Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura imikorere y’inzego zimwe zikora imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo, birimo n’ibihuza Umujyi wa Kigali n’Intara, aho harimo icyerekezo umuntu azajya yishyura 8 450 Frw.

Ibi biciro bishya bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, bikazatangira kubahirizwa mu mpera z’iki cyumweru, tariki 16 Werurwe.

Ni ibiciro byatangajwe nyuma y’uko bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, barimo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, n’uw’Imari n’Igenamigambo, Dr Uzziel Ndagijimana, bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyasobanuriwemo iby’izi mpinduka z’ibiciro by’ingendo.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yatangaje ko kuva muri 2021, Leta yari isanzwe yongerera umugenzi 35% ku mafaranga ya Tike, ariko ko iyi nkunganire igiye kuvaho, gusa ngo izakomeza gushyirwa mu zindi gahunda zo korohereza Abaturarwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko aya mafaranga atakuwe muri iyi nkunganire ngo ajye kubikwa, ahubwo ko n’ubundi azakomeza gukoreshwa mu gutuma imibereho y’Abanyarwanda iba myiza.

Yagize ati “Ntabwo ari amafaranga Leta ibika ngo iyajyane ahandi. Ni amafaranga agenerwa abaturage ava muri nkunganire y’itike, ariko hari izindi nkunganire zihari zikomeza. Ni ugukura mu mufuka umwe ushyira mu wundi, na wo w’umuntu umwe.”

Iyi nkunganire kandi izakomeza gushyirwa n’ubundi mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, aho izi nzego zatangaje ko izi serivisi zigiye kurushaho gutangwa mu buryo bunoze, ku buryo ibibazo byakunze kuzivugwamo by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, bigiye kuranduka.

 

Ingendo zerecyeza mu Ntara hari aho itike yikubye hafi kabiri

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, RURA yahise ishyira hanze itangazo ry’ibiciro bishya by’izi ngendo, birimo ibyo mu Mujyi wa Kigali ndetse n’iby’ingendo zihuza uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda n’Intara.

Nko mu mihanda igana mu Ntara y’Amajyepfo, ari na ho hagaragaye ibiciro biri hejuru kurusha ahandi, mu Muhanda Nyabugogo-Kamembe wanyuze i Huye, igiciro cy’urugendo ni 8 450 Frw, mu gihe Nyabugogo-Pindura ari 8 070 Frw, Muhanga-Kamembe wanyuze Huye, kikaba ari 7 090 Frw, ndetse na Nyabugogo Mushubi bikaba 7 032 Frw.

Nanone kandi mu byerecyezo bigana mu Ntara y’Iburengerazuba, Nyabugogo-Kamembe waciye i Karongi, ho ni 7 602 Frw, mu gihe Muhanga-Kamembe wanyuze i Karongi ho ari 6 301 Frw.

BIMWE MU BICIRO

Wareba ibiciro byose by’ingenzo zihuza Kigali n’Intara unyuze hano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + two =

Previous Post

Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya

Next Post

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.