Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo Christophe Bazivamo wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Oda Gasinzigwa wagizwe Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora na Zephanie Niyonkuru wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Bazivamo Christophe wagizwe uhagarariye u Rwanda muri Nigeria, yari amaze igihe ari Umunyamabanga Wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) akaba yarigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, aho yabaye Minisitiri w’Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi na Mine.

Naho Oda Gasinzigwa akaba yari umwe mu Badepite bari bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburarusirazuba (EALA), baherutse gusoza manda zabo.

Oda Gasinzigwa na we yagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, aho yigeze kuba Minisitriri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango.

Yagize Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora asimbuye Prof Kalisa Mbanda uherutse kwitaba Imana nyuma yo gusoza manda ze ebyiri.

Abandi bashyizwe mu myanya bazwi mu buyobozi bw’u Rwanda, ni Zephanie Niyonkuru wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Niyonkuru wahoze ari Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), mu kwezi k’Ukwakira 2022, yari yahagaritswe na Perezida wa Repubulika kubera amakosa y’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza.

Hashyizwe mu myanya kandi abayobozi muri Minisiteri Nshya Ishinzwe Ishoramari rya Leta, aho muri iyi Minisiteri hashyizweho abayobozi 16.

Chistophe Bazivamo
Oda Gasinzigwa
Zephanie Niyonkuru

ABAYOBOZI BOSE BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje

Next Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.