• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Burundi 272 bakatiwe ibihano by’igifungo kiri hagati y’imyaka 22 na 30, no gutanga ihazabu ya 500 USD, kubera kwanga kujya muri DRC gufasha FARDC mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa M23.

Aba basirikare babanje kujya bafungirwa muri Gereza yo muri Rutana mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Burundi, hagati ya tariki 18 na 23 Gicurasi uyu mwaka, nyuma bajyenda boherezwa mu zindi gereza esheshatu zo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Izo gereza bagiye boherezwamo, hari iya Bururi, Rumonge, Muyinga, Ngozi, Muramvya na Ruyinga, aho bagiye bitaba Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bufite ibiro muri Rutana.

Umwe mu bakurikiranye iburana ryabo, yabwiye Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, ati “Urubanza rwabereye muri sale yateganyijwe uru rubanza hagati ya tariki 18 na 22 Kamena mu biro bya Guverineri wa Rutana.”

Amakuru ava mu gisirikare cy’u Burundi, avuga ko abahamijwe ibi byaha, bari mu byiciro bitatu. Aho igice cya mbere cyakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 22, icya kabiri cyakatiwe imyaka 25, ndetse n’icya gatatu kirimo abakatiwe imyaka 30.

Nanone kandi aya matsinda uko ari atatu, yategetswe kuzishyura ihazabu y’amafara 500 y’Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ku ikubitiro, aba basirikare bashinjwaga ibyaha birimo “ubugambanyi no kwigomeka, ariko nyuma bose baza kuregwa icyaha kimwe cyo kwanga kujya kurwana ku ruhande rumwe n’Igisirikare cya Congo.

Umwe mu bakatiwe, yagize ati “Ariko Umucamanza yaje kutubwira ko twese dushinjwa icyaha cyo kwigomeka. Ariko bikaba bitumvikana na gato kuko udashobora kwigomeka utabigiriye umugambi.”

Umusirikare umwe muri aba bose baregwa, ni we waburanye yunganiwe n’Umunyamategeko, akaba ari umwe mu bakatiwe gufungwa imyaka 25, mu gihe hari abandi basirikare babiri bagizwe abere, mu gihe abahamwe n’icyaha ari 272, ariko bakaba bagifite amahiwe yo kujurira.

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye boherezwa muri Congo, bafashwe n’umutwe wa M23, bavuze ko hari n’abajyanwa batazi iyo bajyanywe, abandi bakajyanwa shishi itabona batanabanje guhabwa umwanya wo kumenyesha imiryango yabo.

Aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 kandi bavuze ko bababazwa no kubona ubutegetsi bw’Igihugu cyabo bwarabirengagije, dore ko u Burundi bwakomeje kubihakana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Andi mukuru hagati y’umuhanzi nyarwanda n’umukobwa bakanyujijeho mu rukundo ubu badacana uwaka

Next Post

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.