Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yatangaje ko ifungwa ry’abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, ryabayeho nyuma yuko bigaragaye ko imirimo yo gusana inzu z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, itakozwe uko byari biteganyijwe, nyamara haratanzwe raporo ko yakozwe.

Itabwa muri yombi ry’aba bantu 14 ryemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2025.

Uru rwego RIB rwatangaje ko rwafuze “abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu Mugiraneza David n’abandi bafatanyacyaha barimo abakozi bashinzwe amasoko, umukozi ushinzwe ubwubatsi, umukozi ushinzwe imibereho myiza, bamwe mu bayobozi b’Imirenge, bamwe mu bakuriye Ibuka mu Mirenge na barwiyemezamirimo.”

RIB yakomeje igira iti “Bose bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu cyaha cyo kunyereza amafaranga yari yaragenewe gusana inzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ziherereye mu Mirenge 7 igize Akarere ka Nyabihu.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura yavuze ko inzu zagombaga gusanwa, ari 17 zari zishaje, ariko mu isanwa ryazo bikaba byaragaragaye ko habayemo kunyereza bitewe n’imirimo yakozwe.

Ati “Ugufatwa kwabo kujyanye no kuba haragaragaye ko hari imirimo itarakozwe kuri ayo mazu ijyanye no gusana kandi yaragombaga gukorwa.”

Avuga ko bariya batawe muri yombi bafite aho bahuriye n’ibyagombaga gukorwa mu gusana ziriya nzu, byagaragaye ko ibitarakozwe bifite impamvu zibyihishe inyuma.

Ati “Amakuru arimo kugaragara ni uko hasanwe cumi n’eshanu, hari ebyiri bigaragara ko zitasanwe ndetse n’icyatumye abafite mu nshingano barafashwe n’Urwego rubifitiye ububasha ni uko byagaragaye ko muri raporo zatanzwe zagaragazaga ko yose yubatswe cyangwa se yose yasanwe kandi mu by’ukuri haragaragaye ko yose atasanwe ndetse ikindi cyiyongeraho ni uko n’ibijyanye n’ibikoni byayo n’ubwiherero, bitasanwe kandi nanone bikagaragara ko byari byanditse ko byasanwe muri raporo yatanzwe.”

RIB na yo yatangaje ko aba batawe muri yombi, mu bihe bitandukanye bagiye basinya inyandiko zemeza ko hakiriwe ibikoresho by’ubwubatsi kandi bitakiriwe ndetse n’ibyakiriwe bikaba bitujuje ubuziranenge.

Aba batawe muri yombi, bafungiye kuri Sitasiyo zitandukanye z’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, mu gihe bakiri gukorerwa dosiye ikubiyemo ibirego baregwamo igashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Inzu zagombaga gusanwa byagaragaye ko habayemo kunyereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Next Post

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.