Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru yavugwaga mu ikipe ya Rayon Sports igiye gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro izahuramo na mucyeba wayo APR FC, ni uko abakinnyi bayo basanzwe ari ngenderwaho batajyanye na bagenzi babo mu mwiherero, ubu ariko bamaze kubasangayo.

Iyi nkuru yavuzwe cyane ejo hashize tariki 01 Kamena 2023, ko abakinnyi batandatu bakomeye muri Rayon Sports batamanukanye na bagenzi babo mu Karere ka Huye mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino wa nyuma uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Kamena 2023.

Abo bakinnyi barimo kapiteni w’iyi kipe, Rwatubyaye Abdul, rutahizamu ubu uyoboye mu Rwanda Willy Léandre Onana, umunyezamu Hategekimana Bonheur, hakabamo myugariro Ndizeye Samuel usanzwe ari na kapiteni wungirije, Ngendahimana Eric na Mitima Isaac.

Byavugwaga ko icyatumye aba bakinnyi basanzwe ari ngenderwaho muri Rayon Sports, banze kujyana na bagenzi babo i Huye, kuko batarahembwa umushahara.

Bivugwa ko batarahembwa umushahara w’amezi abiri; ukwa Kane (Mata) n’ukwa Gatanu (Gicurasi), ariko aba bakinnyi bakaba bifuzaga umushahara w’ukwezi kwa Mata.

Amakuru ahari, ni uko ubu aba bakinnyi batandatu bamaze kumanuka, basanga bagenzi babo aho bari mu mwiherero, aho bacumbitse i Huye.

Aba bakinnyi bamanutse mu gicuku cy’ijoro ryacyeye nyuma y’uko biganiriweho n’abasanzwe bafite ijambo muri Rayon Sports, barimo abigeze kuba ba Perezida bayo, nka Sadate Munyakazi ndetse na Paul Muvunyi.

Aba bafite ijambo muri Rayon Sports bagerageje guturisha Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidel utari wishimiye imyitwarire y’aba bakinnyi avuga ko batazanaza mu mwiherero, ariko bakamusaba ko baza, akabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fourteen =

Previous Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Next Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Related Posts

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

IZIHERUKA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya
IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.