Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari abatubwiraga ko bizatwara imyaka 30-P.Kagame yahishuye urucantege rwabayeho hatekerezwa Uruganda rw’Inkingo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo Umugabane wa Afurika watekerezaga umushinga wo gutangiza uruganda rukora inkingo, hari ababanje kuvuga ko kugira ngo ruboneke bizafata imyaka 30, none ubu mu mwaka umwe ruruzuye mu Rwanda.

Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gitunganya inkingo n’imiti cya BioNTech kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Paul Kagame yavuze ko kubaka iki gikorwa no kugishyiraho, byakozwe ku rwego ruhanitse nk’urw’izindi nganda zo ku Isi hose.

Ati “Benshi mu bakozi ni abo muri Afurika, barimo Abayobozi Bakuru bakurikiranye imyubakire ndetse n’abubatsi bo muri Nigeria. Ireme ryacyo ni kimwe n’iry’ibyo mushobora gusanga ahandi hose.”

Yagarutse ku busumbane mu gusaranganya inkingo bwagaragaye ubwo icyorezo cya COVID-19 cyari kimaze kubonerwa urukingo, bwazahaje Umubagabe wa Afurika.

Ati “Twisanze tujya gukomanga ahantu hose, dusaba inkingo kandi ikibazo cyariho ntabwo cyari icyo kwihanganirwa. Hanyuma Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, twishyize hamwe twiyemeza gushyiraho uruganda ruzatuma tutazongera kuba mu bihe nk’ibyo ukundi.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko aho ari ho haturutse igitekerezo cyo kuba u Rwanda, Senegal, Afurika y’Epfo na Ghana, biba Ibihugu bya mbere byo gukorerwamo igerageza ryo gutanganyirizwamo inkingo, ndetse n’ibindi Bihugu bikagenda bibyiyungaho, bigatuma ubufatanye butanga umusaruro ushimishije.

Yavuze ko muri urwo rugendo hanatekerejwe gushyiraho Ishami ry’Ikigo Nyafurika cy’imiti, kizaba gifite icyicaro i Kigali mu Rwanda.

Yagarutse ku bwoko bw’inkingo zizajya zitunganywa n’iki kigo, avuga ko bukoranye ikoranabuhanga rihanitse rya mRNA, avuga ko ubwo ryatangizwaga, byavugwaga ko ridashobora gukandagira muri Afurika ku buryo byatumaga urwego rw’ubuvuzi bwa Afurika, rukomeza guhora n’imbogamizi.

Ati “Nyuma ubwo twatangiraga urugendo rwo gukora inkingo ku Mugabane wacu, hari abatubwiraga ko bishobora kuzafata nibura imyaka 30 ariko byose byari ibinyoma, ni ibintu bishoboka, kandi impamvu yo kugira ngo bishoboke, ni n’uko ari ngombwa.”

Imirimo yo kubaka uru ruganda, yatangijwe muri Kamena umwaka ushize wa 2022, mu muhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo; Umuyobozi Mukuru wa BioNTech, Prof Dr Uğur Şahin; Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, ndetse n’Umuyobozi w’Ishami rya Loni rishinzwe Ubuzima,  Tedros Adhanom Ghebreyesus.

Yavuze ko ubufatanye bwa BioNtech na Afurika, bwagaragaje ko ikoranabuhanga mu gukora inkingo, ryagera ahantu hose ntawe risubije inyuma.

Ati “Ariko ntitwari kugera kuri iki gikorwa hatabayeho ubufatanye bwagutse. Habayeho kubyumvikanisha mu buryo bwihuse, kandi Isi yiyemeza gushyigikira umuhate wa Afurika.”

By’umwihariko yaboneyeho gushimira Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wabaye hafi iki gikorwa mu kugitera inkunga ku bufatanye bwa BioNtech, by’umwihariko ukaba warafashije u Rwanda mu kubaka ubushobozi mu bijyanye n’amategeko, amahugurwa n’ubumenyi ndetse no mu bushakashatsi.

N’ibihugu binyuranye byiyemeje gushyigikira u Rwanda muri uyu mushinga, by’umwihariko u Budage ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima, barushyigikiye mu buryo bunyuranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − four =

Previous Post

Hasobanuwe icyatumye indege yari igiye kugwa i Kigali isubira aho yari ivuye igitaraganya

Next Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare 700 barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali 21

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.