Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe amakuru mpamo kuri FARDC yavuze ko abasirikare b’u Burundi bagabweho igitero na M23

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatahuwe amakuru mpamo kuri FARDC yavuze ko abasirikare b’u Burundi bagabweho igitero na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko umutwe wa M23 wagabye igitero ku basirikare b’u Burundi boherejwe muri iki Gihugu, Igisirikare cy’u Burundi cyamaganye aya makuru kivuga ko abasirikare bacyo nta n’urabarya urwara.

Aya makuru y’igitero byavugwaga ko cyagabwe ku basirikare b’u Burundi binjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’icyumweru gishize, yatangajwe kuri uyu wa Kabiri.

Umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Ruguru, Colonel Kaiko Ndjike yavuze ko iki gitero cyabaye ku wa Mbere nyuma y’amasaha macye aba basirikare b’u Burundi bageze muri Congo.

Colonel Kaiko Ndjike yavugaga iby’iki gitero, ashimangira ko umutwe wa M23 ukomeje kurenga ku mabwiriza yo guhagarika imirwano.

Ndjike yari yagize ati “Ibi bitero byarashwemo ibisasu biremereye (mortar) biri hagati ya 82 n’ 120 byangije ibintu byinshi.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, SP Col Biyereke yanyomoje aya makuru yari yatangajwe na FARDC, avuga ko icyo gitero kitabayeho.

Ubwo yahakanaga ibyo’iki gitero FARDC yari yavuze ko cyagabwe n’umutwe wa M23 bahanganye mu mirwano, SP Col Biyereke “Nta kibazo na kimwe turahura nacyo.”

Abasirikare 100 b’u Burundi baherutse kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gutanga umusanzu mu guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRC.

Mu mirwano ihanganishije igisirikare cya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, impande zombi zakunze kwitana bamwana, aho FARDC ikomeje kuvuga ko igabwaho ibitero n’uyu mutwe, mu gihe M23 na yo ivuga ko irwana ari uko yagabweho igitero n’igisirikare cya Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 9 =

Previous Post

Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Next Post

RDF yavuze ku rupfu rw’uwabaye Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda watabarukiye mu Bubiligi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yavuze ku rupfu rw’uwabaye Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda watabarukiye mu Bubiligi

RDF yavuze ku rupfu rw’uwabaye Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda watabarukiye mu Bubiligi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.