Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Harry Kane yaciye agahigo, Saka yerekana ko atari mwiza muri Arsenal gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Umugabane w’u Burayi (Euro2024), ikipe y’u Bwongereza yatsinze iya Ukraine ibitego 2-0, birimo icyatsinzwe na Harry Kane wahise aca agahigo ko kuba ari we umaze gutsindira u Bwongereza ibitego byinshi, ndetse n’icya Bukayo Saka.

Uyu mukino wabaye kuri iki Cyumweru, watangiranye imbaraga nyinshi ku ruhande rw’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongere bakunze kwita ‘The Three Lions’, yari ifite umurindi w’abafana bayo bari babukeyere kuri Wembley Stadium yakira abantu ibihumbo 90.

U Bwongereza bwafunguye amazamu hakiri kare binyuze kuri Kapiteni wabwo Hary Kane watsinze igitego cyabonetse ku munota wa 37’ w’umukino ku mupira yari ahawe na Bukayo Saka, ukinira Arsenal.

Kuri Harry Kane yatsindaga igitego cya 55, mu ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza bimugira umukinnyi umaze kuyitsindira ibitego byinshi mu mateka yayo, ndetse umukino ujya gutangira akaba yari yahawe Igihembo cya ‘Golden Boot’ gihabwa umukinnyi watsinze ibitego byinshi.

Ni agahigo kuri gafitwe na Wayne Rooney, wakiniye amakipe nka Everton na Manchester United yagiriyemo ibihe byiza, nk’umukinnyi dore ko yatwaranye na yo ibikombe byinshi bitandukanye.

Bukayo Saka w’Imyaka 21, yaje gushimangira iyi ntsinzi ubwo yatsindaga igitego cya kabiri cyabonetse ku munota wa 40’ w’igice cya mbere, ku mupira yari ahawe na Jardon Hendreson ukinira Liverppol, ndetse n’iminota 45’ ya mbere irangira u Bwongereza bufite ibitego 2-0 Ukraine.

U Bwongereza n’Umutoza wabwo Gareth Southgate bakomeza intego yabo yo kwitwara neze mu rugendo rwo gushaka itike y’Imikino ya Euro.

Kugeze ubu u Bwongereza buyoboye itsinda rya Gatatu, n’amanota 6 nyuma yo kwitwara neza mu mukino wa mbere igatsinda Abataliyani.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

Next Post

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.