Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in MU RWANDA
0
Amakuru agezweho: Hashyizwe hanze imitsindire y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta n’uko Uturere dukurikirana
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ibyavuye mu bizamini bya Leta by’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, bigaragaza ko mu mashuri abanza batsinze ku gipimo cya 75,64%, mu gihe mu cyiciro rusange batsinze kuri 64,35%, aho Akarere ka Kirehe ari ko kaje imbere mu mitsindishirize mu byiciro byombi.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Kanama 2025, ahagaragajwe imibare y’abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizamini muri ibi byiciro, ababikoze, ndetse n’uburyo batsinze.

Mu mashuri abanza, hiyandikishije abanyeshuri 220 927 bigaga mu bigo by’amashuri 3 815, ariko hakora abanyeshuri 219 926, barimo abakobwa bangana na 54,6% mu gihe abahungu bari 45, 4%.

Muri iki cyiciro, abanyeshuri batsinze ni 166 334 bangana na 75,64%, aho abahungu batsinze ku gipimo cya 46,8%, abakobwa batsinda ku gipimo cya 53,2%.

Dr Bernard Bahati, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’amashuri (NESA) yavuze ko habayeho kugereranya n’ikigero cy’imitsindire cy’uyu mwaka n’iyatambutse, abantu bashobora kubona ko cyagabanutse.

Ati “Ariko dushingiye ku isesengura twakoze twamaze kubona ibyavuye muri ibi bizamini, rigaragaza ko ahubwo abana bakoze neza.”

Yavuze ko nk’umwaka w’amashuri ushize wa 2023-2024, iyo harebwa abanyeshuri bagize amanota 50% ku mpuzandengo rusange y’ibizamini byose bakoze, bari kuba ari bacye ugereranyije n’uyu mwaka, kuko nk’abagize amanota ari hagati ya 50% na 60% bavuye ku banyeshuri 43 677 mu mwaka ushize, bagera kuri 61 301 muri uyu wa 2024-2025.

Ni mu gihe umubare w’abagize amanota menshi, hagati ya 90% n’ 100%, bavuye kuri 2 703 bariho umwaka ushize wa 2023-2024, bagera kuri 5 467 muri uyu mwaka wa 2024-2025.

Mu mitsindire, Akarere ka Kirehe kaje ku mwanya wa Mbere, aho batsinze ku gipimo cya 97,09%, gakurikirwa n’aka Kicukiro katsinze ku gipimo cya 92,28%. Ni mu gihe akarere ka nyaruguru kaje ku mwanya wa nyuma, aho katsindishije ku gipimo cya 64,57%.

Muri bariya batsinze, ababashije koherezwa mu bigo baziga bacumbikiwe ku ishuri, ni 15 695, mu gihe abazajya biga bataha ari 150 639.

Mu cyiciro rusange cy’ayisumbuye

Naho mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abari biyandikishije gukora ibizamini bya Leta, bari abanyeshuri 149 206 biga mu bigo by’amashuri 1 890, ariko hakora abanyeshuri 148 702, aho abahungu ari 44,7% mu gihe abakobwa ari 55,3%.

Abanyeshuri babariwe amanota ni 148 676 aho abatsinze ari 95 674 bangana na 64,35%, barimo abakobwa 50,2% mu gihe abahungu batsinze ku gipimo cya 49,8%.

Aha naho hagaragaye gutsinda neza, kuko nk’abanyeshuri bagize amanota ari hagati ya 50% na 60% bavuye ku 24 925 bari babonetse umwaka ushize, bagera kuri 41 269 mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025.

Naho abagize amanota ari hagati ya 90% n’ 100% bavuye ku banyeshuri 510 bagera ku 1 167 muri uyu mwaka w’amashuri.

Iki gikorwa cyayobowe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph
Umuyobozi bwa NESA yagaragaje imitsindire y’abanyeshuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fourteen =

Previous Post

Igisirikare cya Somalia kirigamba akazi gakomeye cyakoze mu guhashya ibyihebe bya Al Shabab

Next Post

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.