Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Burundi 272 bakatiwe ibihano by’igifungo kiri hagati y’imyaka 22 na 30, no gutanga ihazabu ya 500 USD, kubera kwanga kujya muri DRC gufasha FARDC mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa M23.

Aba basirikare babanje kujya bafungirwa muri Gereza yo muri Rutana mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Burundi, hagati ya tariki 18 na 23 Gicurasi uyu mwaka, nyuma bajyenda boherezwa mu zindi gereza esheshatu zo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Izo gereza bagiye boherezwamo, hari iya Bururi, Rumonge, Muyinga, Ngozi, Muramvya na Ruyinga, aho bagiye bitaba Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bufite ibiro muri Rutana.

Umwe mu bakurikiranye iburana ryabo, yabwiye Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, ati “Urubanza rwabereye muri sale yateganyijwe uru rubanza hagati ya tariki 18 na 22 Kamena mu biro bya Guverineri wa Rutana.”

Amakuru ava mu gisirikare cy’u Burundi, avuga ko abahamijwe ibi byaha, bari mu byiciro bitatu. Aho igice cya mbere cyakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 22, icya kabiri cyakatiwe imyaka 25, ndetse n’icya gatatu kirimo abakatiwe imyaka 30.

Nanone kandi aya matsinda uko ari atatu, yategetswe kuzishyura ihazabu y’amafara 500 y’Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ku ikubitiro, aba basirikare bashinjwaga ibyaha birimo “ubugambanyi no kwigomeka, ariko nyuma bose baza kuregwa icyaha kimwe cyo kwanga kujya kurwana ku ruhande rumwe n’Igisirikare cya Congo.

Umwe mu bakatiwe, yagize ati “Ariko Umucamanza yaje kutubwira ko twese dushinjwa icyaha cyo kwigomeka. Ariko bikaba bitumvikana na gato kuko udashobora kwigomeka utabigiriye umugambi.”

Umusirikare umwe muri aba bose baregwa, ni we waburanye yunganiwe n’Umunyamategeko, akaba ari umwe mu bakatiwe gufungwa imyaka 25, mu gihe hari abandi basirikare babiri bagizwe abere, mu gihe abahamwe n’icyaha ari 272, ariko bakaba bagifite amahiwe yo kujurira.

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye boherezwa muri Congo, bafashwe n’umutwe wa M23, bavuze ko hari n’abajyanwa batazi iyo bajyanywe, abandi bakajyanwa shishi itabona batanabanje guhabwa umwanya wo kumenyesha imiryango yabo.

Aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 kandi bavuze ko bababazwa no kubona ubutegetsi bw’Igihugu cyabo bwarabirengagije, dore ko u Burundi bwakomeje kubihakana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Andi mukuru hagati y’umuhanzi nyarwanda n’umukobwa bakanyujijeho mu rukundo ubu badacana uwaka

Next Post

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.