Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo Christophe Bazivamo wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Oda Gasinzigwa wagizwe Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora na Zephanie Niyonkuru wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Bazivamo Christophe wagizwe uhagarariye u Rwanda muri Nigeria, yari amaze igihe ari Umunyamabanga Wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) akaba yarigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, aho yabaye Minisitiri w’Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi na Mine.

Naho Oda Gasinzigwa akaba yari umwe mu Badepite bari bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburarusirazuba (EALA), baherutse gusoza manda zabo.

Oda Gasinzigwa na we yagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, aho yigeze kuba Minisitriri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango.

Yagize Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora asimbuye Prof Kalisa Mbanda uherutse kwitaba Imana nyuma yo gusoza manda ze ebyiri.

Abandi bashyizwe mu myanya bazwi mu buyobozi bw’u Rwanda, ni Zephanie Niyonkuru wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Niyonkuru wahoze ari Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), mu kwezi k’Ukwakira 2022, yari yahagaritswe na Perezida wa Repubulika kubera amakosa y’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza.

Hashyizwe mu myanya kandi abayobozi muri Minisiteri Nshya Ishinzwe Ishoramari rya Leta, aho muri iyi Minisiteri hashyizweho abayobozi 16.

Chistophe Bazivamo
Oda Gasinzigwa
Zephanie Niyonkuru

ABAYOBOZI BOSE BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje

Next Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.