Wednesday, July 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC

radiotv10by radiotv10
26/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe ibihano biremereye byakatiwe abasirikare b’u Burundi banze kujya muri Congo gufasha FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Burundi 272 bakatiwe ibihano by’igifungo kiri hagati y’imyaka 22 na 30, no gutanga ihazabu ya 500 USD, kubera kwanga kujya muri DRC gufasha FARDC mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa M23.

Aba basirikare babanje kujya bafungirwa muri Gereza yo muri Rutana mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Burundi, hagati ya tariki 18 na 23 Gicurasi uyu mwaka, nyuma bajyenda boherezwa mu zindi gereza esheshatu zo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Izo gereza bagiye boherezwamo, hari iya Bururi, Rumonge, Muyinga, Ngozi, Muramvya na Ruyinga, aho bagiye bitaba Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bufite ibiro muri Rutana.

Umwe mu bakurikiranye iburana ryabo, yabwiye Ikinyamakuru SOS Medias Burundi, ati “Urubanza rwabereye muri sale yateganyijwe uru rubanza hagati ya tariki 18 na 22 Kamena mu biro bya Guverineri wa Rutana.”

Amakuru ava mu gisirikare cy’u Burundi, avuga ko abahamijwe ibi byaha, bari mu byiciro bitatu. Aho igice cya mbere cyakatiwe igihano cy’igifungo cy’imyaka 22, icya kabiri cyakatiwe imyaka 25, ndetse n’icya gatatu kirimo abakatiwe imyaka 30.

Nanone kandi aya matsinda uko ari atatu, yategetswe kuzishyura ihazabu y’amafara 500 y’Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe za America.

Ku ikubitiro, aba basirikare bashinjwaga ibyaha birimo “ubugambanyi no kwigomeka, ariko nyuma bose baza kuregwa icyaha kimwe cyo kwanga kujya kurwana ku ruhande rumwe n’Igisirikare cya Congo.

Umwe mu bakatiwe, yagize ati “Ariko Umucamanza yaje kutubwira ko twese dushinjwa icyaha cyo kwigomeka. Ariko bikaba bitumvikana na gato kuko udashobora kwigomeka utabigiriye umugambi.”

Umusirikare umwe muri aba bose baregwa, ni we waburanye yunganiwe n’Umunyamategeko, akaba ari umwe mu bakatiwe gufungwa imyaka 25, mu gihe hari abandi basirikare babiri bagizwe abere, mu gihe abahamwe n’icyaha ari 272, ariko bakaba bagifite amahiwe yo kujurira.

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye boherezwa muri Congo, bafashwe n’umutwe wa M23, bavuze ko hari n’abajyanwa batazi iyo bajyanywe, abandi bakajyanwa shishi itabona batanabanje guhabwa umwanya wo kumenyesha imiryango yabo.

Aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 kandi bavuze ko bababazwa no kubona ubutegetsi bw’Igihugu cyabo bwarabirengagije, dore ko u Burundi bwakomeje kubihakana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Andi mukuru hagati y’umuhanzi nyarwanda n’umukobwa bakanyujijeho mu rukundo ubu badacana uwaka

Next Post

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Related Posts

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

by radiotv10
23/07/2025
0

The United States has formally announced its decision to withdraw from the United Nations Educational, Scientific and Cultural Organization (UNESCO),...

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

by radiotv10
23/07/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru, yatangaje ko igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 gikomeje gutahura intwaro zahishwe n’uruhande bahanganye, zirimo ibibombe,...

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

by radiotv10
23/07/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko kuva tariki 31 Ukuboza 2026 iki Gihugu kizaba kitakiri umunyamuryango w’Ishami...

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

DRCongo: Umuyobozi wari umaze ibyumweru bibiri yarabuze yabonetse ariko ibye bikomeza kuba urujijo

by radiotv10
22/07/2025
0

Umuyobozi w’agace ka Busi muri Lokarite ya Banaulengo muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, wari umaze ibyumweru bibiri...

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

by radiotv10
22/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yagaragaje ishema atewe no kuba umuhungu we Ruhamya Kainerugaba yaramaze kwinjira Igisirikare...

IZIHERUKA

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi
MU RWANDA

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

by radiotv10
23/07/2025
0

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

23/07/2025
I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

23/07/2025
Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

23/07/2025
Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

23/07/2025
Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

23/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Ikipe yo mu Rwanda imanuye umukinnyi uherutse mu gikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isomo abantu bakwiye gukura ku byabaye kuri ‘Burikantu’ n’uko yagombaga kubyitwaramo ntatabwe muri yombi

Eng.-U.S announces formal withdrawal from UNESCO over policy differences

I Goma hatahuwe ibisasu n’imbunda byahishwe n’uruhande ruhanganye na AFC/M23 ihagenzura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.