Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yarahiriye kuzihimura ku barwanyi b’umutwe w’Aba-Houthi ukorera muri Yemen uherutse kugaba igitero muri Israel, mu gihe umuyobozi wawo we yavuze ko biteguye gukora ibirenze ibyo bakoze ngo bahorere Hamas.

Netanyahu atangaje ibi nyuma yuko ku Byumweru bwa mbere kuva intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas yakwaduka, Umutwe w’iterabwoba wa Houthi uterwa inkunga na Irani ugabye igitero muri Israel.

Nta byinshi byatangajwe kuri iki gitero, gusa byavuzwe ko cyakomerekeje abantu icyenda, ndetse kinangiza ibikorwa remezo. Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Israel izihorera.

Yagize ati “Bagomba kumenya ko bazishyura igiciro kiremereye cy’ibyo badukoreye batubabaza. Uwo ari we wese uzivanga muri iki kibazo, aratumiwe rwose. Umuntu wese uzadutera agamije kutubabaza ntazatuva mu nzara.”

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu

Umuyobozi w’umutwe wa Houthi, Abdul Malik, we yavuze ko bazakora ibirenze ibyo bakoze, mu rwego rwo gutera ingabo mu bitugu umutwe wa Hamas, kandi ko igitero bateganya kongera kugaba kuri Israel kizaba ari karundura.

Ati “Turimo gufatanya n’abavandimwe bacu muri Palestine. Turi gutegura ibirenzeho, kandi ibyo tuzagaba bizaba ari karundura kurushaho.”

Uyu mutwe w’Aba-Houthi uri gutera ingabo mu bitugu Hamas, wiyongera kuri Hezbola yo muri Liban na yo imaze iminsi ihanganye na Israel.

Aba-Houthi batangiye kotsa igitutu Israel, nyuma yuko Iran ivuze ko izihorera kuri Israel ku guhitana umuyobozi wa Hamas wiciwe muri Iran.

Kuva intambara ya Israel n’abarwanyi ba Hamas yatangira mu kwezi k’Ukwakira 2023, Abanya-Palestine barenga ibihumbi 41 bamaze kuhasiga ubuzima, naho abagera kuri mu bihumbi 95 barakomeretse, mu gihe 90% bya miliyoni 2.3 bari batuye muri Gaza bavuye mu byabo barahunga.

Abdol Malek uyobora umutwe w’Aba-Houthis

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + seven =

Previous Post

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Next Post

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

14/12/2025
Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.