Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu marira y’imbamutima n’ibyishimo, Umunyarwenya Rusine Patrick usanzwe ari n’umunyamakuru, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, nyuma y’ukwezi kumwe amwambitse impeta amusaba kuzamubera umugore na we akazamubera umugabo.

Rusine Patrick usanzwe ari Umunyamakuru wa Radio Kiss FM, mu kwezi gushize kwa Kanama, yambitse impeta y’urukungo umukunzi we Iyrn Uwase, amusaba kumubera umugore, na we arabimwemerera.

Amakuru yamenyekanye, ni uko aba bombi basanzwe banabana nk’umugore n’umugabo, ndetse bakaba baherutse kwibaruka umwana wabo w’imfura, nk’uko uyu munyarwenya na we yabigaragaje mu mafoto yashyize hanze.

Nanone kandi Rusine na Iyrn Uwase basezeranye imbere y’amategeko, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Kimihurura kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024.

Ubwo Rusine Patrick yavugaga indahiro ye, yageze hagati aganzwa n’imbamutima, yumvikana mu ijwi ry’ikiniga n’amarira by’ibyishimo byo kuba ateye intambwe we n’umukunzi we.

Umunyarwenya akana n’umunyamakuru Rusine Patrick, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we banaherutse kubyarana imfura . pic.twitter.com/PsszWRilYZ

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 12, 2024

Ukwezi kwari kuzuye bamikanye impeta y’urukundo, mu gikorwa cyabaye tariki 12 Kanama 2024, ndetse buri umwe abwiye undi urwo amukunda.

Rusine mu butumwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Uyu munsi ni intangiriro yo kuzibanira nawe iteka. Uko umutima wanjye utera, ni ko mpitamo wowe.”

Arongera ati “Nishimiye kuzamarana ubuzima bwanjye bwose ngukunda iteka ryose.”

Icyo gihe kandi umukunzi we Iryn Uwase Nizra na we yari yagize ati “Kugukunda byatumye mba mwiza kurushaho, ndifuza gukomeza gukura ndi kumwe nawe.”

Nyuma yuko bambikanye impeta, aba bombi bamaze iminsi banagaragara mu biganiro batambutsa ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube, bagaruka ku rukundo rwabo batakunze kuvugaho cyane mbere.

Umunyarwenya mugenzi we Kibonke yabatahiye ibirori

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Abafatanywe magendu binjije mu Rwanda rwihishwa basobanuye amayeri bakoresheje

Next Post

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.