Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari intambwe yatewe mu bujurire ku cyemezo kuri Kabuga cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
22/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hari intambwe yatewe mu bujurire ku cyemezo kuri Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha, rwatangaje ko rwamaze kwakira ubujurire bw’Ubushinjacyaha ku cyemezo giherutse gufatwa mu rubanza ruburanishwamo Kabuga Felicien ko adafite ubushobozi bwo kuburana.

Iki cyemezo kitakiriwe neza n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kubera uruhare rukomeye rukekwa kuri Kabuga, cyafashwe mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 06 Kamena 2023.

Uru Rukiko rwavugaga ko hakurikijwe raporo y’impuguke, uyu musaza Kabuga Felicien ngo adafite ubushobozi bwo kuba yakurikirana iburanishwa rye, ngo kubera ibibazo by’ubuzima bikomeye afite.

Gusa Ubushinjacyaha bw’uru Rwego, bwari buherutse gutangaza ko kiriya cyemezo atari ‘ntakorwaho’ ahubwo ko bagiye kukijuririra.

Umushinjacyaha Mukuru w’uru rwego, Serge Brammertz, tariki 12 Kamena 2023, ubwo yari mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, yari yagize ati “Uriya mwanzuro ntabwo ari uwa nyuma. Ushobora kujuririrwa. Icyo nababwira ni uko Ubushinjacyaha buri gukora ibishoboka byose kugira ngo uru rubanza rwa Kabuga rurangizwe, ariko tunareba ku burenganzira bw’uregwa.”

Ku munsi wakurikiye iri jambo, ni bwo ubushinjacyaha bwatanze ubujurire. Ibyo byaje bisubiza impungenge z’u Rwanda kuri uwo mwanzuro.

Ambasaderi Claver Gatete uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, na we wari muri iyi Nteko, yari yagarutse ku butabera bwo kuburanisha bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bukomeza kudindizwa n’Ibihugu baherereyemo.

Yari yagize ati “Ibyo ntibikerereza itangwa ry’ubutabera gusa, ahubwo bituma n’abakekwaho ibyaha badakurikiranwa. Ikintu giheruka gishimangira ibyo; ni icyemezo cy’Urukiko cyemeje ko Felicien Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana. Ni umwanzuro ubabaje cyane kubarokotse, abishwe, ndetse no kubanyarwanda bose.”

Uyu mukamwe w’imyaka 88 y’amavuko; Urukiko rwari rwanzuye ko ruzashaka ubundi buryo bwo kumuburanisha ariko hatagambiriwe kumuhamya icyaha.

Icyo cyemezo cyaje gishingiye kuri raporo y’abaganga b’indwara zo mu mutwe, cyafashwe n’Abacamanza batatu muri bane bari bayoboye iburanisha.

Uwitwa Mustapha El Baaj yitandukanije n’icyemezo cya bagenzi be barimo Iain Bonomy ukuriye iburanisha, Margaret M. deGuzman na Ivo Nelson de Caires Batista Rosa.

Ibihugu birimo n’ibikomeye ku isi byakomeje gusaba ko ubutabera bwarushaho gukora inshingano za bwo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Harimo abakiniraga amakipe yoroheje berecyeza mu yihagazeho: Dutere ijisho ku bakinnyi 10 bamaze kugurwa

Next Post

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Icyabaye ku wakekwagaho uruhare mu mpfu z’abantu 330 gifitanye isano n’icyabahitanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.