Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ababyeyi n’ishuri rivugwamo ibyo Guverinoma yategetse ko bihagaragara

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ababyeyi n’ishuri rivugwamo ibyo Guverinoma yategetse ko bihagaragara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi barerera mu Rwunge rw’Amashuri rwa Karambi mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko abana babo bari kwirukanirwa kuba batatanze amafaranga batswe n’Ubuyobozi bw’iri shuri yo kugura igikoresho kiyungurura amazi, mu gihe iri shuri ryo rivuga ko iyi gahunda ikiri no mu mushinga.

Aba babyeyi baganirije RADIOTV10, bavuga ko abana batswe ibihumbi bitatu (3 000 Frw) kuri buri mwana, yo kugura agakoresho kitwa Flirter gakoreshwa mu kuyungurura amazi.

Uwase Angelique, umwe muri aba babyeyi avuga ko nubwo batswe aya mafaranga ariko badafite ubushobozi, kuko hari byinshi baba basabwa kwishyurira abana.

Ati “Nta bushobozi kandi bagasaba n’amafaranga menshi. Ibihumbi bitatu ni yo mafaranga batubwiye buri munyeshuri kubona iyo firitiri. Ukibaza niba umuntu yabuze igihumbi cy’ibiryo by’umunyeshuri azabona ibyo bihumbi bitatu by’iyo firitire. Nanjye ufite abana batutu biragoye ubushobozi ni buke.”

Mugenzi we Ruzigama Jean de Dieu na we yagize ati “Amafaranga ari mu kubangama ntabwo ari ay’ibiryo. Ay’ibiryo ni macye pe. Sinzi niba ngo firitiri sinzi uko babyita, ayo mafaranga yo aratubangamiye.”

Umuyobozi wa GS Karambi, Nsengiyumva Jean de Dieu yahakanye ibitangazwa n’aba babyeyi, akavuga ko nta tegeko ryashyizwe ku babyeyi ryo gutanga aya mafaranga.

Ati “Ni igitekerezo gihari kitari cyajya mu bikorwa. Hari habanje kukiganiriza ababyeyi bari baje gufata amanota. Kugeza ubu ntabwo birajya mu bikorwa kubera ko dutegereje gukora inteko rusange abemera tukabatanga raporo.”

Uyu muyobozi avuga ko iki gitekerezo kigamije gufasha abana biga kuri iri shuri kujya babasha kubona amazi meza yo kunywa, bityo ko hakenewe ako gakoresho kayungurura amazi.

Ati “Icyo gihe Perezida yarimo kubiganiriza abana kuri asembo [aho abana bateranira] ko byaba ari byiza kubona amazi yo kunywa, ariko ntabwo ari ukubabwira ngo muzayatange. Ntawe byakura mu ishuri na cyane ko batari babyemeza.”

Minisiteri y’Uburezi yakunze gusaba ibigo by’amashuri kutagira amafaranga y’umurengera baca ababyeyi, ndetse inatangaza amafaranga azajya yishyurwa, bityo ko nta yandi akwiye gushyirwaho n’ubuyobozi bw’amashuri.

Youssuf UBONABAGENDA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Next Post

Abitandukanyije na FDLR bagataha mu Rwanda bahishuye aho umugambi wa Tshisekedi wo kurutera ugeze

Related Posts

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo...

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

IZIHERUKA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga
IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

by radiotv10
12/05/2025
0

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

12/05/2025
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abitandukanyije na FDLR bagataha mu Rwanda bahishuye aho umugambi wa Tshisekedi wo kurutera ugeze

Abitandukanyije na FDLR bagataha mu Rwanda bahishuye aho umugambi wa Tshisekedi wo kurutera ugeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.