Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in MU RWANDA
0
Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’indwara y’ibicurane mu Rwanda, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, cyahumurije Abaturarwanda ko ari ibisanzwe mu bihe nk’ibi, kandi ko ubwoko bwayo buri kugaragara, hatarimo ubushya.

Mu bice binyuranye by’Igihugu, hakomeje kuvugwa ubwiyongere bw’abarwara indwara y’ibicurane, byanatumye zimwe mu nzego zishyiraho amabwiriza, nk’Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali, CHUK byashyizeho amabwiriza agomba kubahirizwa n’ababigana bose.

Mu mabwiriza yatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa CHUK ku wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025, harimo irivuga ko abantu bagomba “Kwirinda ubucucike hubahirizwa guhana intera ya metero imwe hagati y’umuntu n’undi.”

Ubuyobozi bwa CHUK kandi bwasabye abaganga bita ku barwayi b’ibicurane, ababirwaye n’abafite ibimenyetso byabyo, kwambara udupfukamunwa.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, bwagaragaje ko “Mu bihe nk’ibi by’umwaka, hagaragara cyane indwara y’ibicurane. Ibipimo bigaragaza ko virusi itera ibicurane yo mu bwoko bwa ‘Influenza A’ ari yo yiganje.”

RBC ikomeza ihumuriza Abaturarwanda igira iti “Kugeza ubu, nta bwoko bushya bw’ibicurane bwagaragaye mu Rwanda.”

RBC yaboneyeho kugira inama abantu bose bashobora kurwara iyi ndwara y’ibicurane, ko bakwiye kugana muganga, kuira umuco w’isuku, ukaraba intoki kenshi gashoboka ndetse no kwrinda kwegerana n’abandi kugirango hirindwe ikwirakwizwa rya virusi y’iyi ndwara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + two =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

Next Post

Kigali: Gutahura inzu zubatswe binyuranyije n’amategeko bigiye kwinjizwamo ikoranabuhanga rizatuma zimenyekana zikizamurwa

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Gutahura inzu zubatswe binyuranyije n’amategeko bigiye kwinjizwamo ikoranabuhanga rizatuma zimenyekana zikizamurwa

Kigali: Gutahura inzu zubatswe binyuranyije n’amategeko bigiye kwinjizwamo ikoranabuhanga rizatuma zimenyekana zikizamurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.