Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari uwo mu muryango waje yashananaje asubizwayo shishitabona-Ibitaravuzwe mu bukwe bwa Gafaranga

radiotv10by radiotv10
13/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hari uwo mu muryango waje yashananaje asubizwayo shishitabona-Ibitaravuzwe mu bukwe bwa Gafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Inkuru y’ubukwe bw’uwiyita ‘Bishop’ Gafaranga na Annette Murava, bukomeje kugarukwaho byumwihariko ibyabaye ku munsi wabwo nyirizina bitazibagirana, ahari hakajijwe umutekano mu buryo budasanzwe ku buryo hari n’uwo mu muryango wa Gafaranga wabutashye ariko agasubizwayo ngo kuko atari ku rutonde.

Ni ubukwe bwabaye ku wa Gatandatu tariki 11 Gashyantare 2023, muri hoteli imwe iherereye mu Karere ka Bugesera, nyuma yuko bugarutsweho cyane.

Ku banyamakuru bagiye bazi ko bagiye gutara amakuru y’ubukwe bw’ibi byamamare, bavuga ko bwababereye amakwe kuko ibyabayeho, batari babyiteze.

Aba banyamakuru barimo abakorera ku miyoboro ya YouTube, basabwe gusiba amashusho bari bafashe, babitegekwa n’abasore b’ibigango bari bacunze umutekano muri ubu bukwe.

Andi makuru kandi yamenyekanye ni uko umwe mu bari babutashye wo mu muryango wa Bishop Gafaranga, yatahiye aho atarebye ibirori bya mwenewabo.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Yaje yakenyeye bisanzwe nk’umuntu utashye ubukwe bwa mwene wabo, ageze ku marembo, abashinzwe umutekano bamusubiza inyuma kuko atari ari ku rutonde.”

Uyu wavugaga ko ari uwo mu muryango wa Bishop Gafaranga yatahanye agahinda kenshi avuga ko nubwo bamusubije inyuma ariko yari atashye ubukwe bwa mwene wabo.

Avuga kandi ko abatashye ubukwe babanje gusabwa kwerekana inyandiko y’ubutumire, aruko nyuma bikaza guhinduka ahubwo hakifashishwa urutonde rwariho abagombaga kubutaha ku buryo uwazaga ntarugaragareho, yasubiraga inyuma.

Ubukwe bwa Habiyaremye Zachariel na Annette Murava bwagarutsweho cyane kuva mu byumweru bibiri bishize, aho bamwe batunguwe n’inkuru yabwo dore ko urukundo rwabo rwagizwe ibanga rikomeye.

Bamwe bavugaga ko batumva uburyo Murava usanzwe ari umuramyi azwiho no kuyoboka Imana cyane yaba agiye kurushinga n’umugabo usanzwe afite umugore n’abana, ndetse hakaba hari na bamwe bavuga ko Bishop Gafaranga ataratandukana mu buryo bwemewe n’ametegeko n’umugore bivugwa ko babanaga.

Annette Murava
Bishop Gafaranga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − thirteen =

Previous Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo abagore 2 bakekwaho icyaha bakoranye amayeri adasanzwe

Next Post

AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki

Related Posts

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki

AMAFOTO: Perezida w’u Burundi yasuye umuhinzi watahutse ava Canada baganirira mu rutoki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.