Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha umuriro wa kWh nke bagumishirijweho amafaranga 89 Frw kuri kWh imwe, ndetse ziriyongera ziva hagati ya 0-15, zigera kuri 0-20.

Ibi biciro byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025 bizatangira kubahirizwa tariki 01 Ukwakira, bigaragaza kandi ko ingo zituwe zikoresha kWh 20-50, zo zizajya zishyura 310 Frw kuri kWh imwe. Naho izikoresha hejuru ya kWh 50, zizajya zishyura 369 Frw kuri kWh imwe.

RURA kandi yagaragaje ko inyubako z’ubucuruzi n’izikorerwamo ibindi bikorwa bitandukanye no guturwamo, zo izikoresha umuriro uri hagati

ya kWh 0-100 zizajya zishyura 355 Frw kuri kWh imwe, mu gihe izikoresha umuriro w’amashanyarazi kuva kuri 100 kWh kuzamura, zo zizajya zishyura 376 Frw.

Hagaragajwe kandi ibiciro ku bindi bikorwa binyuranye, birimo amashuri n’ibigo bitanga serivisi z’ubuzima, serivisi z’itangazamakuru, amahoteli, ndetse n’inganda.

Kuki hari aho byorohejwe n’aho byazamutse?

Ibi biciro bishya bishyizwe hanze nyuma y’iminsi micye Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko ingo zigerwaho n’Umuriro w’Amashanyarazi ziyongereye zikava munsi ya 2% zariho muri 2000, zikagera kuri 85% muri uyu mwaka wa 2025.

Guverinoma kandi yatangaje ko “Kugira ngo intego yo kugeza amashanyarazi kuri buri rugo n’ahantu hose hari ibikorwaremezo by’iterambere izagerweho kandi ibikorwaremezo byayo bikomeze kwitabwaho mu buryo burambye, Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe ko harimo gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi bitigeze bihinduka kuva mu mwaka wa 2020, nk’imwe mu ngamba zo kwihaza mu bijyanye n’ingufu mu buryo burambye.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko mu gushyiraho ibiciro bishya, harebwa “impamvu zitandukanye, hari ibyiciro bitandukanye by’ubukungu bw’Igihugu ni yo mpamvu batandukanya abaturage batuye, abacuruzi n’inganda.”

Nko ku baturage b’amikoro macye, bari basanzwe bakoresha kWh 15, bo boroherejwe, zigera kuri 20 kandi “bazakomeza bakoreshe ibiciro byakoreshwaga kuva mu 2020 mu rwego rwo korohereza ndetse no gukomeza gushyigikira iterambere ryabo.”

Naho nk’abakoresha kWh zirenga 20 ku kwezi, bo ibiciro byongereyeho 100 Frw kuri imwe, aho basabwe na bo gukoresha neza umuriro w’amashyanarazi.

Dr Jimmy Gasore yagize ati “Hari ahantu usanga amatara yirirwa yaka, gukoresha neza ibindi bikoresho bikoresha umuriro kugira ngo dukomeze tugabanye ikiguzi ku muntu ku giti cye ndetse no ku Gihugu muri rusange.”

Dr Jimmy Gasore avuga kandi ko nko ku batanga serivisi z’inyungu rusange, nk’amashuri, n’amavuriro, na bo bahawe umwihariko w’igiciro cyitiyongereye nk’ibindi byiciro birimo inganda n’amahoteli.

Ati “Kubera ko tuzirikana ko iyo serivisi yunganira abantu bose baba abafite ubushobozi bugereranyije ndetse n’abafite ubushobozi bwisumbuyeho.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kandi avuga ko ibi biciro bishyirwaho hagendewe no ku gishoro kiba cyashyizwe mu bikorwa byo kugira ngo umuriro w’amashanyarazi uboneke.

Ati “Mbahaye urugero, hari igishoro kinini kijya mu nganda zikora umuriro, hari ikiguzi kijya mu miyoboro migari ivana umuriro ku nganda iwugeza aho ukoresherezwa ndetse n’ikiguzi kiva kuri ya miyoboro migari kijya ku baturage kugira ngo bashobore gukoresha wa muriro. Ibyo byose bisaba ubushobozi hakiyongeraho n’ubushobozi bwo kugira ngo za nganda zikomeze zikore neza, ya miyoboro ikomeze ikore neza kubera ko haba harimo ibikoresho bisaba ko bishira bikongerwamo. Ibyo byose bisaba ko hajyamo ikiguzi.”

Dr Jimmy Gasore uvuga ko icyo kiguzi gikomeza kwiyongera, kuko n’umubare w’abakoresha umuriro ukomeza kwiyongera, bityo ko bisaba ko ibiciro by’umuriro bizagenda bivugururwa nyuma ya buri mezi ari hagati y’atatu n’ane kugira ngo ikiguzi kijyanishwe n’ibihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

Next Post

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.