Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize

radiotv10by radiotv10
28/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe baturiye ikibuga cy’indege cya Kamembe, bamaze imyaka ibiri babariwe imitungo ngo bimuke hagurwe imbibi z’iki kibuga, barasaba Minisiteri y’Ingabo kubahiriza amasezerano bagiranye nyuma yuko bamwe babonye amafaranga bakimuka, abandi bagasigara batuye mu matongo bonyine.

Mu bagera kuri 70 bari batuye muri metero nke uvuye ku ruzitiro rw’ikibuga cy’indege, habarwa abagera muri 25 batarabona amafaranga babariwe ari na bo basigaye bahatuye, mu gihe abandi bagiye gutura ahandi nyuma yo kwishyuirwa.

Bavuga ko ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwababariye ku giciro cyiza bari bishimiye, ariko nyuma Akarere kaza kubabwira ko babariwe menshi bituma agabanywa.

Kabagwira Salima ati “Nkanjye bari barambariye miliyoni 16 kandi nari nabyishimiye pe, ariko nyuma abo ku Karere baraje bampereza miliyoni 10.”

Kuradusenge Elie na we ati “Bari batubariye ibihumbi 37 kuri metero kare imwe, Akarere kayashyira ku bihumbi 21 ngo ntituri mu mujyi. Tukibaza ukuntu turi mu Murenge wa Kameme kandi ari Umurenge w’umujyi tunaturiye ikibuga cy’indege ariko ntitubarwe nk’abawutuyemo.”

Nyuma yuko n’ayo macye ageze kuri bamwe abandi ntibayabone, abatarayabonye batangiye gusiragira ku Biro by’Akarere no ku kigo cya gisirikare kugira ngo bamenye impamvu yabiteye ariko kugeza n’ubu bakaba batarabona gisubizo.

Mukandakebuka Verena ati “Bageze aho baduha nimero z’umusirikare w’aho ngaho muri MINADEF tumuhamagaye nimero ze ntizacamo. Nyuma twasubiyeyo batubwira ngo mu kwa 8 none dore ukwa 9 nako kurarangiye.”

Aba baturage bavuga ko kuba barasigaye mu matongo nabwo batatanye bituma bagira ikibazo cy’umutekano mucye.

Kuradusenge Elie ati “Turi mu matongo. Nkanjye urabona ko abaturanyi banjye bose bagiye ubu ntawe nasaba umunyu cyangwa ikibiriti. Aha hari abajura badasiba ni ukurara tutaryamye tudasinziriye.”

Ndwaniye Sudi na we ati “Reba nanjye nari mfite abaturanyi nka 25 , ariko nasigaye rwagati ndi umwe, mba nibaza niba nzimuka nkagenda batanyishyuye byaranyobeye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga avuga ko icyatumye bamwe bayabona hakaba hasigaye abagera kuri 25 bakiyategereje, ari uko habaye ho amakosa mu byangombwa byabo ariko Akarere kakaba kari gukorana na Minisiteri y’Ingabo ngo bijye ku murongo.

Ati “Bamwe bari bagize ikibazo cyo kutabona amafaranga yabo ku gihe kubera batari bujuje ibyangombwa mu gihe babarirwaga.”

Aba bavuze ikibazo cyo kutishyurwa imitungo yabo nyuma gato yuko hari abandi barenga 100 bo mu Murenge wa Gihundwe na bo baherutse kubwira RADIOTV10 ko umwaka wihiritse batarabona ayo babariwe na Minisiteri y’Ingabo babwirwa ko bari buyabone mu mezi 3 none abamaze kuyabona bakaba ari 7 gusa.

Aba baturage baturiye ikibuga cy’indege cya Kamembe
Ubu babayeho bafite ikibazo cy’umutekano kubera gusigara bonyine
Bibaza iherezo ry’iki kibazo bikabayobera

Ubu bari mu matongo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe amakuru ku ndwara yagaragaye mu Rwanda n’ikiri gukorwa

Next Post

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.