Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda igiye kugabanya ingendo z’abayobozi bajya mu nama, hakimakazwa gukoresha ikoranabuhanga, kuko ingendo zitwara amafaranga menshi, bigashyira Leta mu bihombo.

Ni nyuma y’uko, Dr Uzziel Ndagijimana agaragaje ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, wasize icyuho mu ngengo y’imari ndetse n’amadeni arenze 70% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu.

Yagize ati “Kugabanya icyuho cy’ingengo y’imari kikava kuri 6% by’umusaruro mbumbe byo mu mwaka ushize w’ingengo y’imari; muri 2024-2025 bikagera kuri 5,2%. Imibare idufite muri iki gihe itwereka ko umwenda mbumbe w’Igihugu ugeze kuri 73,5% by’umusaruro mbumbe w’umwaka wa 2023-2024. Uyu mwaka tugiye gutangira; uteganyijwe kugera ku gipimo cya 78%, ukazagera kuri 77,2% mu mwaka wa 2025 na 73,9% muri 2027.”

Iyi shusho y’umwaka w’ingengo y’imari ugana ku musozo; ndetse n’icyerekezo cyo kuyihindura; ni byo byatumye Leta ifata ingamba zirimo kugabanya ingendo zerekeza mu nama zigashyirwa ku ikoranabuhanga.

Dr Uzziel Ndagijimana ati “Ibi bizasaba kugabanya amafaranga atangwa ku biKorwa bimwe na bimwe bitihutirwa cyangwa byakorwa ukundi mu buryo buhendutse. Harimo no kugabanya ingendo n’inama by’akazi; hakoreshwa ikoranabuhanga mu itumanaho.”

Iyi ngengo y’imari yashyiriweho ingamba zikomeye, irangana na miliyari 5 690,1 Frw, aho yiyongereyeho miliyari 579,5 Frw bingana na 11% ugereranyije na miliyari 5 116 Frw ari mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2023-2024.

Nubwo hasigaye amezi abiri ngo uyu mwaka w’ingengo y’imari usoze; Guverinoma y’u Rwanda iremeza ko amafaranga yateganyirijwe uyu mwaka, amaze gukoresha ku gipimo cya 95%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − eleven =

Previous Post

Barafinda yagarutse noneho n’imigambi mishya y’ibyo azakora ngo naramuka atorewe kuyobora u Rwanda

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.