Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ababyeyi n’ishuri rivugwamo ibyo Guverinoma yategetse ko bihagaragara

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ababyeyi n’ishuri rivugwamo ibyo Guverinoma yategetse ko bihagaragara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi barerera mu Rwunge rw’Amashuri rwa Karambi mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko abana babo bari kwirukanirwa kuba batatanze amafaranga batswe n’Ubuyobozi bw’iri shuri yo kugura igikoresho kiyungurura amazi, mu gihe iri shuri ryo rivuga ko iyi gahunda ikiri no mu mushinga.

Aba babyeyi baganirije RADIOTV10, bavuga ko abana batswe ibihumbi bitatu (3 000 Frw) kuri buri mwana, yo kugura agakoresho kitwa Flirter gakoreshwa mu kuyungurura amazi.

Uwase Angelique, umwe muri aba babyeyi avuga ko nubwo batswe aya mafaranga ariko badafite ubushobozi, kuko hari byinshi baba basabwa kwishyurira abana.

Ati “Nta bushobozi kandi bagasaba n’amafaranga menshi. Ibihumbi bitatu ni yo mafaranga batubwiye buri munyeshuri kubona iyo firitiri. Ukibaza niba umuntu yabuze igihumbi cy’ibiryo by’umunyeshuri azabona ibyo bihumbi bitatu by’iyo firitire. Nanjye ufite abana batutu biragoye ubushobozi ni buke.”

Mugenzi we Ruzigama Jean de Dieu na we yagize ati “Amafaranga ari mu kubangama ntabwo ari ay’ibiryo. Ay’ibiryo ni macye pe. Sinzi niba ngo firitiri sinzi uko babyita, ayo mafaranga yo aratubangamiye.”

Umuyobozi wa GS Karambi, Nsengiyumva Jean de Dieu yahakanye ibitangazwa n’aba babyeyi, akavuga ko nta tegeko ryashyizwe ku babyeyi ryo gutanga aya mafaranga.

Ati “Ni igitekerezo gihari kitari cyajya mu bikorwa. Hari habanje kukiganiriza ababyeyi bari baje gufata amanota. Kugeza ubu ntabwo birajya mu bikorwa kubera ko dutegereje gukora inteko rusange abemera tukabatanga raporo.”

Uyu muyobozi avuga ko iki gitekerezo kigamije gufasha abana biga kuri iri shuri kujya babasha kubona amazi meza yo kunywa, bityo ko hakenewe ako gakoresho kayungurura amazi.

Ati “Icyo gihe Perezida yarimo kubiganiriza abana kuri asembo [aho abana bateranira] ko byaba ari byiza kubona amazi yo kunywa, ariko ntabwo ari ukubabwira ngo muzayatange. Ntawe byakura mu ishuri na cyane ko batari babyemeza.”

Minisiteri y’Uburezi yakunze gusaba ibigo by’amashuri kutagira amafaranga y’umurengera baca ababyeyi, ndetse inatangaza amafaranga azajya yishyurwa, bityo ko nta yandi akwiye gushyirwaho n’ubuyobozi bw’amashuri.

Youssuf UBONABAGENDA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Next Post

Abitandukanyije na FDLR bagataha mu Rwanda bahishuye aho umugambi wa Tshisekedi wo kurutera ugeze

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abitandukanyije na FDLR bagataha mu Rwanda bahishuye aho umugambi wa Tshisekedi wo kurutera ugeze

Abitandukanyije na FDLR bagataha mu Rwanda bahishuye aho umugambi wa Tshisekedi wo kurutera ugeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.