Tuesday, August 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in MU RWANDA
0
Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta by’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, bigaragaza ko mu mashuri abanza batsinze ku gipimo cya 75,64%, mu gihe mu cyiciro rusange batsinze kuri 64,35%, aho Akarere ka Kirehe ari ko kaje imbere mu mitsindishirize mu byiciro byombi.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Kanama 2025, ahagaragajwe imibare y’abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizamini muri ibi byiciro, ababikoze, ndetse n’uburyo batsinze.

Mu mashuri abanza, hiyandikishije abanyeshuri 220 927 bigaga mu bigo by’amashuri 3 815, ariko hakora abanyeshuri 219 926, barimo abakobwa bangana na 54,6% mu gihe abahungu bari 45, 4%.

Muri iki cyiciro, abanyeshuri batsinze ni 166 334 bangana na 75,64%, aho abahungu batsinze ku gipimo cya 46,8%, abakobwa batsinda ku gipimo cya 53,2%.

Dr Bernard Bahati, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) yavuze ko habayeho kugereranya n’ikigero cy’imitsindire cy’uyu mwaka n’iyatambutse, abantu bashobora kubona ko cyagabanutse.

Ati “Ariko dushingiye ku isesengura twakoze twamaze kubona ibyavuye muri ibi bizamini, rigaragaza ko ahubwo abana bakoze neza.”

Yavuze ko nk’umwaka w’amashuri ushize wa 2023-2024, iyo harebwa abanyeshuri bagize amanota 50% ku mpuzandengo rusange y’ibizamini byose bakoze, bari kuba ari bacye ugereranyije n’uyu mwaka, kuko nk’abagize amanota ari hagati ya 50% na 60% bavuye ku banyeshuri 43 677 mu mwaka ushize, bagera kuri 61 301 muri uyu wa 2024-2025.

Ni mu gihe umubare w’abagize amanota menshi, hagati ya 90% n’ 100%, bavuye kuri 2 703 bariho umwaka ushize wa 2023-2024, bagera kuri 5 467 muri uyu mwaka wa 2024-2025.

Mu mitsindire, Akarere ka Kirehe kaje ku mwanya wa Mbere, aho batsinze ku gipimo cya 97,09%, gakurikirwa n’aka Kicukiro katsinze ku gipimo cya 92,28%. Ni mu gihe akarere ka nyaruguru kaje ku mwanya wa nyuma, aho katsindishije ku gipimo cya 64,57%.

Muri bariya batsinze, ababashije koherezwa mu bigo baziga bacumbikiwe ku ishuri, ni 15 695, mu gihe abazajya biga bataha ari 150 639.

Mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye

Naho mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abari biyandikishije gukora ibizamini bya Leta, bari abanyeshuri 149 206 biga mu bigo by’amashuri 1 890, ariko hakora abanyeshuri 148 702, aho abahungu ari 44,7% mu gihe abakobwa ari 55,3%.

Abanyeshuri babariwe amanota ni 148 676 aho abatsinze ari 95 674 bangana na 64,35%, barimo abakobwa 50,2% mu gihe abahungu batsinze ku gipimo cya 49,8%.

Aha naho hagaragaye gutsinda neza, kuko nk’abanyeshuri bagize amanota ari hagati ya 50% na 60% bavuye ku 24 925 bari babonetse umwaka ushize, bagera kuri 41 269 mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025.

Naho abagize amanota ari hagati ya 90% n’ 100% bavuye ku banyeshuri 510 bagera ku 1 167 muri uyu mwaka w’amashuri.

Iki gikorwa cyayobowe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph
Umuyobozi bwa NESA yagaragaje imitsindire y’abanyeshuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Related Posts

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
1

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje itariki izatangirizwaho ku mugaragaro gahunda yo gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho, ireba...

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has confirmed that a new vehicle emission testing program will officially begin on August...

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

by radiotv10
19/08/2025
0

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare...

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

by radiotv10
19/08/2025
0

The Ministry of Emergency Management has announced that disasters caused by the heavy rainfall that poured throughout the night of...

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

by radiotv10
19/08/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro ryo ku ya 17 rishyira ku ya 18...

IZIHERUKA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana
MU RWANDA

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

by radiotv10
19/08/2025
0

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

19/08/2025
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

19/08/2025
Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New vehicle emission tests to begin soon in Rwanda

19/08/2025
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

19/08/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agenzweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.