• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe ibyo Trump na Obama bashobora kuba baganiriye mu kiganiro cyatunguye benshi

radiotv10by radiotv10
10/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatahuwe ibyo Trump na Obama bashobora kuba baganiriye mu kiganiro cyatunguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gusezera bwa nyuma kuri Jimmy Carter wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America uherutse kwitaba Imana, icyatunguranye ni ikiganiro Barack Obama yagiranye na Donald Trump bari bicaranye, bataherukaga kwegerana. Umuhanga mu gusuzuma ibiganiro bya bucece, yavuze ibyo bashobora kuba baganiriyeho.

Ni mu muhango wabereye i Washington kuri uyu wa 09 Mutarama 2025, wari urimo abayoboye Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Perezida Joe Biden kimwe n’abandi banyacyubahiro mu nzego nkuru z’iki Gihugu.

Aba banyacyubahiro bari bicaranye n’abafasha babo, uretse Barack Obama aho byabaye ngombwa ko yegerana na Donald Trump, banyuzagamo bakaganira bongorerana.

Muri iki kiganiro byagaragaraga ko Trump yubashye mugenzi we Obama yasimbuye ariko bakaba batarakunze guhuza, byagaragaraga ko Obama ari we wateruraga ingingo, akayongorera Trump, na we wahitaga asa nk’umwegereye kugira ngo amwumve, akagenda amusubiza azunguza umutwe (hasi hejuru) bigaragara ko yemera ibyo yamubwiraga.

Amashusho y’aba banyapolitiki, ni ingingo iri kugarukwaho cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe mu bahanga mu gutahura ibiganiro nk’ibi bagendeye ku bimenyetso by’umunwa, bavuze ko baganiraga ku “ngingo zikomeye.”

Jeremy Freeman, umuhanga mu gusoma ibimenyetso by’iminwa agatahura ibyatangazwaga mu kiganiro cya bucece, yavuze ko Obama na Trump bashobora kuba baganiraga ku byerecyeye amasezerano mpuzamahanga.

Uyu muhanga mu kiganiro yagiranye na New York Post, yavuze ko muri iki kiganiro cya Obama na Trump, yagize ati “Ubu ntibyashoboka ko tubiganiraho, twazashaka ikindi gihe ahantu hatuje. Iyi ni ingingo y’ingirakamaro, dukwiye kuzabikoraniriraho ahandi hantu kugira ngo tubiganireho byimbitse atari uyu munsi.”

Muri iki kiganiro, Trump ubwo yasubizaga Obama, yagize ati “Nafashe icyemezo cyo kubivamo. Byari iby’ingenzi. Urabyiyumvisha ariko?”

Muri manda ye ya mbere, Trump yahagaritse umushinga w’amasezerano ya Obama wo muri 2015 w’ingufu za kirimbuzi hamwe na Iran, ndetse anakura Igihugu cye mu masezerano ya 2016 ku ngamba z’imihindagurikire y’ibihe y’i Pari mu Bufaransa, gusa ntibiramenyekana niba izi ngingo ari zo baganiriyeho muri iki kiganiro.

Nanone kandi hagaragazwa irindi jambo Trump yavuze muri iki kiganiro, aho bavuze ko yabanje kumwenyura ubundi akagira ati “ariko rero nzabikora.” Ari na bwo camera yahitaga ibavaho.

Uyu muhanga Freeman wagaragaje ibishobora kuba byari muri iki kiganiro, yavutse afite ubumuga bwo kutavuga, akaba yaramaze imyaka 16 akora nk’inzobere muri University College London.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 16 =

Previous Post

N’iyo naba naraye mushyizeho ntibyambuza kumuvanaho bucyeye-Perezida yavuze ko guhindura umuyobozi udashoboye adashyiramo amarangamutima

Next Post

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Abishoye mu gushakira ubukire mu bikorwa binyuranyije n’amategeko bibukijwe ko bahagurukiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.