Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke wakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Gisakura, avuga ko yagiriye impanuka mu kazi akaza no kwirukanwa, none n’ikigo cy’Ubwiteganyirize yiyambaje gikomeje kumusiragiza.

Uyu muturage witwa Ngwabijabanzi Theoneste, avuga ko iyi mpanuka yayigize muri Nzeri umwaka ushize wa 2023 ubwo yari ari mu kazi ko gupakira inka.

Ati “Umufoferi yasubije imodoka inyuma urugi rumpuza n’igiti ikiganza cyenda kuvaho, ntibagira ikintu na kimwe bamfasha kuko banze no kumpa itike ingeza kwa muganga ahubwo barambwira ngo ningende nguze amafaranga nivuze.”

Uyu muturage avuga ko yiriye akimara kugira ngo yivuze, yamara gukira akagaruka mu kazi, akaza kwirukanwa kuko yakundaga gusaba ko abakozi b’uru ruganda rwabaha amasezerano, bagakora banatekanye.

Ati “Banyirukanye kubera ko nahoraga mbabaza impamvu badukoresha nta masezerano ngahora mbibaza bo ngo babona ko ndi umunyamatiku baranyirukana.”

Avuga akomeje gusiragizwa na RSSB

Gusiragizwa n’ikigo gishinzwe na RSSB

Ngwabijabanzi avuga ko amaze umwaka atanze inyandiko za muganga muri RSSB zigaragaza ubumuga yasigiwe n’iyo mpanuka atungurwa, gusa ngo iki kigo cyamubwiye ko kitarabona dosiye ye.

RSSB yabwiye Umunyamakuru ko idashobora guha amakuru ya dosiye y’umukiliya wayo, uretse nyirayo ahubwo isaba umunyamakuru kubwira nyirubwite akihamagarira.

Akimara guhamagara akabaha nimero ya dosiye ye yatunguwe no kubwirwa ko ntakirayikorwaho ngo kuko hari inyandiko yitwa A5 itaragera muri RSSB nyamara avuga ko hagiye gushira umwaka ayijyaniye kuri RSSB ishami rya Nyamasheke.

Kayiranga Evaritse ushinzwe abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura, ntavuga rumwe n’uyu muturage ushinja uru ruganda kumubera umukoresha gito, gusa asa n’udashaka kuvuga impamvu hari abakozi barwo bakora badafite amasezerano

Ati “Nta kontaro yari afite. Ibyo by’amasezerano reka tubyihorere, icyo twe twagombaga kumufasha ni ukudekarara iyo mpanuka kugira ngo RSSB izagire icyo imugenera kandi iyo mpanuka narayidekaraye nk’uko amategeko abiteganya kugira ngo ibyamugiyeho byose n’amafaranga yivuje azabashe kuyasubizwa.”

Kayiranga akomeza avuga ko uyu muturage atirukanywe mu kazi, ahubwo ko yikuye mu kazi we na bagenzi be kubera ibikoresho by’uru ruganda byabuze bakijyana mu buryo bwo kwanga kubibazwa.

Uruganda rwa Gisakura ruhaka ibitangazwa n’uyu muturage

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + two =

Previous Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu byagiye hanze bizamo impinduka nziza

Next Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.