Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari uwari umaze ibyumweru 3 amutangije kaminuza-Agahinda k’abafashwaga na Past. Theogene

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in MU RWANDA
0
Hari uwari umaze ibyumweru 3 amutangije kaminuza-Agahinda k’abafashwaga na Past. Theogene
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo guherecyeza bwa nyuma Pasiteri Niyonshuti Theogene washenguye benshi, hagarutswe ku bikorwa by’urukundo byamurangaga, aho umwe yishyuriraga ishuri, yavuze ko yari amaze ibyumweru bitatu amutangije muri kaminuza.

Urupfu rwa Pasiteri Theogene witabye Imana mu cyumweru gishize, mu ijoro ryo ku wa Kane tariki 22 Kamena azize impanuka ubwo yavaga muri Uganda, rwashenguye benshi kubera inyigisho ze zafashaga benshi ndetse n’ibikorwa byiza byamurangaga.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena, habaye umuhango wo kumuherecyeza bwa nyuma, ahagiye hatangwa ubuhamya ku bamuzi ndetse n’abo yafashaga.

Schadrack yafashaga kwiga, yagize ati “Yari yatangiye kundihira kaminuza nari maze ibyumweru bitatu ntangiye ariko ndizera ko Imana yampuje na we ntamuzi izakomeza kumfasha kaminuza nyirangize nk’uko yabinyifurizaga amabwira ko ngomba no kwiga Masters.”

Undi na we ati “Yankuye mu muhanda, njye nanywaga ibiyobyabwenge amfasha kubireka ariko hari abantu bakoraga operasiyo zo kudufata baduhozaga ku nkeke badufunga dusa nk’ababarimo ideni ridashira waba utagize icyo ubaha bakagutanga ugafungwa ariko kuva yanjyana tukabana sinongeye gufungwa.”

Bihoyiki Marie Claire avuga ko Pasiteri Theogene yamufashije byinshi ku buryo kugira ngo agarure icyizere cy’ubuzima, ari we abikesha.

Yagize ati “Twahuye ndi umumama ufite ibibazo nihebye, umugabo wange yari amaze iminsi afunzwe mubwira ko icyo nsigaje ari kuba indaya ariko yarankomeje ampa igishoro ubu ndacuruza nk’abasha kurihira abana banjye.”

Uyu mukozi w’Imana, washyinguwe mu marira menshi, yibukirwa ku bikorwa by’urukundo yakoraga, aho yafasha benshi barimo n’abana babaga ku muhanda, akabakurayo, akajya kubarerera mu rugo iwe.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

France:  Iby’imyigaragambyo y’umujinya w’umurandanzuzi wazamuwe n’iyicwa ry’umusore byafashe indi ntera

Next Post

Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

Umukinnyi uri mu bakunzwe ku Isi nyuma yo kugurwa n’ikipe na we yaguze iye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.