Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Umugabane w’u Burayi (Euro2024), ikipe y’u Bwongereza yatsinze iya Ukraine ibitego 2-0, birimo icyatsinzwe na Harry Kane wahise aca agahigo ko kuba ari we umaze gutsindira u Bwongereza ibitego byinshi, ndetse n’icya Bukayo Saka.

Uyu mukino wabaye kuri iki Cyumweru, watangiranye imbaraga nyinshi ku ruhande rw’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongere bakunze kwita ‘The Three Lions’, yari ifite umurindi w’abafana bayo bari babukeyere kuri Wembley Stadium yakira abantu ibihumbo 90.

U Bwongereza bwafunguye amazamu hakiri kare binyuze kuri Kapiteni wabwo Hary Kane watsinze igitego cyabonetse ku munota wa 37’ w’umukino ku mupira yari ahawe na Bukayo Saka, ukinira Arsenal.

Kuri Harry Kane yatsindaga igitego cya 55, mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza bimugira umukinnyi umaze kuyitsindira ibitego byinshi mu mateka yayo, ndetse umukino ujya gutangira akaba yari yahawe Igihembo cya ‘Golden Boot’ gihabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi.

Ni agahigo kuri gafitwe na Wayne Rooney, wakiniye amakipe nka Everton na Manchester United yagiriyemo ibihe byiza, nk’umukinnyi dore ko yatwaranye na yo ibikombe byinshi bitandukanye.

Bukayo Saka w’Imyaka 21, yaje gushimangira iyi ntsinzi ubwo yatsindaga igitego cya kabiri cyabonetse ku munota wa 40’ w’igice cya mbere, ku mupira yari ahawe na Jardon Hendreson ukinira Liverppol, ndetse n’iminota 45’ ya mbere irangira u Bwongereza bufite ibitego 2-0 Ukraine.

U Bwongereza n’Umutoza wabwo Gareth Southgate bakomeza intego yabo yo kwitwara neze mu rugendo rwo gushaka itike y’Imikino ya Euro.

Kugeze ubu u Bwongereza buyoboye itsinda rya Gatatu, n’amanota 6 nyuma yo kwitwara neza mu mukino wa mbere igatsinda Abataliyani.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

Next Post

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.