Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Burundi 272 bakatiwe ibihano by’igifungo kiri hagati y’imyaka 22 na 30, no gutanga ihazabu ya 500 USD, kubera kwanga kujya muri DRC gufasha FARDC mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa M23.

Aba basirikare babanje kujya bafungirwa muri Gereza yo muri Rutana mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Burundi, hagati ya tariki 18 na 23 Gicurasi uyu mwaka, nyuma bajyenda boherezwa mu zindi gereza esheshatu zo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Izo gereza bagiye boherezwamo, hari iya Bururi, Rumonge, Muyinga, Ngozi, Muramvya na Ruyinga, aho bagiye bitaba Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bufite ibiro muri Rutana.

Umwe mu bakurikiranye iburana ryabo, yabwiye Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, ati “Urubanza rwabereye muri sale yateganyijwe uru rubanza hagati ya tariki 18 na 22 Kamena mu biro bya Guverineri wa Rutana.”

Amakuru ava mu gisirikare cy’u Burundi, avuga ko abahamijwe ibi byaha, bari mu byiciro bitatu. Aho igice cya mbere cyakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 22, icya kabiri cyakatiwe imyaka 25, ndetse n’icya gatatu kirimo abakatiwe imyaka 30.

Nanone kandi aya matsinda uko ari atatu, yategetswe kuzishyura ihazabu y’amafara 500 y’Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ku ikubitiro, aba basirikare bashinjwaga ibyaha birimo “ubugambanyi no kwigomeka, ariko nyuma bose baza kuregwa icyaha kimwe cyo kwanga kujya kurwana ku ruhande rumwe n’Igisirikare cya Congo.

Umwe mu bakatiwe, yagize ati “Ariko Umucamanza yaje kutubwira ko twese dushinjwa icyaha cyo kwigomeka. Ariko bikaba bitumvikana na gato kuko udashobora kwigomeka utabigiriye umugambi.”

Umusirikare umwe muri aba bose baregwa, ni we waburanye yunganiwe n’Umunyamategeko, akaba ari umwe mu bakatiwe gufungwa imyaka 25, mu gihe hari abandi basirikare babiri bagizwe abere, mu gihe abahamwe n’icyaha ari 272, ariko bakaba bagifite amahiwe yo kujurira.

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye boherezwa muri Congo, bafashwe n’umutwe wa M23, bavuze ko hari n’abajyanwa batazi iyo bajyanywe, abandi bakajyanwa shishi itabona batanabanje guhabwa umwanya wo kumenyesha imiryango yabo.

Aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 kandi bavuze ko bababazwa no kubona ubutegetsi bw’Igihugu cyabo bwarabirengagije, dore ko u Burundi bwakomeje kubihakana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Andi mukuru hagati y’umuhanzi nyarwanda n’umukobwa bakanyujijeho mu rukundo ubu badacana uwaka

Next Post

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Related Posts

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.