Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yarahiriye kuzihimura ku barwanyi b’umutwe w’Aba-Houthi ukorera muri Yemen uherutse kugaba igitero muri Israel, mu gihe umuyobozi wawo we yavuze ko biteguye gukora ibirenze ibyo bakoze ngo bahorere Hamas.

Netanyahu atangaje ibi nyuma yuko ku Byumweru bwa mbere kuva intambara ya Israel n’umutwe wa Hamas yakwaduka, Umutwe w’iterabwoba wa Houthi uterwa inkunga na Irani ugabye igitero muri Israel.

Nta byinshi byatangajwe kuri iki gitero, gusa byavuzwe ko cyakomerekeje abantu icyenda, ndetse kinangiza ibikorwa remezo. Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko Israel izihorera.

Yagize ati “Bagomba kumenya ko bazishyura igiciro kiremereye cy’ibyo badukoreye batubabaza. Uwo ari we wese uzivanga muri iki kibazo, aratumiwe rwose. Umuntu wese uzadutera agamije kutubabaza ntazatuva mu nzara.”

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu

Umuyobozi w’umutwe wa Houthi, Abdul Malik, we yavuze ko bazakora ibirenze ibyo bakoze, mu rwego rwo gutera ingabo mu bitugu umutwe wa Hamas, kandi ko igitero bateganya kongera kugaba kuri Israel kizaba ari karundura.

Ati “Turimo gufatanya n’abavandimwe bacu muri Palestine. Turi gutegura ibirenzeho, kandi ibyo tuzagaba bizaba ari karundura kurushaho.”

Uyu mutwe w’Aba-Houthi uri gutera ingabo mu bitugu Hamas, wiyongera kuri Hezbola yo muri Liban na yo imaze iminsi ihanganye na Israel.

Aba-Houthi batangiye kotsa igitutu Israel, nyuma yuko Iran ivuze ko izihorera kuri Israel ku guhitana umuyobozi wa Hamas wiciwe muri Iran.

Kuva intambara ya Israel n’abarwanyi ba Hamas yatangira mu kwezi k’Ukwakira 2023, Abanya-Palestine barenga ibihumbi 41 bamaze kuhasiga ubuzima, naho abagera kuri mu bihumbi 95 barakomeretse, mu gihe 90% bya miliyoni 2.3 bari batuye muri Gaza bavuye mu byabo barahunga.

Abdol Malek uyobora umutwe w’Aba-Houthis

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

Next Post

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.