Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in MU RWANDA
0
Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda itahuye amayeri y’abantu bakoreshaga mu gutwara urumogi bashyiraga mu mifuka y’amakara, ku buryo uwo banyuzeho bagira ngo ni ibi bicanwa birimo, aba mbere bakoreshaga ubu buryo batahuwe.

Ni nyuma y’uko hafashwe abantu babiri bairmo umugabo w’imyaka 40 n’umugore w’imyaka 39 bafatiwe mu Mudugudu wa Mugerero mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi.

Aba bombi bafatanywe imifuka ine irimo amakara avanze n’urumogi rupima ibilo 108, bari batwaye mu buryo bw’amayeri.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko amakuru yatanzwe n’abaturage ari yo yafashije Polisi gufata aba bantu.

Yagize ati ”Twari dufite amakuru y’uko hari amayeri menshi akoreshwa n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge kimwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye bitemewe, ari nabwo buryo aba bakoresheje, aho bagiye bafata imifuka hasi bakabanzamo amakara, bagakurikizaho urumogi hanyuma hejuru bakorosaho andi makara bagamije kujijisha ngo badatahurwa.”

Aba babiri bafashwe, habanje gufatwa umugabo wari uhetse ku igare imifuka ibiri y’amakara, wasabwe n’Abapolisi gufungura ngo yerekane ibirimo, ubundi bagasanga yari yabanje gushyiramo amakara hasi, arangije ashyiraho urumogi, yongera arenzaho amaka.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yatangaje ko uyu mugabo amaze gufatwa, yavuze ko ari ikiraka yari ahawe cyo gutwara amakara, bakurikiranye aho yayikuye bahasanga umugore wari ufite imifuka ibiri na we wari washyizemo urumogi n’amakara.

Aba bombi bafashwe, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyakarenzo.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

DRCongo: Hagaragaye ibyazamuye uburakari mu baturage kuri site zimwe z’amatora

Next Post

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.