Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe icyatumye Umunyemari wahamijwe Jenoside afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwasobanuye icyatumye umunyemari Hategekimana Martin uzwi nka  Majyambere wahamijwe ibyaha bya Jenoside, afungurwa atarangije igihano n’icyakurikiyeho nyuma y’uko bimenyekanye.

Muri 2012, uyu munyemari uzwi cyane mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe, yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rumukatira gufungwa imyaka 25.

Hategekimana Martin alias Majyambere wafashwe mu 1997, yagiye afungirwa muri Gereza zinyuranye zirimo iya Rwamagana yaherukaga gufungirwamo.

Hategekimana Martin uzwi nka Majyambere w’imyaka 70 y’amavuko, yarekuwe na Gereza ya Rwamagana mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2021, ndetse inyandiko yamusohoye, yemezaga ko uyu musaza asohotse arangije igihano cye kuko ubuyobozi bw’iyi gereza bwemezaga ko yafunzwe tariki 11 Gashyantare 1997.

Icyemezo kigaragaza ko yafunzwe kuri iyi tariki, cyashyizweho umukono n’uwayoboraga Gereza icyo gihe, SSP Mugororotsi Prosper ndetse ko cyagenzuwe bwa nyuma n’umunyategeko wa Gereza witwa SSGT Mujawumuremyi Francoise

Icyemezo kirekura uyu mugabo, cyo kiriho imikono y’abayobozi bane b’iyi Gereza ya Rwamagana, barimo Umuyobozi wa Gereza witwa SSP Harerimana Egide, umunyamategeko wayo, Nsabimana Fabien, CIP Niyitegeka Eric ushinzwe ikoranabuhanga.

Nyuma y’amezi atatu, uyu Majyambere arekuwe, tariki 14 Gashyantare 2022 yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, afungirwa kuri station yarwo ya Kicukiro, nyuma y’iminsi ine ahita ajyanwa muri Gereza ya Nyarugenge tariki 18 Gashyantare.

 

RCS ngo habayeho kwibeshya

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Uwera Pelly Gakwaya yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko uyu Hategekimana Martin yasubijwe muri Gereza kugira ngo arangiza igihano cy’imyaka 25 yakatiwe.

SSP Uwera Pelly Gakwaya yavuze ko systeme yashyizweho muri Gereza igaragaza igihe umuntu yinjiriyemo n’igihe agomba kuzasohokeramo.

Ati “Mbere y’uko itangira ntabwo ibintu byari muri systeme, n’icyo kibazo cyabayeho kuko abafungwa bafunzwe mbere y’icyo gihe hari ubwo habaho kwibeshya ariko inzego zibishinzwe ziri mu iperereza, tuzabamenyesha ikizavamo vuba.”

Gusa umuryango wa Majyambere wo uvuga ko umubyeyi wabo afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko bitumvikana kuba Gereza yafunga umuntu idafite icyemezo kimufunga cyafashwe n’urwego rubifitiye ububasha.

Umunyamategeko wa Majyambere witwa Me Gatsimbanyi Pascal na we uvuga ko umukiliya we atakabaye afunze, yavuze ko bitumvikana kuba Gereza yararekuye Umukiliya we yibeshye, none ababikoze bakaba bakiri mu kazi.

Uyu munyamategeko avuga kandi ko yagerageje gusura umukiliya we aho afungiye ariko ubuyobozi bwa Gereza bukamwangira.

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

Valentine Rugwabiza wasimbuwe na Claver Gatete yishimiye aho asize ubufatanye bw’u Rwanda na UN

Next Post

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Related Posts

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort
IMIBEREHO MYIZA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.