Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari n’abari basibye iki Gihugu- Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kuzura u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari n’abari basibye iki Gihugu- Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kuzura u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku rugendo rwo kongera kubaka u Rwanda mu myaka 30, nyuma y’uko rwari ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarusize ari umuyonga ku buryo hari n’abari batangiye kubona iki Gihugu nk’itazongera kubaho.

Umukuru w’u Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri biga muri kaminuza y’Ubucuruzi ya ‘Harvard Business School’ yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024.

Aba banyeshuri bari kumwe mu Rwanda na bamwe mu bayobozi b’iri shuri, bayobowe na Professor Andy Zelleke, aho bari mu Rwanda mu rugendo-shuri rwo kwiga imiterere y’Isi, muri Porogaramu ya FGI (Field Global Immersion).

Perezida Paul Kagame wabakiriye mu Biro bye muri Village Urugwiro, yabaganirije ku rugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka mu myaka 30 ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ndetse igasiga inzego zose z’ubuzima bw’Igihugu zarasenyutse.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri icyo gihe “mu myaka 30 ishize, twariho turwana n’ubuzima tunagerageza kongera guhuzahuza ibice by’iki Gihugu byari byatatanye, ikintu cyose cyarihutirwaga.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko kubera uburyo Igihugu cyari cyasenyute, “abasesenguzi bo ku Isi yose, abari bakunze kwiyita bo, bari batangiye no guhanagura iki Gihugu. Cyari nk’Igihugu cyarangiye [failed state], ukurikije uko byari bimeze, nta muntu watekerezaga ko u Rwanda rwakongera kubyuka.”

Perezida Kagame avuga kandi ko muri ibyo bibazo byose, u Rwanda ari rwo rwafashe iya mbere y’uburyo ibintu bikwiye kugenda ngo Igihugu cyongere gisubire ku murongo.

Ati “Ni twe twicaye tugaragaza umurongo w’uburyo tugomba kongera kubaka Igihugu cyacu, n’umuryango mugari w’Abanyarwanda, kandi mu buryo bwumvikanyweho ndetse tugendeye no ku masomo y’amateka yacu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo hari intambwe ishimishije u Rwanda rumaze kugeraho, hatabura ibibazo bishobora kuvuka bifitanye isano n’aya mateka, ariko ko ibyamaze kubakwa byabirusha imbaraga, bikabiburizamo, kuko Abanyarwanda ubwabo bazi amateka ashaririye banyuzemo, bakaba batifuza kongera kuyasubiramo.

Ati “Nkunda kubwira abantu ko iki Gihugu cyageze ahantu habi hashoboka hatagira ahandi haharusha, ariko twabashije kuhivana. Rero ubu tugomba gukomeza urugendo rwo kujya aheza kugeza igihe tuzishimira ko twageze ahashimishije.”

Perezida Paul Kagame, ubwo yatangizaga icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, na bwo yari yatangaje ko ibyabaye mu myaka 30 ishize, bidashobora kongera kubaho ukundi muri uru Rwanda.

Perezida Kagame yagaragarije aba banyeshuri urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda
Yavuze ko hari n’abari bahanaguye u Rwanda

Aba banyeshuri bishimiye kugirana ibiganiro na Perezida Kagame
Bamwe banabajije ibibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − two =

Previous Post

Centrafrique: Umuryango w’Abibumbye wongeye gushimira Abasirikare b’u Rwanda

Next Post

Menya icyatumye umuhanda uhuza Kigali n’Amajyepfo umara amasaha atatu ufunze

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyatumye umuhanda uhuza Kigali n’Amajyepfo umara amasaha atatu ufunze

Menya icyatumye umuhanda uhuza Kigali n’Amajyepfo umara amasaha atatu ufunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.