Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasobanuwe impamvu hari umuti w’abana wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/04/2024
in MU RWANDA
0
Hasobanuwe impamvu hari umuti w’abana wahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyahagaritse ikoreshwa rya nimero 329304 y’umuti wa Benylin Pediatrics Syrup ukorwa n’Uruganda Johnson & Johnson rwo muri Afurika y’Epfo, kinatangaza impamvu.

Nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Rwanda FDA, rivuga ku ihagarikwa ryo gukwirakwiza no gukoresha nimero 329304 y’umuti wa Benylin Pediatrics Syrup, iki Kigo kivuga ko bishiniye ku rindi tangazo ryashyizwe hanze n’Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti muri Nigeria (NAFDAC) ku ya 10 Mata 2024.

Iki kigo cyo muri Nigeria nacyo cyahagaritse ikoreshwa ry’iyi nimero 329304 y’umuti wa Benylin Pediatrics Syrup, nyuma y’amasuzuma yakozwe na Laboratwari.

NAFDAC yavuze ko “amasuzuma ya Laboratwari yakorewe kuri uwo muti, yagaragaje ko ufite igipimo cyo hejuru kitemewe cy’ikinyabutabire cyitwa Diethylene Glycol, kandi ko icyo gipimo cyo hejuru cyagaragaje ingaruka mbi ku nyamaswa zikorerwaho amasuzuma muri Laboratwari.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) kigendeye kuri ibi byatangajwe na NAFDAC, kigira kiti “Ibi bikaba bishobora kugira ingaruka mbi ku bantu.”

Rwanda FDA ivuga ko hagendewe ku makuru y’imiti, iyi nimero 329304 y’umuti wa Benylin Pediatrics Syrup ukorwa n’Uruganda Johnson & Johnson rwo muri Afurika y’Epfo, yinjijwe ku isoko ry’u Rwanda muri Kamena 2022, ikaba yari ifite itariki izarangiriraho yo muri Mata uyu mwaka wa 2024.

Ubusanzwe uyu muti wa Benylin Pediatrics Syrup uvura inkorora n’ibimenyetso byayo birimo gufungana, umuriro n’izindi ndwara zitetwa na Aleriji ku bana bafite imyaka iri hagati y’ibiri na 12.

SOMA ITANGAZO RYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − six =

Previous Post

Mali: Amashyaka yinjiye mu rujijo kubera itegeko ridasanzwe ryashyizweho n’ubutegetsi

Next Post

Uwahoze ari Umukunzi wa Yvan Buravan yambiswe impeta

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwahoze ari Umukunzi wa Yvan Buravan yambiswe impeta

Uwahoze ari Umukunzi wa Yvan Buravan yambiswe impeta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.