Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in AMAHANGA
0
Hasobanuwe uko Umunyarwanda yafatiwe muri Kenya n’ibyo akekwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Kenya (DCI-Directorate of Criminal Investigations) rwataye muri yombi Umunyarwanda witwa Ndaziziye Augustin Umurundi, ukekwaho ubujura bwa telefone, wazisanganywe aho atuye i Kisauni.

Amakuru dukesha ikinyamakuru The Star cyo muri Kenya, avuga ko uyu Munyarwanda ari umwe mu bagize agatsiko k’abiba ibikoresho, bikagurishwa mu Bihugu by’ibituranyi.

Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha muri Kenya DCI, rwavuze ko ifatwa rya Ndaziziye Augustin Umurundi, ryaturutse ku gikorwa cy’iperereza ryari rimaze igihe rikorwa, ryagejeje Polisi aho atuye.

Ubwo Polisi yageraga aho atuye, yasatse, itahura telefone icumi ndetse n’akuma kifashishwa mu gushyira umuriro muri telefone (power bank), byose bikekwa ko ari ibijurano.

Polisi kandi yabashije kumeya ba nyiri telefone eshatu muri izi zasanganywe uyu ukekwaho ubujura, ndetse baranazisubizwa, aho bavuze ko izi telefone bazibiwe mu gace ka Kisauni kibiwemo izi telefone.

Ni mu gihe hagikomeje gukorwa isesengura kugira ngo hamenyekane ba nyiri izindi telefone zisigaye zitaramenyekana.

Polisi yo muri iki Gihugu kandi ivuga ko yakajije umurego mu gukurikirana ibirego by’abantu bakomeje kwibwa ibikoresho by’ikoranabuhanga nka Telefone, kuko bamwe babyibwa babanje kugirirwa nabi, ndetse hakaba hari n’abicwa.

Ni mu gihe zimwe muri Telefone zibwa, ziguriswa mu Bihugu by’ibituranyi bya Kenya, aho abaziba muri Kenya baziranguza abacuruzi bo mu bindi Bihugu.

Umuyobozi wa Polisi ya Coast, George Sedah yagiriye inama abacuruza telefone zakoreshejwe kimwe n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, ko bagiye guhagurikirwa.

Yagize ati “Niba uri umuntu ucuruza telefone zakoreshejwe cyangwa uzikora, hagarika iby’ibikoresho byibwe. Uzafatwa nk’umufatanyacyaha mu gihe uzatahurwa.”

Yaboneyeho kandi gushishikariza abantu bose bibwa telefone n’ibindi bikoresho kujya batanga ibirego kugira ngo bishakishwe kuko byashyizwmeo imbaraga.

Ndaziziye Augustin Umurundi yafatiwe muri Kenya
Telefone yafatanywe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Umuhanzi wamamaye muri muzika Nyarwanda yateguje abakunzi icyo abahishiye

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.