Monday, September 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru batatu bakora ibiganiro ku miyoboro ya YouTube, baherutse gutabwa muri yombi mu Karere ka Bugesera, amakuru aravuga ko bashobora gufungurwa nyuma yuko habayeho ubwumvikane hagati yabo n’uwo bakekwaho gukorera ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa n’ubujura.

Aba bakora ibiganiro kuri YouTube harimo uwitwa P. Onika na Janvier Romeo bakorera YouTube Channel ya 3D TV, na Muhire Pascal ukorera YouTube Channel yitwa Mayisha Entertainment, bafunzwe mu cyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2025.

Aba banyamakuru bari batawe muri yombi bakekwaho urugomo rwo gukubita cyangwa gukomeretsa, no kwangiza ibikoresho by’aho bari banywereye.

Umunyamakuru Mbarubukeye Peacemaker uzwi nka Pundit dukesha aya makuru, mu kiganiro yatambukije kuri YouTube Channel yitwa ‘Ukuri kutavuzwe’, avuga ko aba banyamakuru bumvikanye n’uwo bakoreye biriya byaha, ndetse ko biteganyijwe ko bafungurwa kuri uyu wa 09 Nzeri 2025.

Uyu munyamakuru avuga ko uwakubiswe yagaragaje ko ubwo yakubitwaga n’abo banyamakuru yari afite telefone yaguze ibihumbi 350 Frw, ndetse akaba yari afite andi mafaranga mu mufuka ibihumbi 50 Frw, na yo yaburiye muri urwo rugomo yakorewe.

Uyu munyamakuru avuga ko mu bwumvikane bwabaye hagati y’aba banyamakuru n’uwo mugabo bakubise, yabaciye andi ibihumbi 600 Frw by’impozamarira, yose hamwe akaba Miliyoni 1 Frw bagomba kumuha.

Pundit ukunze gukurikirana inkuru z’ubutabera byumwihariko ibiba bivugwa ku byamamare, avuga ko nyuma yuko habayeho ubwo bwuvikane, inzego z’ubutabera zabyemeye, ndetse aba banyamakuru bakaba bemerewe gusohoka muri Kasho.

Pundit kandi avuga ko aba banyamakuru n’uriya mugabo bakekwaho gukubita no gukomeretsa, bapfuye ko uyu wakorewe urugomo, yaje mu kabari bariho banyweramo, agasuhuza umukobwa nyiri ako kabari, akanamusoma, bikazamurira umujinya abo banyamakuru ngo kuko basanzwe ari inshuti z’uwo mukobwa.

Uburyo bw’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bukomeje kwimakazwa n’Ubutabera bw’u Rwanda, mu rwego rwo gukemura ibibazo bimwe bitarinze ko bigera mu Nkiko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa mu kiganiro yatanze ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2024-2025, imanza 15 012 zaciwe hakoreshejwe ubu buryo.

Muri izo harimo 3 166 z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’imanza 11 846 z’inshinjabyaha, zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Related Posts

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

by radiotv10
08/09/2025
0

Bamwe mu babanye n’abakoranye na Lt Gen Innocent Kabandana, wari umwe mu basirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda witabye Imana,...

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

by radiotv10
08/09/2025
0

Umuturage wo mu Karere ka Rusizi, yafashe icyemezo cyo gusana ikiraro gihuza aka Karere n’aka Nyamasheke, cyari kimaze imyaka ibiri...

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; yakiriye impapuro z’Abahagarariye Ibihugu by’u Bufaransa na Misiri mu Rwanda, bashya baje gusimbura...

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangije ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2025-2026, yifatanya n’abanyeshuri bo mu Ishuri rimwe mu Mujyi wa...

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

by radiotv10
08/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanya abantu 26 biganjemo abakiri mu cyiciro cy’urubyiriko bakurikiranyweho ibyaha bw’ubwambuzi bushukana, bari mu itsinda ryiyise...

IZIHERUKA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?
MU RWANDA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

by radiotv10
08/09/2025
0

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

08/09/2025
Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

08/09/2025
Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

08/09/2025
Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

08/09/2025
Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

08/09/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikiraro gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.