Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo Umugabane wa Afurika watekerezaga umushinga wo gutangiza uruganda rukora inkingo, hari ababanje kuvuga ko kugira ngo ruboneke bizafata imyaka 30, none ubu mu mwaka umwe ruruzuye mu Rwanda.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gitunganya inkingo n’imiti cya BioNTech kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Paul Kagame yavuze ko kubaka iki gikorwa no kugishyiraho, byakozwe ku rwego ruhanitse nk’urw’izindi nganda zo ku Isi hose.

Ati “Benshi mu bakozi ni abo muri Afurika, barimo Abayobozi Bakuru bakurikiranye imyubakire ndetse n’abubatsi bo muri Nigeria. Ireme ryacyo ni kimwe n’iry’ibyo mushobora gusanga ahandi hose.”

Yagarutse ku busumbane mu gusaranganya inkingo bwagaragaye ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kubonerwa urukingo, bwazahaje Umubagabe wa Afurika.

Ati “Twisanze tujya gukomanga ahantu hose, dusaba inkingo kandi ikibazo cyariho ntabwo cyari icyo kwihanganirwa. Hanyuma Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, twishyize hamwe twiyemeza gushyiraho uruganda ruzatuma tutazongera kuba mu bihe nk’ibyo ukundi.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko aho ari ho haturutse igitekerezo cyo kuba u Rwanda, Senegal, Afurika y’Epfo na Ghana, biba Ibihugu bya mbere byo gukorerwamo igerageza ryo gutanganyirizwamo inkingo, ndetse n’ibindi Bihugu bikagenda bibyiyungaho, bigatuma ubufatanye butanga umusaruro ushimishije.

Yavuze ko muri urwo rugendo hanatekerejwe gushyiraho Ishami ry’Ikigo Nyafurika cy’imiti, kizaba gifite icyicaro i Kigali mu Rwanda.

Yagarutse ku bwoko bw’inkingo zizajya zitunganywa n’iki kigo, avuga ko bukoranye ikoranabuhanga rihanitse rya mRNA, avuga ko ubwo ryatangizwaga, byavugwaga ko ridashobora gukandagira muri Afurika ku buryo byatumaga urwego rw’ubuvuzi bwa Afurika, rukomeza guhora n’imbogamizi.

Ati “Nyuma ubwo twatangiraga urugendo rwo gukora inkingo ku Mugabane wacu, hari abatubwiraga ko bishobora kuzafata nibura imyaka 30 ariko byose byari ibinyoma, ni ibintu bishoboka, kandi impamvu yo kugira ngo bishoboke, ni n’uko ari ngombwa.”

Imirimo yo kubaka uru ruganda, yatangijwe muri Kamena umwaka ushize wa 2022, mu muhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo; Umuyobozi Mukuru wa BioNTech, Prof Dr Uğur Şahin; Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, ndetse n’Umuyobozi w’Ishami rya Loni rishinzwe Ubuzima,  Tedros Adhanom Ghebreyesus.

Yavuze ko ubufatanye bwa BioNtech na Afurika, bwagaragaje ko ikoranabuhanga mu gukora inkingo, ryagera ahantu hose ntawe risubije inyuma.

Ati “Ariko ntitwari kugera kuri iki gikorwa hatabayeho ubufatanye bwagutse. Habayeho kubyumvikanisha mu buryo bwihuse, kandi Isi yiyemeza gushyigikira umuhate wa Afurika.”

By’umwihariko yaboneyeho gushimira Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wabaye hafi iki gikorwa mu kugitera inkunga ku bufatanye bwa BioNtech, by’umwihariko ukaba warafashije u Rwanda mu kubaka ubushobozi mu bijyanye n’amategeko, amahugurwa n’ubumenyi ndetse no mu bushakashatsi.

N’ibihugu binyuranye byiyemeje gushyigikira u Rwanda muri uyu mushinga, by’umwihariko u Budage ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, barushyigikiye mu buryo bunyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.