Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in AMAHANGA
0
Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Kenya (DCI-Directorate of Criminal Investigations) rwataye muri yombi Umunyarwanda witwa Ndaziziye Augustin Umurundi, ukekwaho ubujura bwa telefone, wazisanganywe aho atuye i Kisauni.

Amakuru dukesha ikinyamakuru The Star cyo muri Kenya, avuga ko uyu Munyarwanda ari umwe mu bagize agatsiko k’abiba ibikoresho, bikagurishwa mu Bihugu by’ibituranyi.

Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha muri Kenya DCI, rwavuze ko ifatwa rya Ndaziziye Augustin Umurundi, ryaturutse ku gikorwa cy’iperereza ryari rimaze igihe rikorwa, ryagejeje Polisi aho atuye.

Ubwo Polisi yageraga aho atuye, yasatse, itahura telefone icumi ndetse n’akuma kifashishwa mu gushyira umuriro muri telefone (power bank), byose bikekwa ko ari ibijurano.

Polisi kandi yabashije kumeya ba nyiri telefone eshatu muri izi zasanganywe uyu ukekwaho ubujura, ndetse baranazisubizwa, aho bavuze ko izi telefone bazibiwe mu gace ka Kisauni kibiwemo izi telefone.

Ni mu gihe hagikomeje gukorwa isesengura kugira ngo hamenyekane ba nyiri izindi telefone zisigaye zitaramenyekana.

Polisi yo muri iki Gihugu kandi ivuga ko yakajije umurego mu gukurikirana ibirego by’abantu bakomeje kwibwa ibikoresho by’ikoranabuhanga nka Telefone, kuko bamwe babyibwa babanje kugirirwa nabi, ndetse hakaba hari n’abicwa.

Ni mu gihe zimwe muri Telefone zibwa, ziguriswa mu Bihugu by’ibituranyi bya Kenya, aho abaziba muri Kenya baziranguza abacuruzi bo mu bindi Bihugu.

Umuyobozi wa Polisi ya Coast, George Sedah yagiriye inama abacuruza telefone zakoreshejwe kimwe n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, ko bagiye guhagurikirwa.

Yagize ati “Niba uri umuntu ucuruza telefone zakoreshejwe cyangwa uzikora, hagarika iby’ibikoresho byibwe. Uzafatwa nk’umufatanyacyaha mu gihe uzatahurwa.”

Yaboneyeho kandi gushishikariza abantu bose bibwa telefone n’ibindi bikoresho kujya batanga ibirego kugira ngo bishakishwe kuko byashyizwmeo imbaraga.

Ndaziziye Augustin Umurundi yafatiwe muri Kenya
Telefone yafatanywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.