Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru yavugwaga mu ikipe ya Rayon Sports igiye gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro izahuramo na mucyeba wayo APR FC, ni uko abakinnyi bayo basanzwe ari ngenderwaho batajyanye na bagenzi babo mu mwiherero, ubu ariko bamaze kubasangayo.

Iyi nkuru yavuzwe cyane ejo hashize tariki 01 Kamena 2023, ko abakinnyi batandatu bakomeye muri Rayon Sports batamanukanye na bagenzi babo mu Karere ka Huye mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino wa nyuma uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Kamena 2023.

Abo bakinnyi barimo kapiteni w’iyi kipe, Rwatubyaye Abdul, rutahizamu ubu uyoboye mu Rwanda Willy Léandre Onana, umunyezamu Hategekimana Bonheur, hakabamo myugariro Ndizeye Samuel usanzwe ari na kapiteni wungirije, Ngendahimana Eric na Mitima Isaac.

Byavugwaga ko icyatumye aba bakinnyi basanzwe ari ngenderwaho muri Rayon Sports, banze kujyana na bagenzi babo i Huye, kuko batarahembwa umushahara.

Bivugwa ko batarahembwa umushahara w’amezi abiri; ukwa Kane (Mata) n’ukwa Gatanu (Gicurasi), ariko aba bakinnyi bakaba bifuzaga umushahara w’ukwezi kwa Mata.

Amakuru ahari, ni uko ubu aba bakinnyi batandatu bamaze kumanuka, basanga bagenzi babo aho bari mu mwiherero, aho bacumbitse i Huye.

Aba bakinnyi bamanutse mu gicuku cy’ijoro ryacyeye nyuma y’uko biganiriweho n’abasanzwe bafite ijambo muri Rayon Sports, barimo abigeze kuba ba Perezida bayo, nka Sadate Munyakazi ndetse na Paul Muvunyi.

Aba bafite ijambo muri Rayon Sports bagerageje guturisha Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidel utari wishimiye imyitwarire y’aba bakinnyi avuga ko batazanaza mu mwiherero, ariko bakamusaba ko baza, akabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Next Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Related Posts

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.