Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo

radiotv10by radiotv10
12/08/2022
in MU RWANDA
4
Hari n’abambara amashati yonyine nta pantalo- CP.Kabera yanenze imyambarire idasanzwe mu bitaramo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yanenze imyambarire ikomeje kugaragara kuri bamwe mu bitabira ibitaramo bagenda bambaye imyenda ihabanye n’indangagaciro nyarwanda, ati “nka polisi ntituzabyemera.”

Tariki 30 Nyakanga 2022 mu Mujyi wa Kigali habaye igitaramo cyaririmbyemo umuhanzi w’ikirangirire uzwi nka Tayc ariko ikitazibagirana muri iki gitaramo si imiririmbire cyangwa imibyinire ahubwo ni imyambarire ya bamwe mu bakobwa bari bakitabiriye.

Uwamenyekanye cyane ni uwitwa Mugabekazi Liliane wagaragaye yambaye ikanzu y’umukara ariko ibonerana ku buryo umubiri we wose umuntu yabonaga bitamugoye aho n’akenda k’imbere kagaragaraga.

Ni imyambarire yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga benshi bayinenga mu gihe uyu mwari we mu biganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yavugaga ko yaserukanye uriya mwambaro ari ya ntero ya ‘tinyuka urashoboye’ nubwo hari abumva bibusanye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera andenga iyi myambarire ikomeje kugaragara kuri bamwe mu bajya mu bitaramo, avuga ko kandi iki kibazo “gikomeje gufata intera.”

CP John Bosco Kabera wagarutse ku ngero z’abandi bambara nka Liliane, yagize ati “Umuntu akambara ishati ubundi yakabaye yambarira ku ipantalo cyangwa ku ikabutura, ariko ukambara ishati gusa! ukambara ishati yonyine ugasanga nta kabutura wambaye cyangwa nta pantalo iri hejuru yayo, sinzi uko nabyita […] Ntabwo nzi uko iyi fashion yitwa…”

Akomeza agira ati “Ndetse hari n’abazambara batwite, njya mbibona, bakagenda bakajya mu ruhame bambaye gutyo, ugasanga hari imyenda imeze nk’akayunguruzo isa nk’aho ari ikirahure ndetse n’utuntu tugufi cyane, impenure!!”

Akomeza agira ati “Hari ibintu byinshi ari twavuga ko ibintu nk’ibyo bidakwiye. Ntibikwiye ku muco, ntibikwiye ku ndangagaciro ariko noneho tukanavuga ko nta polisi tutazabyemera, na bo babyumve, ubwo butumwa tugomba kubutanga.”

CP John Bosco Kabera avuga ko nubwo umuntu afite uburenganzira bwo kwambara uko ashatse ariko ko umuntu adakwiye kwibagirwa ko akwiye kwambara ibitamwambura agaciro.

Ati “Uburenganzira bwa mbere ni ukwambara neza, ntabwo ari ukwambara ibidakwiye cyangwa kwambara nabi […] Ubundi umuntu arambara akakwiza, akambara neza.”

CP John Bosco Kabera yanenze iyi myambarire

RADIOTV10

Comments 4

  1. Mutuyimana Neema Angel says:
    3 years ago

    Nibyo rwose babyeyi abo bana ni ukubakebura ejo badakabya tukaba icyasha.

    Reply
  2. Eric says:
    3 years ago

    Nge natanga igitekerezo cy’uko, baca oui myambarire nkuko baciye mukorogo. Bizagirira abanyarwanda akamaro.
    Igihe bacaga mukorogo, abantu numvise babaciye k’ubwiza no kubushaka ariko ubu iyo tugeze nko miri Congo tukagereranya impu zombi tubona u Rwanda rwarafashe imyanzuro myiza.
    Ubu rero mu gihugu dufite ananas benshi babyariye imburagihe. Twabiha ko ibibazo bimwe byaturutse nokuri iyi myambarire. Kuko niba mukwezi kumwe wumvise abagabo nafashe amatungo, nuko nabafata abakobwa Ari Benshi Kandi bakaba batarabonwe. Iki kibazo bacyiteho.

    Reply
  3. Nick says:
    3 years ago

    Nemeranya cyane na Polisi.Umuco wacu ushingiye kuburere bwabakiri bato rero dukomeje kureberera, umuco nyarwanda washira ukamirwa numuco wamahanga ikindi abo bakobwa ntabwo batanga icyizere cyo kuba bamutima w’urugo aho niho igihugu gipfira, iyo ingo zitameze naza, nigihugu ntamahirwe kiba gifite yejo hazaza.

    Reply
  4. HAKIZIMANA ETIENNE says:
    3 years ago

    Police uko yarwanyije abatambara agapfukamunwa. Nirwanye nabo bakobwa bafite umuco banduye mubi wo kwambara ubusa,icyo nicyorezo cyamaze gukwira,bajye banabahana nabandi babonereho barambara ubusa barangiza bafashwe kungufu dore ko abagabo bahagorewe mwitegereze umugabo aracyari wa mwimerere w Imana yaremye,ninayo mpamvu Ingo zitari kumara kabiri byabaye unurenganzira bwanjye kandi bibangamira abandi abizi neza police nihabe turayishyigikiye umuco ugaruke

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − nine =

Previous Post

Uko umubano w’u Rwanda na USA ugiye kumera bitandukanye n’uko bamwe babikeka- Impuguke

Next Post

DRC: Imirwano yabereye mu kirombe cya zahabu yaguyemo 13, abashinwa 4 barashimutwa

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Imirwano yabereye mu kirombe cya zahabu yaguyemo 13, abashinwa 4 barashimutwa

DRC: Imirwano yabereye mu kirombe cya zahabu yaguyemo 13, abashinwa 4 barashimutwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.