Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura imikorere y’inzego zimwe zikora imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo, birimo n’ibihuza Umujyi wa Kigali n’Intara, aho harimo icyerekezo umuntu azajya yishyura 8 450 Frw.

Ibi biciro bishya bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, bikazatangira kubahirizwa mu mpera z’iki cyumweru, tariki 16 Werurwe.

Ni ibiciro byatangajwe nyuma y’uko bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, barimo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, n’uw’Imari n’Igenamigambo, Dr Uzziel Ndagijimana, bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyasobanuriwemo iby’izi mpinduka z’ibiciro by’ingendo.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yatangaje ko kuva muri 2021, Leta yari isanzwe yongerera umugenzi 35% ku mafaranga ya Tike, ariko ko iyi nkunganire igiye kuvaho, gusa ngo izakomeza gushyirwa mu zindi gahunda zo korohereza Abaturarwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko aya mafaranga atakuwe muri iyi nkunganire ngo ajye kubikwa, ahubwo ko n’ubundi azakomeza gukoreshwa mu gutuma imibereho y’Abanyarwanda iba myiza.

Yagize ati “Ntabwo ari amafaranga Leta ibika ngo iyajyane ahandi. Ni amafaranga agenerwa abaturage ava muri nkunganire y’itike, ariko hari izindi nkunganire zihari zikomeza. Ni ugukura mu mufuka umwe ushyira mu wundi, na wo w’umuntu umwe.”

Iyi nkunganire kandi izakomeza gushyirwa n’ubundi mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, aho izi nzego zatangaje ko izi serivisi zigiye kurushaho gutangwa mu buryo bunoze, ku buryo ibibazo byakunze kuzivugwamo by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, bigiye kuranduka.

 

Ingendo zerecyeza mu Ntara hari aho itike yikubye hafi kabiri

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, RURA yahise ishyira hanze itangazo ry’ibiciro bishya by’izi ngendo, birimo ibyo mu Mujyi wa Kigali ndetse n’iby’ingendo zihuza uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda n’Intara.

Nko mu mihanda igana mu Ntara y’Amajyepfo, ari na ho hagaragaye ibiciro biri hejuru kurusha ahandi, mu Muhanda Nyabugogo-Kamembe wanyuze i Huye, igiciro cy’urugendo ni 8 450 Frw, mu gihe Nyabugogo-Pindura ari 8 070 Frw, Muhanga-Kamembe wanyuze Huye, kikaba ari 7 090 Frw, ndetse na Nyabugogo Mushubi bikaba 7 032 Frw.

Nanone kandi mu byerecyezo bigana mu Ntara y’Iburengerazuba, Nyabugogo-Kamembe waciye i Karongi, ho ni 7 602 Frw, mu gihe Muhanga-Kamembe wanyuze i Karongi ho ari 6 301 Frw.

BIMWE MU BICIRO

Wareba ibiciro byose by’ingenzo zihuza Kigali n’Intara unyuze hano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya

Next Post

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.