• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda itajemo impinduka nyinshi ku yari isanzweho

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Hatangajwe abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda itajemo impinduka nyinshi ku yari isanzweho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyizeho Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi ugereranyije n’iyari isanzweho, kuko Minisiteri eshatu gusa ari zo zinjiyemo Abaminisitiri bashya.

Abagize Guverinoma nshya y’u Rwanda, batangajwe mu Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame yakiriye Indahiro za Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yongeye kugirira icyizere cyo kuyobora Guverinoma.

Uretse Minisiteri eshatu gusa zinjiyemo Abaminisitiri bashya, ari zo; Iya Siporo yinjiyemo Richard Nyirishema wasimbuye Aurore Mimosa Munyangaju, Prudence Sebahizi wasimbuye Dr Jean Chrisostome Ngabitsinze muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, ndetse na Ambasaderi Nkulikiyinka Christine wasimbuye Dr Uwamariya Jeanne d’Arc wari uherutse kwirukanwa.

Izindi Minisiteri zagumyemo abaminisiri bari basanzweho, nka Madamu Judith Uwizeye wakomeje kuba Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Ines Mpambara wakomeje kuba Minisitiri muri Primature.

Yusuf Murangwa yagumye ku mwanya wa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Olivier Nduhungirehe akomeza kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Emmanuel Ugirashebuja, akomeza kuba Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta.

Juvenal Marizamunda yongeye kugirirwa icyizere akomeza kuba Minisitiri w’Ingabo, Uwimana Consolee na we akomeza kuba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, kimwe na Dr Vincent Biruta wakomeje kuba Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + fourteen =

Previous Post

Amatora yari ategerejwe mu Mujyi wa Kigali yasubitswe

Next Post

Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.