Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari n’abari basibye iki Gihugu- Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kuzura u Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari n’abari basibye iki Gihugu- Perezida Kagame yagarutse ku rugendo rwo kuzura u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku rugendo rwo kongera kubaka u Rwanda mu myaka 30, nyuma y’uko rwari ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarusize ari umuyonga ku buryo hari n’abari batangiye kubona iki Gihugu nk’itazongera kubaho.

Umukuru w’u Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri biga muri kaminuza y’Ubucuruzi ya ‘Harvard Business School’ yo muri Leta Zunze Ubumwe za America, kuri uyu wa Kane tariki 09 Gicurasi 2024.

Aba banyeshuri bari kumwe mu Rwanda na bamwe mu bayobozi b’iri shuri, bayobowe na Professor Andy Zelleke, aho bari mu Rwanda mu rugendo-shuri rwo kwiga imiterere y’Isi, muri Porogaramu ya FGI (Field Global Immersion).

Perezida Paul Kagame wabakiriye mu Biro bye muri Village Urugwiro, yabaganirije ku rugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka mu myaka 30 ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ndetse igasiga inzego zose z’ubuzima bw’Igihugu zarasenyutse.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri icyo gihe “mu myaka 30 ishize, twariho turwana n’ubuzima tunagerageza kongera guhuzahuza ibice by’iki Gihugu byari byatatanye, ikintu cyose cyarihutirwaga.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko kubera uburyo Igihugu cyari cyasenyute, “abasesenguzi bo ku Isi yose, abari bakunze kwiyita bo, bari batangiye no guhanagura iki Gihugu. Cyari nk’Igihugu cyarangiye [failed state], ukurikije uko byari bimeze, nta muntu watekerezaga ko u Rwanda rwakongera kubyuka.”

Perezida Kagame avuga kandi ko muri ibyo bibazo byose, u Rwanda ari rwo rwafashe iya mbere y’uburyo ibintu bikwiye kugenda ngo Igihugu cyongere gisubire ku murongo.

Ati “Ni twe twicaye tugaragaza umurongo w’uburyo tugomba kongera kubaka Igihugu cyacu, n’umuryango mugari w’Abanyarwanda, kandi mu buryo bwumvikanyweho ndetse tugendeye no ku masomo y’amateka yacu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko nubwo hari intambwe ishimishije u Rwanda rumaze kugeraho, hatabura ibibazo bishobora kuvuka bifitanye isano n’aya mateka, ariko ko ibyamaze kubakwa byabirusha imbaraga, bikabiburizamo, kuko Abanyarwanda ubwabo bazi amateka ashaririye banyuzemo, bakaba batifuza kongera kuyasubiramo.

Ati “Nkunda kubwira abantu ko iki Gihugu cyageze ahantu habi hashoboka hatagira ahandi haharusha, ariko twabashije kuhivana. Rero ubu tugomba gukomeza urugendo rwo kujya aheza kugeza igihe tuzishimira ko twageze ahashimishije.”

Perezida Paul Kagame, ubwo yatangizaga icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, na bwo yari yatangaje ko ibyabaye mu myaka 30 ishize, bidashobora kongera kubaho ukundi muri uru Rwanda.

Perezida Kagame yagaragarije aba banyeshuri urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda
Yavuze ko hari n’abari bahanaguye u Rwanda

Aba banyeshuri bishimiye kugirana ibiganiro na Perezida Kagame
Bamwe banabajije ibibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Centrafrique: Umuryango w’Abibumbye wongeye gushimira Abasirikare b’u Rwanda

Next Post

Menya icyatumye umuhanda uhuza Kigali n’Amajyepfo umara amasaha atatu ufunze

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyatumye umuhanda uhuza Kigali n’Amajyepfo umara amasaha atatu ufunze

Menya icyatumye umuhanda uhuza Kigali n’Amajyepfo umara amasaha atatu ufunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.