• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru yavugwaga mu ikipe ya Rayon Sports igiye gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro izahuramo na mucyeba wayo APR FC, ni uko abakinnyi bayo basanzwe ari ngenderwaho batajyanye na bagenzi babo mu mwiherero, ubu ariko bamaze kubasangayo.

Iyi nkuru yavuzwe cyane ejo hashize tariki 01 Kamena 2023, ko abakinnyi batandatu bakomeye muri Rayon Sports batamanukanye na bagenzi babo mu Karere ka Huye mu mwiherero wo kwitegura uyu mukino wa nyuma uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Kamena 2023.

Abo bakinnyi barimo kapiteni w’iyi kipe, Rwatubyaye Abdul, rutahizamu ubu uyoboye mu Rwanda Willy Léandre Onana, umunyezamu Hategekimana Bonheur, hakabamo myugariro Ndizeye Samuel usanzwe ari na kapiteni wungirije, Ngendahimana Eric na Mitima Isaac.

Byavugwaga ko icyatumye aba bakinnyi basanzwe ari ngenderwaho muri Rayon Sports, banze kujyana na bagenzi babo i Huye, kuko batarahembwa umushahara.

Bivugwa ko batarahembwa umushahara w’amezi abiri; ukwa Kane (Mata) n’ukwa Gatanu (Gicurasi), ariko aba bakinnyi bakaba bifuzaga umushahara w’ukwezi kwa Mata.

Amakuru ahari, ni uko ubu aba bakinnyi batandatu bamaze kumanuka, basanga bagenzi babo aho bari mu mwiherero, aho bacumbitse i Huye.

Aba bakinnyi bamanutse mu gicuku cy’ijoro ryacyeye nyuma y’uko biganiriweho n’abasanzwe bafite ijambo muri Rayon Sports, barimo abigeze kuba ba Perezida bayo, nka Sadate Munyakazi ndetse na Paul Muvunyi.

Aba bafite ijambo muri Rayon Sports bagerageje guturisha Perezida w’iyi kipe, Uwayezu Jean Fidel utari wishimiye imyitwarire y’aba bakinnyi avuga ko batazanaza mu mwiherero, ariko bakamusaba ko baza, akabyemera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 2 =

Previous Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Next Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.