Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/11/2022
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe igipimo cyo kuba Ebola yagera mu Bihugu birimo u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima (WHO) rivuga ko kugeza ubu igipimo cy’ikwirakwira rya Ebola kiri hejuru muri Uganda, ariko ko mu Bihugu bihana imbibi n’iki Gihugu, kiri hasi, kubera ingamba zashyizweho.

Byatangajwe n’Umuyobozi muri WHO uhyinzwe icyorezo cya Ebola muri Afurika, Patrick Otim wavuze ko ikwirakwira ry’iki cyorezo mu Bihugu by’ibituranyi bya Uganda, riri kugenzuranwa ubushishozi.

Agendeye ku isesengura ryakozwe ku byago by’ikwirakwira ry’iki cyorezo, yagize ati “Biracyari hejuru muri Uganda. Hari uburyo bwashyizweho bwo kugenzura ko Ebola yagera mu Bihugu bitandatu bituranye na Uganda.”

Yavuze ko hashyizweho uburyo bwo guhita hakurikiranwa umuntu ukekwaho ko arwaye iyi ndwara ya Ebola waba winjiye mu Gihugu cyangwa ugisohokamo.

Ati “Hari uburyo bwo gupima ku kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Entebbe ndetse n’andi mabwiriza yashyizweho mu rujya ruza.”

Yavuze ko hashyizweho uburyo budasanzwe bwo guhagarika urujya n’uruza mu bice byagaragayemo Ebola nko mu Karere ka Mubende n’aka Kassanda.

Ati “Ikindi ni uko umuntu uwo ari we wese uturuka muri ibyo bice atemerewe gusohoka mu Gihugu.”

Inzego z’ubuzima muri Uganda zemeje ko icyorezo cya Ebola cyabonetse muri iki Gihugu tariki 20 Nzeri 2022, aho umurwayi wa mbere yagaragaye mu Karere ka Mubende.

Imibare iheruka gutangazwa ku ya 02 Ugushyingo 2022, igaragaza ko habarwa abantu abantu 131 basanzwemo Ebola mu gihe abo kimaze guhitana ari 48.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − three =

Previous Post

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

Next Post

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

Related Posts

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

Imvune zavuyemo umunyenga: Uwagowe no gutwita abana 5 ubu arababona akibagirwa uburibwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.