Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha umuriro wa kWh nke bagumishirijweho amafaranga 89 Frw kuri kWh imwe, ndetse ziriyongera ziva hagati ya 0-15, zigera kuri 0-20.

Ibi biciro byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025 bizatangira kubahirizwa tariki 01 Ukwakira, bigaragaza kandi ko ingo zituwe zikoresha kWh 20-50, zo zizajya zishyura 310 Frw kuri kWh imwe. Naho izikoresha hejuru ya kWh 50, zizajya zishyura 369 Frw kuri kWh imwe.

RURA kandi yagaragaje ko inyubako z’ubucuruzi n’izikorerwamo ibindi bikorwa bitandukanye no guturwamo, zo izikoresha umuriro uri hagati

ya kWh 0-100 zizajya zishyura 355 Frw kuri kWh imwe, mu gihe izikoresha umuriro w’amashanyarazi kuva kuri 100 kWh kuzamura, zo zizajya zishyura 376 Frw.

Hagaragajwe kandi ibiciro ku bindi bikorwa binyuranye, birimo amashuri n’ibigo bitanga serivisi z’ubuzima, serivisi z’itangazamakuru, amahoteli, ndetse n’inganda.

Kuki hari aho byorohejwe n’aho byazamutse?

Ibi biciro bishya bishyizwe hanze nyuma y’iminsi micye Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko ingo zigerwaho n’Umuriro w’Amashanyarazi ziyongereye zikava munsi ya 2% zariho muri 2000, zikagera kuri 85% muri uyu mwaka wa 2025.

Guverinoma kandi yatangaje ko “Kugira ngo intego yo kugeza amashanyarazi kuri buri rugo n’ahantu hose hari ibikorwaremezo by’iterambere izagerweho kandi ibikorwaremezo byayo bikomeze kwitabwaho mu buryo burambye, Inama y’Abaminisitiri yamenyeshejwe ko harimo gukorwa ivugururwa ry’ibiciro by’amashanyarazi bitigeze bihinduka kuva mu mwaka wa 2020, nk’imwe mu ngamba zo kwihaza mu bijyanye n’ingufu mu buryo burambye.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko mu gushyiraho ibiciro bishya, harebwa “impamvu zitandukanye, hari ibyiciro bitandukanye by’ubukungu bw’Igihugu ni yo mpamvu batandukanya abaturage batuye, abacuruzi n’inganda.”

Nko ku baturage b’amikoro macye, bari basanzwe bakoresha kWh 15, bo boroherejwe, zigera kuri 20 kandi “bazakomeza bakoreshe ibiciro byakoreshwaga kuva mu 2020 mu rwego rwo korohereza ndetse no gukomeza gushyigikira iterambere ryabo.”

Naho nk’abakoresha kWh zirenga 20 ku kwezi, bo ibiciro byongereyeho 100 Frw kuri imwe, aho basabwe na bo gukoresha neza umuriro w’amashyanarazi.

Dr Jimmy Gasore yagize ati “Hari ahantu usanga amatara yirirwa yaka, gukoresha neza ibindi bikoresho bikoresha umuriro kugira ngo dukomeze tugabanye ikiguzi ku muntu ku giti cye ndetse no ku Gihugu muri rusange.”

Dr Jimmy Gasore avuga kandi ko nko ku batanga serivisi z’inyungu rusange, nk’amashuri, n’amavuriro, na bo bahawe umwihariko w’igiciro cyitiyongereye nk’ibindi byiciro birimo inganda n’amahoteli.

Ati “Kubera ko tuzirikana ko iyo serivisi yunganira abantu bose baba abafite ubushobozi bugereranyije ndetse n’abafite ubushobozi bwisumbuyeho.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kandi avuga ko ibi biciro bishyirwaho hagendewe no ku gishoro kiba cyashyizwe mu bikorwa byo kugira ngo umuriro w’amashanyarazi uboneke.

Ati “Mbahaye urugero, hari igishoro kinini kijya mu nganda zikora umuriro, hari ikiguzi kijya mu miyoboro migari ivana umuriro ku nganda iwugeza aho ukoresherezwa ndetse n’ikiguzi kiva kuri ya miyoboro migari kijya ku baturage kugira ngo bashobore gukoresha wa muriro. Ibyo byose bisaba ubushobozi hakiyongeraho n’ubushobozi bwo kugira ngo za nganda zikomeze zikore neza, ya miyoboro ikomeze ikore neza kubera ko haba harimo ibikoresho bisaba ko bishira bikongerwamo. Ibyo byose bisaba ko hajyamo ikiguzi.”

Dr Jimmy Gasore uvuga ko icyo kiguzi gikomeza kwiyongera, kuko n’umubare w’abakoresha umuriro ukomeza kwiyongera, bityo ko bisaba ko ibiciro by’umuriro bizagenda bivugururwa nyuma ya buri mezi ari hagati y’atatu n’ane kugira ngo ikiguzi kijyanishwe n’ibihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 15 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

Next Post

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.