Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, kemeje umwanzuro wo kongerera igihe ibihano byafatiwe Igihugu cya Sudani kugeza muri Nzeri 2025.

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro, kavuga ko kongerera igihe ibi bihano, bizagabanya iyoherezwa ry’intwaro muri Darfur, ndetse hagashyirwaho ibihano ku bantu n’ibigo bifite uruhare n’ibyishora mu bikorwa bihungabanya umutekano wa Sudani.

Robert A. Wood, Uhagarariye by’agateganyo Ubutumwa bwa Leta Zunze Ubumwe za Amarica muri Loni, yavuze ko “kugumishaho ibihano Sudan yafatiwe bigamije guhosha intambara ikomeje kwiyongera muri iki Gihugu, no kugarura ituze n’umutekano muri Sudani.”

Yavuze ko kandi Leta Zunze Ubumwe za America zizakomeza gushyigikira Abanya-Sudan, no gukorana n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Ku ruhande rwa Sudani, Al-Harith Idriss al-Harith Mohamed uhagarariye iki Gihugu mu Muryango w’Abibumye, yagaragaje ko iki Gihugu gifite ibimenyetso bidashidikanywaho byerekana ko iyi ntambara irimo iterwamo inkunga na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) iha ubufasha mitwe yitwara gisirikare ikora ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu mu gace ka Darfur.

Icyakora uhagarariye Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu muri LONI, Mohamed Abushahab, yateye utwatsi ibyo birego, avuga ko ari ibinyoma ndetse bidafite ishingiro, ahubwo ko uburyo bwo gushaka kuyobya uburari ku makosa akorwa n’igisirikare cya ya Sudani.

Ibihano byafatiwe Sudani, birimo gufatira imitungo, kutemererwa kugura intwaro n’ibindi byongerewe igihe, bikazageza ku wa 12 Nzeri 2025.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we

Next Post

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

Ruhago nyarwanda yagize ibyago ibura uwayigiriye akamaro katumye haboneka abakinnyi bakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.