingoma akimara gutera iyo grenade yahise acika, ubu Inzego zatangiye kumushakisha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere yavuze ko amakuru atangwa n’abaturage, avuga ko uyu Nkuriyingoma Jean Baptiste yakoze ibi ashaka kwihimura kuri Muganza Jean Marie Vianney kubera umubano w’urukundo ruvugwa hagati ye n’umugore we, agakeka ko amuca inyuma.

Ubwo ibi byari bikimara kuba, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bugera ahabereye iki gikorwa, ndetse bukoresha inama abaturage mu rwego rwo kubahumuriza.

Nkuriyingoma Jean Baptiste wateye mugenzi we grenade, asanzwe ari umuhinzi, ariko amakuru avugwa na bamwe mu baturage avuga ko yigeze kuba umusirikare.

RADIOTV10

Comments 1

  1. munyaneza theophile says:
    12 months ago

    Aba yayimuteye wenyine ntayitere umuryango,abagore bazarikora.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + one =

Previous Post

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Next Post

Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Related Posts

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda
AMAHANGA

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

06/01/2026
Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda ari mu gahinda k’ibyago yagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.