Wednesday, October 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo Umugabane wa Afurika watekerezaga umushinga wo gutangiza uruganda rukora inkingo, hari ababanje kuvuga ko kugira ngo ruboneke bizafata imyaka 30, none ubu mu mwaka umwe ruruzuye mu Rwanda.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gitunganya inkingo n’imiti cya BioNTech kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Paul Kagame yavuze ko kubaka iki gikorwa no kugishyiraho, byakozwe ku rwego ruhanitse nk’urw’izindi nganda zo ku Isi hose.

Ati “Benshi mu bakozi ni abo muri Afurika, barimo Abayobozi Bakuru bakurikiranye imyubakire ndetse n’abubatsi bo muri Nigeria. Ireme ryacyo ni kimwe n’iry’ibyo mushobora gusanga ahandi hose.”

Yagarutse ku busumbane mu gusaranganya inkingo bwagaragaye ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kubonerwa urukingo, bwazahaje Umubagabe wa Afurika.

Ati “Twisanze tujya gukomanga ahantu hose, dusaba inkingo kandi ikibazo cyariho ntabwo cyari icyo kwihanganirwa. Hanyuma Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, twishyize hamwe twiyemeza gushyiraho uruganda ruzatuma tutazongera kuba mu bihe nk’ibyo ukundi.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko aho ari ho haturutse igitekerezo cyo kuba u Rwanda, Senegal, Afurika y’Epfo na Ghana, biba Ibihugu bya mbere byo gukorerwamo igerageza ryo gutanganyirizwamo inkingo, ndetse n’ibindi Bihugu bikagenda bibyiyungaho, bigatuma ubufatanye butanga umusaruro ushimishije.

Yavuze ko muri urwo rugendo hanatekerejwe gushyiraho Ishami ry’Ikigo Nyafurika cy’imiti, kizaba gifite icyicaro i Kigali mu Rwanda.

Yagarutse ku bwoko bw’inkingo zizajya zitunganywa n’iki kigo, avuga ko bukoranye ikoranabuhanga rihanitse rya mRNA, avuga ko ubwo ryatangizwaga, byavugwaga ko ridashobora gukandagira muri Afurika ku buryo byatumaga urwego rw’ubuvuzi bwa Afurika, rukomeza guhora n’imbogamizi.

Ati “Nyuma ubwo twatangiraga urugendo rwo gukora inkingo ku Mugabane wacu, hari abatubwiraga ko bishobora kuzafata nibura imyaka 30 ariko byose byari ibinyoma, ni ibintu bishoboka, kandi impamvu yo kugira ngo bishoboke, ni n’uko ari ngombwa.”

Imirimo yo kubaka uru ruganda, yatangijwe muri Kamena umwaka ushize wa 2022, mu muhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo; Umuyobozi Mukuru wa BioNTech, Prof Dr Uğur Şahin; Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, ndetse n’Umuyobozi w’Ishami rya Loni rishinzwe Ubuzima,  Tedros Adhanom Ghebreyesus.

Yavuze ko ubufatanye bwa BioNtech na Afurika, bwagaragaje ko ikoranabuhanga mu gukora inkingo, ryagera ahantu hose ntawe risubije inyuma.

Ati “Ariko ntitwari kugera kuri iki gikorwa hatabayeho ubufatanye bwagutse. Habayeho kubyumvikanisha mu buryo bwihuse, kandi Isi yiyemeza gushyigikira umuhate wa Afurika.”

By’umwihariko yaboneyeho gushimira Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wabaye hafi iki gikorwa mu kugitera inkunga ku bufatanye bwa BioNtech, by’umwihariko ukaba warafashije u Rwanda mu kubaka ubushobozi mu bijyanye n’amategeko, amahugurwa n’ubumenyi ndetse no mu bushakashatsi.

N’ibihugu binyuranye byiyemeje gushyigikira u Rwanda muri uyu mushinga, by’umwihariko u Budage ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, barushyigikiye mu buryo bunyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 6 =

Previous Post

Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Related Posts

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo

by radiotv10
15/10/2025
0

Bamwe mu bageze mu zabukuru bahabwa inkunga y'ingoboka bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu bavuga ko ubu...

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

by radiotv10
15/10/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rumaze imyaka 31 ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’ubu rukaba...

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

by radiotv10
15/10/2025
0

Nyuma y’uko hari abaturage bagera kuri 17 bo mu murenge wa Ruharambuga bamaze umwaka batarishyurwa amafaranga y’imibyizi bakoze ubwo hubakwaga...

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

by radiotv10
15/10/2025
0

Umusaza uri mu kigero cy’imyaka 70 wo mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana bamusanze mu bwiherero yapfuye, bikekwa...

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

IZIHERUKA

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo

by radiotv10
15/10/2025
0

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

15/10/2025
Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

15/10/2025
Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyapolitiki uzwi muri Kenya Raila Odinga yitabye Imana

15/10/2025
Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

Nyamasheke: Akarere na Rwiyemezamirimo baritana bamwana ku bwambuzi bwakorewe abaturage

15/10/2025
Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

Umusaza basanze mu bwiherero yapfuye bikekwa ko yiyahuye haravugwa igishobora kuba cyabimuteye

15/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Abageze mu zabukuru bararira ayo kwarika hakiyongeraho n’urujijo

Breaking: Nyuma y’amasaha AFC/M23 na DRC basinye amasezerano hahise hagaragara ibinyuranye nayo

Perezida Kagame avuga ko umwijima wose u Rwanda rwanyuramo hagomba kubaho urumuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.