Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe amakuru mpamo kuri FARDC yavuze ko abasirikare b’u Burundi bagabweho igitero na M23

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatahuwe amakuru mpamo kuri FARDC yavuze ko abasirikare b’u Burundi bagabweho igitero na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko umutwe wa M23 wagabye igitero ku basirikare b’u Burundi boherejwe muri iki Gihugu, Igisirikare cy’u Burundi cyamaganye aya makuru kivuga ko abasirikare bacyo nta n’urabarya urwara.

Aya makuru y’igitero byavugwaga ko cyagabwe ku basirikare b’u Burundi binjiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mpera z’icyumweru gishize, yatangajwe kuri uyu wa Kabiri.

Umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Ruguru, Colonel Kaiko Ndjike yavuze ko iki gitero cyabaye ku wa Mbere nyuma y’amasaha macye aba basirikare b’u Burundi bageze muri Congo.

Colonel Kaiko Ndjike yavugaga iby’iki gitero, ashimangira ko umutwe wa M23 ukomeje kurenga ku mabwiriza yo guhagarika imirwano.

Ndjike yari yagize ati “Ibi bitero byarashwemo ibisasu biremereye (mortar) biri hagati ya 82 n’ 120 byangije ibintu byinshi.”

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, SP Col Biyereke yanyomoje aya makuru yari yatangajwe na FARDC, avuga ko icyo gitero kitabayeho.

Ubwo yahakanaga ibyo’iki gitero FARDC yari yavuze ko cyagabwe n’umutwe wa M23 bahanganye mu mirwano, SP Col Biyereke “Nta kibazo na kimwe turahura nacyo.”

Abasirikare 100 b’u Burundi baherutse kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiye mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gutanga umusanzu mu guhashya imitwe yitwaje intwaro iri mu burasirazuba bwa DRC.

Mu mirwano ihanganishije igisirikare cya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, impande zombi zakunze kwitana bamwana, aho FARDC ikomeje kuvuga ko igabwaho ibitero n’uyu mutwe, mu gihe M23 na yo ivuga ko irwana ari uko yagabweho igitero n’igisirikare cya Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + five =

Previous Post

Hamenyekanye igikekwa ku mugabo RIB isaba uwamubona wese kuyitungira agatoki

Next Post

RDF yavuze ku rupfu rw’uwabaye Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda watabarukiye mu Bubiligi

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yavuze ku rupfu rw’uwabaye Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda watabarukiye mu Bubiligi

RDF yavuze ku rupfu rw’uwabaye Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda watabarukiye mu Bubiligi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.