Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize

radiotv10by radiotv10
28/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari abasaba Minisiteri y’Ingabo kwibuka isezerano ry’ibyo bumvikanye mu myaka ibiri ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe baturiye ikibuga cy’indege cya Kamembe, bamaze imyaka ibiri babariwe imitungo ngo bimuke hagurwe imbibi z’iki kibuga, barasaba Minisiteri y’Ingabo kubahiriza amasezerano bagiranye nyuma yuko bamwe babonye amafaranga bakimuka, abandi bagasigara batuye mu matongo bonyine.

Mu bagera kuri 70 bari batuye muri metero nke uvuye ku ruzitiro rw’ikibuga cy’indege, habarwa abagera muri 25 batarabona amafaranga babariwe ari na bo basigaye bahatuye, mu gihe abandi bagiye gutura ahandi nyuma yo kwishyuirwa.

Bavuga ko ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwababariye ku giciro cyiza bari bishimiye, ariko nyuma Akarere kaza kubabwira ko babariwe menshi bituma agabanywa.

Kabagwira Salima ati “Nkanjye bari barambariye miliyoni 16 kandi nari nabyishimiye pe, ariko nyuma abo ku Karere baraje bampereza miliyoni 10.”

Kuradusenge Elie na we ati “Bari batubariye ibihumbi 37 kuri metero kare imwe, Akarere kayashyira ku bihumbi 21 ngo ntituri mu mujyi. Tukibaza ukuntu turi mu Murenge wa Kameme kandi ari Umurenge w’umujyi tunaturiye ikibuga cy’indege ariko ntitubarwe nk’abawutuyemo.”

Nyuma yuko n’ayo macye ageze kuri bamwe abandi ntibayabone, abatarayabonye batangiye gusiragira ku Biro by’Akarere no ku kigo cya gisirikare kugira ngo bamenye impamvu yabiteye ariko kugeza n’ubu bakaba batarabona gisubizo.

Mukandakebuka Verena ati “Bageze aho baduha nimero z’umusirikare w’aho ngaho muri MINADEF tumuhamagaye nimero ze ntizacamo. Nyuma twasubiyeyo batubwira ngo mu kwa 8 none dore ukwa 9 nako kurarangiye.”

Aba baturage bavuga ko kuba barasigaye mu matongo nabwo batatanye bituma bagira ikibazo cy’umutekano mucye.

Kuradusenge Elie ati “Turi mu matongo. Nkanjye urabona ko abaturanyi banjye bose bagiye ubu ntawe nasaba umunyu cyangwa ikibiriti. Aha hari abajura badasiba ni ukurara tutaryamye tudasinziriye.”

Ndwaniye Sudi na we ati “Reba nanjye nari mfite abaturanyi nka 25 , ariko nasigaye rwagati ndi umwe, mba nibaza niba nzimuka nkagenda batanyishyuye byaranyobeye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Anicet Kibiriga avuga ko icyatumye bamwe bayabona hakaba hasigaye abagera kuri 25 bakiyategereje, ari uko habaye ho amakosa mu byangombwa byabo ariko Akarere kakaba kari gukorana na Minisiteri y’Ingabo ngo bijye ku murongo.

Ati “Bamwe bari bagize ikibazo cyo kutabona amafaranga yabo ku gihe kubera batari bujuje ibyangombwa mu gihe babarirwaga.”

Aba bavuze ikibazo cyo kutishyurwa imitungo yabo nyuma gato yuko hari abandi barenga 100 bo mu Murenge wa Gihundwe na bo baherutse kubwira RADIOTV10 ko umwaka wihiritse batarabona ayo babariwe na Minisiteri y’Ingabo babwirwa ko bari buyabone mu mezi 3 none abamaze kuyabona bakaba ari 7 gusa.

Aba baturage baturiye ikibuga cy’indege cya Kamembe
Ubu babayeho bafite ikibazo cy’umutekano kubera gusigara bonyine
Bibaza iherezo ry’iki kibazo bikabayobera

Ubu bari mu matongo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

BREAKING: Hatangajwe amakuru ku ndwara yagaragaye mu Rwanda n’ikiri gukorwa

Next Post

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

Ibidasanzwe wamenya ku bwoko bw’Aba-Tsimane baba mu ishyamba ry’inzitane rizwi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.