• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

radiotv10by radiotv10
31/12/2025
in MU RWANDA
0
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi, bitabye Imana nyuma yo kunywa inzoga.

Aba bantu bane bapfuye mu bihe bitandukanye mu minsi ibiri, aho uwa mbere yitabye Imana saa sita ku Mbere tariki 29 Ukuboza 2025, mugenzi we wa kabiri ashiramo umwuka mu masaha y’umugoroba.

Naho abandi babiri bitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Ukuboza 2025, barimo n’umwana muto bari basomeje kuri iyo nzoga.

Aba bantu bapfuye nyuma yo kunywa inzoga yenzwe n’uwitwa Kagaba Eric ari na we witabye Imana bwa mbere, akaba yari asanzwe afite akabari muri kariya gace mu Mudugudu wa Gahungeri mu kagari ka Gisheshe mu Murenge wa Rukoma.

Nyuma y’urupfu rw’aba bantu, hahise hatangira iperereza, ndetse abantu babiri bakaba bamaze gufatwa nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi.

CIP Hassan yagize ati ”Nibyo koko RIB yatangiye gukurikirana umugabo n’umugore kugira ngo harebwe uruhare rwabo mu rupfu rw’abo bantu.”

Mandera Innocent, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yavuze ko nyuma yo kumemya amamuru y’urupfu rwa bariya bantu, ubuyobozi bwihutiye kujyayo, bugahabwa amakuru n’abaturage ko inzoga yanyowe na bariya bantu ishobora kuba yari yahumanyijwe.

Gusa avuga ko na Kagaba Eric wapfuye mbere yari asanzwe afite akabari rwihishwa gacururizwamo inzoga zitujuje ubuziranenge ndetse ko yashakishwa kugira ngo abisobanure.

Amakuru avuga ko nyuma yuko uriya wa mbere yitabye Imana, umuryango we wabanje kubihisira kugira ngo inzego zitabyinjiramo.

Abapfuye barimo kandi undi witwa Hagenimana Terance Ishimwe Cedrick, ndetse n’umwana witwa Cyizere Aimé Bruno w’imyaka itatu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

Next Post

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.