Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bagiye basendwa [birukanwa] n’abagabo babo bakimara gushakana, kuko babaga babatumye kujya kuzana amafaranga iwabo bakayabura, dore ko ari ingeso yeze muri aka gace.

Umwe mu batumwe kuzana amafaranga n’uwo bashakanye nyuma gato yo gukora ubukwe, ni Uwineza Patricie; wabwiye RADIOTV10 ko yashatse umugabo yumva ko kuba ashinze urugo bigiye kumwibagiza ubuzima bw’ubupfubyi yakuriyemo, ariko bikaba nko guhungira ubwayi mu kigunda.

Ati “Njyewe numvaga ko ubuzima bw’ubupfubyi burangiye kuko numvaga ko ari we Mana yanjye mbonye. Nkihagera aba antumye amafaranga ngo yo gutamika kenshi (ibikoresho by’uburyobyi) njya aho bandeze barayampa ndayazana sinanamenye aho yarengeye ahubwo yambwiye ko akenshi kahiriye muri Congo.”

Uyu mugore avuga ko uyu bashakanye, atari azanywe n’urukundo, ahubwo ko yari amukurikiyeho amafaranga kuko yarezwe n’umuryango wari wifite.

Ati “Yaje akurikiye amafaranga kuko narerewe mu rugo ruyafiye, abonye ubukwe burimo imodoka zitandukanye yizera amafaranga nyuma ayabuze aranjugunya nk’uko ubu ndi njenyine.”

Maome Console na we yagize ati “Njyewe arayantuma si rimwe si kabiri, twashakanye mfite imyaka 17 kugeza ubu tubyaranye gatatu ariko agishaka ko muzanira amafaranga.”

Abahuye n’iki kibazo cyo gutumwa iwabo amafaranga n’abo bashakanye, bavuga ko hari n’ubwo ababyeyi b’umugabo babimushyigikiramo bakanakangisha umugore ko natayazana umuhungu wabo azishakira undi mugore nk’uko byagendekeye uyu mugore Maome.

Agira ati “N’iwabo barambwira bati ‘genda uzane amafaranga’, ejobundi tuvuye mu Bugande iwabo bambwiye kujya kuzana ibihumbi Magana atatu ngo nyazanire umugabo akore, mbabwiye ko iwacu ntayahari bambwira ko nintayazana umuhungu wabo ajya gushaka uyamuha, none ubu yantaye mu ikode n’abana batatu ngo hari umukobwa w’i Nyamasheke ugiye kumuha miliyoni eshatu ngo amubere umugabo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Ntivuguruzwa Gervais avuga ko ibyo ari ihohoterwa nk’andi yose, kandi ubuyobozi ntako buba butagize mu kwigisha abagiye gushyingirwa.

Ati “Nubwo muri Nkanka tutarabibona ku bwiganze bwinshi, ariko hari igihe twumva ayo makuru. Ni ihohoterwa nk’andi yose, ariko nk’ubuyobozi ntabwo tubyemera kumva ko umugore azahozwa ku nkeke ngo najye kuzana imitungo iwabo. Ntabwo bikwiye ni umuco mubi binahabanye n’amasomo tubigisha mbere yo kubasezeranya.”

Mu bagore bagera mu 10 baganirije umunyamakuru, bose bamuhamirije ko mu bihe bitandukanye bagiye batumwa iwabo kuzana amafaranga n’abo bashakanye, bakayabura bikabaviramo kwahukana no gusendwa n’abagabo babo.

Ibi biravugwa mu Murenge wa Nkanka
Uwineza avuga ko amaze imyaka irindwi yaratawe n’umugabo kubera kubura amafaranga yo kumuhonga
Mawome avuga ibye byajemo kidobya
Ni ikibazo cyabaye ku bagore benshi
Gitifu avuga ko bagiye guhagurukira iki kibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Next Post

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.