Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge zirimo iz’amayobera rwafatiwemo litiro 23.000

radiotv10by radiotv10
07/12/2023
in MU RWANDA
1
Hatahuwe uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge zirimo iz’amayobera rwafatiwemo litiro 23.000
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, hatahuwe uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge, rwafatiwemo litiro 23 410 z’inzoga yitwa Gikundiro, zahise zimenwa mu kimoteri.

Uru ruganga rwerekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukuboza 2023, ku bufatanye bwa polisi y’u Rwanda n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA).

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubugenzuzi bw’Ibiribwa n’imiti muri Rwanda FDA, Nyirimigabo Eric, yavuze ko “inzoga zakorerwaga muri uru ruganda, ziganjemo tangawizi na arukolo yo mu bwoko bwa ethanol n’ibindi utamenya ibyo aribyo.”

Yaboneyeho kugaragaza ibigomba kubahirizwa n’uruganda kugira ngo rutangire gukora ibicuruzwa rushyira ku Isoko.

Ati “Mbere y’uko uruganda rutangira gukora, inyubako yarwo ibanza gusurwa hakarebwa niba yujuje ubuziranenge, nyirarwo agahabwa icyangombwa cya mbere, agatangira gukora ariko adashyira ku isoko kugira ngo habanze hasuzumwe niba urugendo igicuruzwa kinyuramo gikorwa rwose rwujuje ubuziranenge, icyo gihe agahabwa icyangombwa cya 2, hanyuma hakazabaho kwandikisha igicuruzwa kigahabwa ikirangantego.”

Yakomeje avuga ko uwari watangije uru ruganda, “Ibyo byangombwa uko ari 3 nta na kimwe yari afite kigaragaza ko yujuje ubuziranenge.”

Yaboneyeho gusaba abanywa inzoga kujya bagisha inama mu gihe babona bagize amakenga ku kinyobwa bagiye kunywa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko gutahura uru ruganda byaturutse ku makuru yagiye agaragara yerecyeye inzoga rwengaga zitujuje ubuziranenge.

ACP Rutikanga avuga ko nyiri uru ruganda “yahise atoroka, nyuma y’uko bigaragaye ko uruganda rwe rukora inzoga rutemewe ndetse n’inzoga yakoraga zitujuje ubuziranenge, akazishyira ku isoko abizi neza ko nta byangombwa yigeze ahabwa n’inzego zibifitiye ububasha bimwemerera gutangiza uru ruganda.”

Ni mu gihe inzoga soze zafatiwe muri uru ruganda, zamenwe mu kimoteri rusange cy’Umujyi wa Kigali giherereye mu Murenge wa Nduba.

Uru ruganda rwakoraga mu buryo bunyuranyije n’amategeko

RADIOTV10

Comments 1

  1. manirafasha anaclet says:
    2 years ago

    Ahaaa! Ntibyoroshye kbs gusa mujye mukomeza kutureberera,naho ubundi ibintu ntibiba byoroshye pe!
    Iyo nzoga n’inaha iwacu I Nyagatare yahabaga!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Ethiopia: Hatangajwe umubare uteye inkeke w’abahitanywe n’ibitero mu minsi 6

Next Post

Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye

Icyatumye umubyinnyikazi w’ikirangirire ku Isi atega moto muri Kigali cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.