Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hasohotse itangazo bivugwa ko ari FLN ivuga ku gitero ikekwaho cyahitanye Abanyarwanda babiri

radiotv10by radiotv10
20/06/2022
in MU RWANDA
1
Hasohotse itangazo bivugwa ko ari FLN ivuga ku gitero ikekwaho cyahitanye Abanyarwanda babiri

Photo/internet [Imwe mu ntwaro zafashwe ubwo FLN yagabaga igitero i Bweyeye muri Gicurasi 2021]

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuvugizi bw’umutwe w’Inyeshyamba wa FLN bwasohoye itangazo buvuga ko buhakana bwivuye inyuma igitero cyagabwe n’abakekwa kuba ari abo muri uyu mutwe mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, kigahitana abantu babiri.

Iri tangazo bivugwa ko ryanditswe n’umuvugizi Wungirije wa FLN, Sous Lieutenant Irambona Steven, bivugwa ko ryanditswe tariki 19 Kamena 2022, ryumvikana ryasomwe mu ijwi ryihinduranyije, aho ritangira rivuga ko uyu mutwe ubabajwe n’ubu bwicanyi bwakorewe Abanyarwanda babiri barimo umushoferi n’umugenzi bari muri iriya modoka.

Nyuma y’ubu bwicanyi bwabaye ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2022, Polisi y’u Rwanda yasohoye itangazo ivuga ko ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’abakekwa kuba ari abo mu mutwe w’inyeshyamba wa FLN baturutse hakurya y’umupaka, bakarasa kuri iriya modoka.

Uyu wasomye itangazo rya FLN, akomeza agira ati “kandi turahakana twivuye inyuma ibivugwa muri iryo tangazo ribeshya ko ari FLN yagabye icyo gitero.”

Akomeza avuga ko uyu mutwe wa FLN utabarizwa ku butaka bw’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2018 ndetse ko ngo inyeshyamba z’uyu mutwe zitarwana n’abaturage ahubwo ngo zigaba ibitero ku ngabo z’u Rwanda.

Uyu uvuga ko inyeshyamba za FLN zitabarizwa ku butaka bw’u Rwanda mu gihe yivugira ko iri tangazo ryakorewe i Nyamagabe ku wa 19 Kamena 2022.

Umutwe wa FLN wagiye ugaba ibitero bitandukanye, wagiye uhitana ubuzima bw’inzirakarengane zitandukanye ndetse bamwe basigarana ubumuga bwa burundu.

Uyu wasomye iri tangazo ukoresha imvugo ziremereye zihabanye n’ukuri n’imyitwarire y’inzego z’umutekano z’u Rwanda zizwiho gukora kinyamwuga, akomeza azishinja kuba ari zo ziri inyuma y’ibi bikorwa bikekwa ko byakozwe na FLN.

Polisi y’u Rwanda yahise itabara ahabereye ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’abakekwa kuba ari abo mu mutwe wa FLN, yatangaje ko ababukomerekeyemo bahise bajyanwa kuvurirwa ku bitaro bya Kigeme ndetse abandi bakajyanwa ku Bitaro Bikuru bya Kaminuza i Butare (CHUB).

Polisi y’u Rwanda kandi yahise itangira ibikorwa byo gushakisha abahize uruhare muri ubwo bugizi bwa nabi kugira ngo babiryozwe.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Zaninka barbine says:
    3 years ago

    Abobagibanabi bashakishwe kuko birakomeyr

    Reply

Leave a Reply to Zaninka barbine Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + thirteen =

Previous Post

Umunyamakurukazi wa Siporo ukomeye yambitswe impeta asubiza ‘Yego’ iremereye

Next Post

M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

Related Posts

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

by radiotv10
24/10/2025
0

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw'Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza,...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

M23 yafunguye umupaka wa Bunagana iha ikaze abaturage bari barahunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.