Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke wakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Gisakura, avuga ko yagiriye impanuka mu kazi akaza no kwirukanwa, none n’ikigo cy’Ubwiteganyirize yiyambaje gikomeje kumusiragiza.

Uyu muturage witwa Ngwabijabanzi Theoneste, avuga ko iyi mpanuka yayigize muri Nzeri umwaka ushize wa 2023 ubwo yari ari mu kazi ko gupakira inka.

Ati “Umufoferi yasubije imodoka inyuma urugi rumpuza n’igiti ikiganza cyenda kuvaho, ntibagira ikintu na kimwe bamfasha kuko banze no kumpa itike ingeza kwa muganga ahubwo barambwira ngo ningende nguze amafaranga nivuze.”

Uyu muturage avuga ko yiriye akimara kugira ngo yivuze, yamara gukira akagaruka mu kazi, akaza kwirukanwa kuko yakundaga gusaba ko abakozi b’uru ruganda rwabaha amasezerano, bagakora banatekanye.

Ati “Banyirukanye kubera ko nahoraga mbabaza impamvu badukoresha nta masezerano ngahora mbibaza bo ngo babona ko ndi umunyamatiku baranyirukana.”

Avuga akomeje gusiragizwa na RSSB

Gusiragizwa n’ikigo gishinzwe na RSSB

Ngwabijabanzi avuga ko amaze umwaka atanze inyandiko za muganga muri RSSB zigaragaza ubumuga yasigiwe n’iyo mpanuka atungurwa, gusa ngo iki kigo cyamubwiye ko kitarabona dosiye ye.

RSSB yabwiye Umunyamakuru ko idashobora guha amakuru ya dosiye y’umukiliya wayo, uretse nyirayo ahubwo isaba umunyamakuru kubwira nyirubwite akihamagarira.

Akimara guhamagara akabaha nimero ya dosiye ye yatunguwe no kubwirwa ko ntakirayikorwaho ngo kuko hari inyandiko yitwa A5 itaragera muri RSSB nyamara avuga ko hagiye gushira umwaka ayijyaniye kuri RSSB ishami rya Nyamasheke.

Kayiranga Evaritse ushinzwe abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura, ntavuga rumwe n’uyu muturage ushinja uru ruganda kumubera umukoresha gito, gusa asa n’udashaka kuvuga impamvu hari abakozi barwo bakora badafite amasezerano

Ati “Nta kontaro yari afite. Ibyo by’amasezerano reka tubyihorere, icyo twe twagombaga kumufasha ni ukudekarara iyo mpanuka kugira ngo RSSB izagire icyo imugenera kandi iyo mpanuka narayidekaraye nk’uko amategeko abiteganya kugira ngo ibyamugiyeho byose n’amafaranga yivuje azabashe kuyasubizwa.”

Kayiranga akomeza avuga ko uyu muturage atirukanywe mu kazi, ahubwo ko yikuye mu kazi we na bagenzi be kubera ibikoresho by’uru ruganda byabuze bakijyana mu buryo bwo kwanga kubibazwa.

Uruganda rwa Gisakura ruhaka ibitangazwa n’uyu muturage

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu byagiye hanze bizamo impinduka nziza

Next Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.