Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo wabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi afite, hatahuwe ko yigeze gukatirwa gufungwa imyaka 9 n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu, none byazamuye impaka.

Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, ku mbuga nkoranyambaga ni bwo hatangiye gusakazwa inkuru zanditswe kuri uyu muvangamiziki w’Umunyarwanda, ubwo yari akiba mu Bwongereza zigaragaza ko yigeze gufungirwa mu Bwongereza.

Ibinyamakuru birimo Daily Maily biri mu bikomeye ku Isi, ndetse na Chronicle Live, byanditse kuri uyu musore w’Umunyarwanda uherutse kuza kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda.

Inkuru ya Chronicle Live yanditswe tariki 04 Kanama 2017, ifite umutwe ugira uti “Rapist jailed for more than nine years after brutally attacking woman in street” [tugenekereje ni ‘Ufata ku ngufu yafunzwe imyaka irenga icyenda nyuma yo kwibasira bikomeye umugore mu muhanda].

Iyi nkuru ivuga ko Derrick Mutambuka yatatse umugore mu muhanda mu mujyi wa Sunderland ubwo yari ari gutaha mu rukerera ubundi akamufata ku ngufu.

Inkuru ya Daily Mail yo ivuga ko uyu Derrick Mutambuka yongeye gufata ku ngufu undi mugore akanamutera ibikomere 34 ku mubiri.

Ubwo yaburanishwaga mu rukiko rwa Newcastle Crown, kuri iki cyaha, umunyamategeko we Ekwall Tiwana yavuze ko “nubwo ibi biremereye ariko ntakimenyetso kigaragaza uburemere bwabyo.”

Daily Mail yanditse kuri ibi birego byagiye biregwamo Mutambuka uzwi nka Dj Dizzo, yagiye igaruka ku byagiye bivugwa muri izi manza, aho Ubushinjacyaha bwasabaga Urukiko kumuhana rwihanukiriye kuko ngo uyu musore yari akomeje kuba ikibazo ku gitsinagore.

Iki kinyamakuru kivuga kandi ko abahirimbanira uburenganzira bw’Abagore, na bo bahagarutse basaba ko uyu Munyarwanda akanirwa urumukwiye ngo kuko abo yafashe ku ngufu yabasigiye ibikomere biremereye ku mutima.

Dj Dizzo aherutse kuza mu Rwanda aho bivugwa ko yaje kuharangiriza ubuzima kuko mu ntangiro za Mata 2022  yabwiwe ko asigaje amezi atatu yo kubaho kubera indwara ya Cancer afite.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagarutse kuri izi nkuru zitari nziza zimuvugwaho mu gihe yari yazamuye amarangamutima ya benshi, bavugaga ko babajwe no kuba uyu mujyambere agiye kuva mu mubiri.

Uwiyita Umwirabura kuri Twitter, yagize ati “Yego yarakosheje kandi cyane gusa kandi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza ni ukuri.”

yego yarakosheje kdi cyane gusa kdi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza nukuri💔😭 pic.twitter.com/RSq9Y7enGz

— ZZZTHANKS (@ZXZZZThanks) June 30, 2022

Uwitwa Mugisha Epimacye yagize ati “Ko muvuga gukosa ari rape [gufata ku ngufu] ubwo kwiba inyama mu nkono byaba ari iki?”

Uwitwa Fake Gee we ati “Ibi bintu ndabona ari ugushinyagura ku muntu pe.”

Uwitwa Nkundabyeri na we yagize ati “Sinzi Impamvu abantu muri rusange dukunda inkuru mbi, gusa tujye dusubiza amaso inyuma twibuke ibyo dukora ntibibonwe n’amaso y’abantu cyangwa ubutabera ntabagaciye urubanza kuko umunyabwenge avuga ko isaha yo gupfa n’iisaha yo kubaho ni iyi, rero ntawugena igihe azaberaho.”

Dj Dizzo yahoze ari umuvangamiziki ukomeye
Dj Dizzo yaje mu Rwanda kuharangiriza ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eighteen =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Next Post

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Related Posts

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort
IMIBEREHO MYIZA

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.