Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwasobanuye icyatumye umunyemari Hategekimana Martin uzwi nka  Majyambere wahamijwe ibyaha bya Jenoside, afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho nyuma y’uko bimenyekanye.

Muri 2012, uyu munyemari uzwi cyane mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe, yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rumukatira gufungwa imyaka 25.

Hategekimana Martin alias Majyambere wafashwe mu 1997, yagiye afungirwa muri Gereza zinyuranye zirimo iya Rwamagana yaherukaga gufungirwamo.

Hategekimana Martin uzwi nka Majyambere w’imyaka 70 y’amavuko, yarekuwe na Gereza ya Rwamagana mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2021, ndetse inyandiko yamusohoye, yemezaga ko uyu musaza asohotse arangije igihano cye kuko ubuyobozi bw’iyi gereza bwemezaga ko yafunzwe tariki 11 Gashyantare 1997.

Icyemezo kigaragaza ko yafunzwe kuri iyi tariki, cyashyizweho umukono n’uwayoboraga Gereza icyo gihe, SSP Mugororotsi Prosper ndetse ko cyagenzuwe bwa nyuma n’umunyategeko wa Gereza witwa SSGT Mujawumuremyi Francoise

Icyemezo kirekura uyu mugabo, cyo kiriho imikono y’abayobozi bane b’iyi Gereza ya Rwamagana, barimo Umuyobozi wa Gereza witwa SSP Harerimana Egide, umunyamategeko wayo, Nsabimana Fabien, CIP Niyitegeka Eric ushinzwe ikoranabuhanga.

Nyuma y’amezi atatu, uyu Majyambere arekuwe, tariki 14 Gashyantare 2022 yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, afungirwa kuri station yarwo ya Kicukiro, nyuma y’iminsi ine ahita ajyanwa muri Gereza ya Nyarugenge tariki 18 Gashyantare.

 

RCS ngo habayeho kwibeshya

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Uwera Pelly Gakwaya yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko uyu Hategekimana Martin yasubijwe muri Gereza kugira ngo arangiza igihano cy’imyaka 25 yakatiwe.

SSP Uwera Pelly Gakwaya yavuze ko systeme yashyizweho muri Gereza igaragaza igihe umuntu yinjiriyemo n’igihe agomba kuzasohokeramo.

Ati “Mbere y’uko itangira ntabwo ibintu byari muri systeme, n’icyo kibazo cyabayeho kuko abafungwa bafunzwe mbere y’icyo gihe hari ubwo habaho kwibeshya ariko inzego zibishinzwe ziri mu iperereza, tuzabamenyesha ikizavamo vuba.”

Gusa umuryango wa Majyambere wo uvuga ko umubyeyi wabo afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko bitumvikana kuba Gereza yafunga umuntu idafite icyemezo kimufunga cyafashwe n’urwego rubifitiye ububasha.

Umunyamategeko wa Majyambere witwa Me Gatsimbanyi Pascal na we uvuga ko umukiliya we atakabaye afunze, yavuze ko bitumvikana kuba Gereza yararekuye Umukiliya we yibeshye, none ababikoze bakaba bakiri mu kazi.

Uyu munyamategeko avuga kandi ko yagerageje gusura umukiliya we aho afungiye ariko ubuyobozi bwa Gereza bukamwangira.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + ten =

Previous Post

Valentine Rugwabiza wasimbuwe na Claver Gatete yishimiye aho asize ubufatanye bw’u Rwanda na UN

Next Post

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

by radiotv10
30/12/2025
0

As 2025 comes to an end, many young people in Kigali are not talking about dramatic transformations or unrealistic resolutions....

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye
AMAHANGA

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.