• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yatangaje ko ifungwa ry’abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, ryabayeho nyuma yuko bigaragaye ko imirimo yo gusana inzu z’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, itakozwe uko byari biteganyijwe, nyamara haratanzwe raporo ko yakozwe.

Itabwa muri yombi ry’aba bantu 14 ryemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ukwakira 2025.

Uru rwego RIB rwatangaje ko rwafuze “abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu Mugiraneza David n’abandi bafatanyacyaha barimo abakozi bashinzwe amasoko, umukozi ushinzwe ubwubatsi, umukozi ushinzwe imibereho myiza, bamwe mu bayobozi b’Imirenge, bamwe mu bakuriye Ibuka mu Mirenge na barwiyemezamirimo.”

RIB yakomeje igira iti “Bose bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu cyaha cyo kunyereza amafaranga yari yaragenewe gusana inzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ziherereye mu Mirenge 7 igize Akarere ka Nyabihu.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura yavuze ko inzu zagombaga gusanwa, ari 17 zari zishaje, ariko mu isanwa ryazo bikaba byaragaragaye ko habayemo kunyereza bitewe n’imirimo yakozwe.

Ati “Ugufatwa kwabo kujyanye no kuba haragaragaye ko hari imirimo itarakozwe kuri ayo mazu ijyanye no gusana kandi yaragombaga gukorwa.”

Avuga ko bariya batawe muri yombi bafite aho bahuriye n’ibyagombaga gukorwa mu gusana ziriya nzu, byagaragaye ko ibitarakozwe bifite impamvu zibyihishe inyuma.

Ati “Amakuru arimo kugaragara ni uko hasanwe cumi n’eshanu, hari ebyiri bigaragara ko zitasanwe ndetse n’icyatumye abafite mu nshingano barafashwe n’Urwego rubifitiye ububasha ni uko byagaragaye ko muri raporo zatanzwe zagaragazaga ko yose yubatswe cyangwa se yose yasanwe kandi mu by’ukuri haragaragaye ko yose atasanwe ndetse ikindi cyiyongeraho ni uko n’ibijyanye n’ibikoni byayo n’ubwiherero, bitasanwe kandi nanone bikagaragara ko byari byanditse ko byasanwe muri raporo yatanzwe.”

RIB na yo yatangaje ko aba batawe muri yombi, mu bihe bitandukanye bagiye basinya inyandiko zemeza ko hakiriwe ibikoresho by’ubwubatsi kandi bitakiriwe ndetse n’ibyakiriwe bikaba bitujuje ubuziranenge.

Aba batawe muri yombi, bafungiye kuri Sitasiyo zitandukanye z’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, mu gihe bakiri gukorerwa dosiye ikubiyemo ibirego baregwamo igashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Inzu zagombaga gusanwa byagaragaye ko habayemo kunyereza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 3 =

Previous Post

Abiga amasomo y’imiyoborere y’igisirikare batangiye gusura ahantu h’ingenzi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora

Next Post

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.