Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hashyizwe mu myanya abayobozi barimo abafite amazina azwi mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo Christophe Bazivamo wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Oda Gasinzigwa wagizwe Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora na Zephanie Niyonkuru wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 30 Mutarama 2023 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Bazivamo Christophe wagizwe uhagarariye u Rwanda muri Nigeria, yari amaze igihe ari Umunyamabanga Wungirije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) akaba yarigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, aho yabaye Minisitiri w’Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi na Mine.

Naho Oda Gasinzigwa akaba yari umwe mu Badepite bari bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburarusirazuba (EALA), baherutse gusoza manda zabo.

Oda Gasinzigwa na we yagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, aho yigeze kuba Minisitriri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango.

Yagize Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora asimbuye Prof Kalisa Mbanda uherutse kwitaba Imana nyuma yo gusoza manda ze ebyiri.

Abandi bashyizwe mu myanya bazwi mu buyobozi bw’u Rwanda, ni Zephanie Niyonkuru wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Niyonkuru wahoze ari Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), mu kwezi k’Ukwakira 2022, yari yahagaritswe na Perezida wa Repubulika kubera amakosa y’imiyoborere idakwiye yakomeje kugaragaza.

Hashyizwe mu myanya kandi abayobozi muri Minisiteri Nshya Ishinzwe Ishoramari rya Leta, aho muri iyi Minisiteri hashyizweho abayobozi 16.

Chistophe Bazivamo
Oda Gasinzigwa
Zephanie Niyonkuru

ABAYOBOZI BOSE BASHYIZWE MU MYANYA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − six =

Previous Post

Abigiye kuri Buruse ya Leta banze kwishyura basabwe kurya bari menge ko hari ikibategereje

Next Post

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Congo yafashe ikindi cyemezo kigaragaza ko itifuza ineza mu byayo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.