Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Karengera mu Karere ka Nyamasheke wakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Gisakura, avuga ko yagiriye impanuka mu kazi akaza no kwirukanwa, none n’ikigo cy’Ubwiteganyirize yiyambaje gikomeje kumusiragiza.

Uyu muturage witwa Ngwabijabanzi Theoneste, avuga ko iyi mpanuka yayigize muri Nzeri umwaka ushize wa 2023 ubwo yari ari mu kazi ko gupakira inka.

Ati “Umufoferi yasubije imodoka inyuma urugi rumpuza n’igiti ikiganza cyenda kuvaho, ntibagira ikintu na kimwe bamfasha kuko banze no kumpa itike ingeza kwa muganga ahubwo barambwira ngo ningende nguze amafaranga nivuze.”

Uyu muturage avuga ko yiriye akimara kugira ngo yivuze, yamara gukira akagaruka mu kazi, akaza kwirukanwa kuko yakundaga gusaba ko abakozi b’uru ruganda rwabaha amasezerano, bagakora banatekanye.

Ati “Banyirukanye kubera ko nahoraga mbabaza impamvu badukoresha nta masezerano ngahora mbibaza bo ngo babona ko ndi umunyamatiku baranyirukana.”

Avuga akomeje gusiragizwa na RSSB

Gusiragizwa n’ikigo gishinzwe na RSSB

Ngwabijabanzi avuga ko amaze umwaka atanze inyandiko za muganga muri RSSB zigaragaza ubumuga yasigiwe n’iyo mpanuka atungurwa, gusa ngo iki kigo cyamubwiye ko kitarabona dosiye ye.

RSSB yabwiye Umunyamakuru ko idashobora guha amakuru ya dosiye y’umukiliya wayo, uretse nyirayo ahubwo isaba umunyamakuru kubwira nyirubwite akihamagarira.

Akimara guhamagara akabaha nimero ya dosiye ye yatunguwe no kubwirwa ko ntakirayikorwaho ngo kuko hari inyandiko yitwa A5 itaragera muri RSSB nyamara avuga ko hagiye gushira umwaka ayijyaniye kuri RSSB ishami rya Nyamasheke.

Kayiranga Evaritse ushinzwe abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura, ntavuga rumwe n’uyu muturage ushinja uru ruganda kumubera umukoresha gito, gusa asa n’udashaka kuvuga impamvu hari abakozi barwo bakora badafite amasezerano

Ati “Nta kontaro yari afite. Ibyo by’amasezerano reka tubyihorere, icyo twe twagombaga kumufasha ni ukudekarara iyo mpanuka kugira ngo RSSB izagire icyo imugenera kandi iyo mpanuka narayidekaraye nk’uko amategeko abiteganya kugira ngo ibyamugiyeho byose n’amafaranga yivuje azabashe kuyasubizwa.”

Kayiranga akomeza avuga ko uyu muturage atirukanywe mu kazi, ahubwo ko yikuye mu kazi we na bagenzi be kubera ibikoresho by’uru ruganda byabuze bakijyana mu buryo bwo kwanga kubibazwa.

Uruganda rwa Gisakura ruhaka ibitangazwa n’uyu muturage

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − six =

Previous Post

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu byagiye hanze bizamo impinduka nziza

Next Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon
FOOTBALL

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.