Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda itajemo impinduka nyinshi ku yari isanzweho

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda itajemo impinduka nyinshi ku yari isanzweho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi ugereranyije n’iyari isanzweho, kuko Minisiteri eshatu gusa ari zo zinjiyemo Abaminisitiri bashya.

Abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda, batangajwe mu Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame yakiriye Indahiro za Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yongeye kugirira icyizere cyo kuyobora Guverinoma.

Uretse Minisiteri eshatu gusa zinjiyemo Abaminisitiri bashya, ari zo; Iya Siporo yinjiyemo Richard Nyirishema wasimbuye Aurore Mimosa Munyangaju, Prudence Sebahizi wasimbuye Dr Jean Chrisostome Ngabitsinze muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, ndetse na Ambasaderi Nkulikiyinka Christine wasimbuye Dr Uwamariya Jeanne d’Arc wari uherutse kwirukanwa.

Izindi Minisiteri zagumyemo abaminisiri bari basanzweho, nka Madamu Judith Uwizeye wakomeje kuba Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Ines Mpambara wakomeje kuba Minisitiri muri Primature.

Yusuf Murangwa yagumye ku mwanya wa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Olivier Nduhungirehe akomeza kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Emmanuel Ugirashebuja, akomeza kuba Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta.

Juvenal Marizamunda yongeye kugirirwa icyizere akomeza kuba Minisitiri w’Ingabo, Uwimana Consolee na we akomeza kuba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, kimwe na Dr Vincent Biruta wakomeje kuba Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 12 =

Previous Post

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Next Post

Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.