Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara

radiotv10by radiotv10
13/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari aho itike ikabakaba mu 9.000Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo zigana mu Ntara
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura imikorere y’inzego zimwe zikora imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo, birimo n’ibihuza Umujyi wa Kigali n’Intara, aho harimo icyerekezo umuntu azajya yishyura 8 450 Frw.

Ibi biciro bishya bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Werurwe, bikazatangira kubahirizwa mu mpera z’iki cyumweru, tariki 16 Werurwe.

Ni ibiciro byatangajwe nyuma y’uko bamwe mu bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, barimo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, uw’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, n’uw’Imari n’Igenamigambo, Dr Uzziel Ndagijimana, bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyasobanuriwemo iby’izi mpinduka z’ibiciro by’ingendo.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yatangaje ko kuva muri 2021, Leta yari isanzwe yongerera umugenzi 35% ku mafaranga ya Tike, ariko ko iyi nkunganire igiye kuvaho, gusa ngo izakomeza gushyirwa mu zindi gahunda zo korohereza Abaturarwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko aya mafaranga atakuwe muri iyi nkunganire ngo ajye kubikwa, ahubwo ko n’ubundi azakomeza gukoreshwa mu gutuma imibereho y’Abanyarwanda iba myiza.

Yagize ati “Ntabwo ari amafaranga Leta ibika ngo iyajyane ahandi. Ni amafaranga agenerwa abaturage ava muri nkunganire y’itike, ariko hari izindi nkunganire zihari zikomeza. Ni ugukura mu mufuka umwe ushyira mu wundi, na wo w’umuntu umwe.”

Iyi nkunganire kandi izakomeza gushyirwa n’ubundi mu rwego rwo gutwara abantu mu buryo bwa rusange, aho izi nzego zatangaje ko izi serivisi zigiye kurushaho gutangwa mu buryo bunoze, ku buryo ibibazo byakunze kuzivugwamo by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, bigiye kuranduka.

 

Ingendo zerecyeza mu Ntara hari aho itike yikubye hafi kabiri

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, RURA yahise ishyira hanze itangazo ry’ibiciro bishya by’izi ngendo, birimo ibyo mu Mujyi wa Kigali ndetse n’iby’ingendo zihuza uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda n’Intara.

Nko mu mihanda igana mu Ntara y’Amajyepfo, ari na ho hagaragaye ibiciro biri hejuru kurusha ahandi, mu Muhanda Nyabugogo-Kamembe wanyuze i Huye, igiciro cy’urugendo ni 8 450 Frw, mu gihe Nyabugogo-Pindura ari 8 070 Frw, Muhanga-Kamembe wanyuze Huye, kikaba ari 7 090 Frw, ndetse na Nyabugogo Mushubi bikaba 7 032 Frw.

Nanone kandi mu byerecyezo bigana mu Ntara y’Iburengerazuba, Nyabugogo-Kamembe waciye i Karongi, ho ni 7 602 Frw, mu gihe Muhanga-Kamembe wanyuze i Karongi ho ari 6 301 Frw.

BIMWE MU BICIRO

Wareba ibiciro byose by’ingenzo zihuza Kigali n’Intara unyuze hano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + two =

Previous Post

Perezida Kagame nyuma yo kwakira Odinga wifuza kuyobora AU yagize icyo amusezeranya

Next Post

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Aba mbere bakina hanze b’Amavubi bamaze kugera mu mwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.