Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita

radiotv10by radiotv10
25/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari ahadutse ingeso y’ibyo abagabo bakora bagishaka ituma zimwe mu ngo zisenyuka rugikubita
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bagiye basendwa [birukanwa] n’abagabo babo bakimara gushakana, kuko babaga babatumye kujya kuzana amafaranga iwabo bakayabura, dore ko ari ingeso yeze muri aka gace.

Umwe mu batumwe kuzana amafaranga n’uwo bashakanye nyuma gato yo gukora ubukwe, ni Uwineza Patricie; wabwiye RADIOTV10 ko yashatse umugabo yumva ko kuba ashinze urugo bigiye kumwibagiza ubuzima bw’ubupfubyi yakuriyemo, ariko bikaba nko guhungira ubwayi mu kigunda.

Ati “Njyewe numvaga ko ubuzima bw’ubupfubyi burangiye kuko numvaga ko ari we Mana yanjye mbonye. Nkihagera aba antumye amafaranga ngo yo gutamika kenshi (ibikoresho by’uburyobyi) njya aho bandeze barayampa ndayazana sinanamenye aho yarengeye ahubwo yambwiye ko akenshi kahiriye muri Congo.”

Uyu mugore avuga ko uyu bashakanye, atari azanywe n’urukundo, ahubwo ko yari amukurikiyeho amafaranga kuko yarezwe n’umuryango wari wifite.

Ati “Yaje akurikiye amafaranga kuko narerewe mu rugo ruyafiye, abonye ubukwe burimo imodoka zitandukanye yizera amafaranga nyuma ayabuze aranjugunya nk’uko ubu ndi njenyine.”

Maome Console na we yagize ati “Njyewe arayantuma si rimwe si kabiri, twashakanye mfite imyaka 17 kugeza ubu tubyaranye gatatu ariko agishaka ko muzanira amafaranga.”

Abahuye n’iki kibazo cyo gutumwa iwabo amafaranga n’abo bashakanye, bavuga ko hari n’ubwo ababyeyi b’umugabo babimushyigikiramo bakanakangisha umugore ko natayazana umuhungu wabo azishakira undi mugore nk’uko byagendekeye uyu mugore Maome.

Agira ati “N’iwabo barambwira bati ‘genda uzane amafaranga’, ejobundi tuvuye mu Bugande iwabo bambwiye kujya kuzana ibihumbi Magana atatu ngo nyazanire umugabo akore, mbabwiye ko iwacu ntayahari bambwira ko nintayazana umuhungu wabo ajya gushaka uyamuha, none ubu yantaye mu ikode n’abana batatu ngo hari umukobwa w’i Nyamasheke ugiye kumuha miliyoni eshatu ngo amubere umugabo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Ntivuguruzwa Gervais avuga ko ibyo ari ihohoterwa nk’andi yose, kandi ubuyobozi ntako buba butagize mu kwigisha abagiye gushyingirwa.

Ati “Nubwo muri Nkanka tutarabibona ku bwiganze bwinshi, ariko hari igihe twumva ayo makuru. Ni ihohoterwa nk’andi yose, ariko nk’ubuyobozi ntabwo tubyemera kumva ko umugore azahozwa ku nkeke ngo najye kuzana imitungo iwabo. Ntabwo bikwiye ni umuco mubi binahabanye n’amasomo tubigisha mbere yo kubasezeranya.”

Mu bagore bagera mu 10 baganirije umunyamakuru, bose bamuhamirije ko mu bihe bitandukanye bagiye batumwa iwabo kuzana amafaranga n’abo bashakanye, bakayabura bikabaviramo kwahukana no gusendwa n’abagabo babo.

Ibi biravugwa mu Murenge wa Nkanka
Uwineza avuga ko amaze imyaka irindwi yaratawe n’umugabo kubera kubura amafaranga yo kumuhonga
Mawome avuga ibye byajemo kidobya
Ni ikibazo cyabaye ku bagore benshi
Gitifu avuga ko bagiye guhagurukira iki kibazo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 20 =

Previous Post

Namibia: Menya amateka ashobora gusiga yanditswe n’Amatora ya Perezida ategerejwe

Next Post

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Amakuru arambuye ku mugabo wagaragaye akubitana ubugome umugore mu ruhame bikababaza ababibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.