Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasohotse itangazo bivugwa ko ari FLN ivuga ku gitero ikekwaho cyahitanye Abanyarwanda babiri

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in MU RWANDA
1
Hasohotse itangazo bivugwa ko ari FLN ivuga ku gitero ikekwaho cyahitanye Abanyarwanda babiri

Photo/internet [Imwe mu ntwaro zafashwe ubwo FLN yagabaga igitero i Bweyeye muri Gicurasi 2021]

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuvugizi bw’umutwe w’Inyeshyamba wa FLN bwasohoye itangazo buvuga ko buhakana bwivuye inyuma igitero cyagabwe n’abakekwa kuba ari abo muri uyu mutwe mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, kigahitana abantu babiri.

Iri tangazo bivugwa ko ryanditswe n’umuvugizi Wungirije wa FLN, Sous Lieutenant Irambona Steven, bivugwa ko ryanditswe tariki 19 Kamena 2022, ryumvikana ryasomwe mu ijwi ryihinduranyije, aho ritangira rivuga ko uyu mutwe ubabajwe n’ubu bwicanyi bwakorewe Abanyarwanda babiri barimo umushoferi n’umugenzi bari muri iriya modoka.

Nyuma y’ubu bwicanyi bwabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, Polisi y’u Rwanda yasohoye itangazo ivuga ko ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’abakekwa kuba ari abo mu mutwe w’inyeshyamba wa FLN baturutse hakurya y’umupaka, bakarasa kuri iriya modoka.

Uyu wasomye itangazo rya FLN, akomeza agira ati “kandi turahakana twivuye inyuma ibivugwa muri iryo tangazo ribeshya ko ari FLN yagabye icyo gitero.”

Akomeza avuga ko uyu mutwe wa FLN utabarizwa ku butaka bw’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2018 ndetse ko ngo inyeshyamba z’uyu mutwe zitarwana n’abaturage ahubwo ngo zigaba ibitero ku ngabo z’u Rwanda.

Uyu uvuga ko inyeshyamba za FLN zitabarizwa ku butaka bw’u Rwanda mu gihe yivugira ko iri tangazo ryakorewe i Nyamagabe ku wa 19 Kamena 2022.

Umutwe wa FLN wagiye ugaba ibitero bitandukanye, wagiye uhitana ubuzima bw’inzirakarengane zitandukanye ndetse bamwe basigarana ubumuga bwa burundu.

Uyu wasomye iri tangazo ukoresha imvugo ziremereye zihabanye n’ukuri n’imyitwarire y’inzego z’umutekano z’u Rwanda zizwiho gukora kinyamwuga, akomeza azishinja kuba ari zo ziri inyuma y’ibi bikorwa bikekwa ko byakozwe na FLN.

Polisi y’u Rwanda yahise itabara ahabereye ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’abakekwa kuba ari abo mu mutwe wa FLN, yatangaje ko ababukomerekeyemo bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya Kigeme ndetse abandi bakajyanwa ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB).

Polisi y’u Rwanda kandi yahise itangira ibikorwa byo gushakisha abahize uruhare muri ubwo bugizi bwa nabi kugira ngo babiryozwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Zaninka barbine says:
    3 years ago

    Abobagibanabi bashakishwe kuko birakomeyr

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 2 =

Previous Post

Umunyamakurukazi wa Siporo ukomeye yambitswe impeta asubiza ‘Yego’ iremereye

Next Post

M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.